Uwahoze ari Perezida wa Colombia, Álvaro Uribe yakatiwe igifungo cy’imyaka 12 akagikorera iwe mu rugo, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kuyobya ubutabera no guha ruswa abatangabuhamya.
Urukiko rwa Bogotá, ruyobowe na Perezida w’urukiko Sandra Heredia rwaciye uru rubanza ku wa Gatanu, nyuma y’iminsi ine Uribe ahamijwe icyaha.
Uribe w’imyaka 73 yayoboye Colombia kuva mu 2002 kugeza mu 2010. Yahoze aregwa kuba yaragerageje kwica dosiye yashyikirijwe urukiko ishinja umusenateri Iván Cepeda ko akorana n’imitwe yitwaje intwaro.
Nyuma y’izo mvururu, Urukiko Rukuru rwa Colombia rwatangije iperereza kuri Uribe ku byaha byo gushaka kwangiza ibimenyetso.
Mu kwezi kwa Gicurasi 2024, Ubushinjacyaha bwamushinje ku mugaragaro icyaha cyo guhimba ibimenyetso no guha ruswa abatangabuhamya. Urubanza rwe rwamaze iminsi 67.
Nubwo Uribe n’abamushyigikiye bamaganye icyemezo cy’urukiko, abandi barimo abayobozi bo muri guverinoma y’ubu, barishimira ko ubutabera bubayeho kuri bose. Senateri Cepeda nawe yavuze ko nubwo bishimishije, “hacyiri urugendo rurerure.”
Uribe yavuze ko azajuririra icyemezo. Iki cyemezo nicyemezwa burundu, azaba abaye Perezida wa mbere wa Colombia uhamijwe icyaha mu mateka y’iki gihugu.


