Uwari Avoka wa Kabuga yivanye mu rubanza rwe

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Emmanuel Altit wari umwunganizi mu mategeko wa Kabuga Félicien, yikuye mu rubanza yunganiragamo uyu munyemari.

Kabuga kuri ubu ufungiye i La Haye mu Buholandi aho yimuriwe mu Ukwakira umwaka ushize avanwe mu Buholandi, akurikiranweho ibyaha birindwi bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside, gukangurira abantu gukora Jenoside, ubwinjiracyaha bwa Jenoside n’ibindi bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kabuga ashinjwa ko mu Ugushyingo 1993 sosiyete ye yinjije mu gihugu toni 25 z’imihoro ivuye mu Bushinwa, nyuma muri Werurwe 1994 agura indi mihoro ibihumbi 50. Ni intwaro zakoreshejwe mu kwica abatutsi muri Jenoside.

Nyuma y’igihe kinini ashakishwa, muri Gicurasi 2020 nibwo Kabuga yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano z’u Bufaransa afatiwe hafi y’Umurwa Mukuru, Paris.

Kuva yatabwa muri yombi, yunganirwaga mu buryo bw’amategeko n’Umufaransa, Emmanuel Altit uzwiho kuba yaraburanye imanza zikomeye, zirimo urwo yunganiyemo Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire.

Jeune Afrique ni yo yatangaje ko uyu mugabo yatangiye kuzuza ibisabwa kugira ngo yikure mu rubanza.

Iki gitangazamakuru nticyatangaje impamvu Altit yahisemo kwikura muri uru rubanza, gusa cyavuze ko bisobanuye ko Kabuga agomba gushaka abandi banyamategeko bashya abagomba kumwunganira.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *