Uwahoze ari umwe mu bagize akanama kayobora Sudani yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitike wo muri Sudani wari umwe mu bagize guverinoma ihuriweho n’abasivili n’abasirikare yasheshwe yatawe muri yombi.

Abavandimwe bavuga ko Mohamed al-Faki Suleiman yafatiwe hafi y’urugo rwe mu murwa mukuru Khartoum kuri iki Cyumweru, itariki 13 Gashyantare.

Ibi bikurikira ifatwa ry’abandi banyapolitiki babiri mu cyumweru gishize nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Bari bagize itsinda ryagerageje gusenya umuyoboro wasizweho n’uwahoze ari perezida Omar al-Bashir.

Ryagerageje kandi kugaruza amafaranga n’umutungo wasahuwe ku butegetsi bwe bw’imyaka isaga mirongo itatu.

Sudani iri mu bibazo bya politiki n’ubukungu nyuma yo guhirika ubutegetsi mu Kwakira byatesheje agaciro ingengabihe y’amatora.

Kuva ihirikwa ry’ubutegetsi ribaye habaye imyigaragambyo minini yo kurwanya igisirikare.

Inzego z’umutekano zishe abigaragambyaga bagera kuri 80.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *