Abategetsi b’Abafaransa batangije iperereza ry’ibanze ku birego bivuga ko uwahoze ari Musenyeri mukuru wa Paris yakoze “ihohotera rishingiye ku gitsina ku muntu utishoboye” nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri .
Bavuze ko iperereza ryafunguwe hashingiwe kuri raporo yatanzwe na diyosezi ya Paris.
Musenyeri Michel Aupetit yemeye kwegura mu mpera z’umwaka wa 2021 nyuma y’amakuru y’ibitangazamakuru byavuze ko yari afitanye umubano wa hafi n’umugore mu 2012 mbere yuko ajya kuri uyu mwanya, ibirego akaba yarabihakanye yivuye inyuma. Papa Francis yemeye ukwegura kwe.
Igitangazamakuru cy’Abafaransa, BFMTV, cyatangaje ko uwo mubano yari awufitanye n’umuntu utishoboye wari urinzwe n’ubucamanza.
Amakuru aturuka hafi y’iyi dosiye agera kuri AFP avuga ko iperereza ririmo kureba “ubutumwa bwa email bwahererekanyijwe” hagati ya Aupetit n’uyu mugore, aho kwemera uyu mubano kwe kugomba kwemezwa bitewe n’ubuzima bwe bwo mu mutwe.
Mu itangazo ryo kuri uyu wa Kabiri nimugoroba, diyosezi yemeje ko yatanze raporo, maze ivuga ko “itari mu mwanya wo kugenzura niba ibimenyetso bivugwa byaremejwe cyangwa niba bigize icyaha”.
Umwunganizi wa musenyeri witwa Jean Reinhart yanze kugira icyo atangaza.



One Response
Uwari Musenyeri Mukuru wa Paris yatangiye gukorwaho iperereza ku ihohotera rishingiye ku gitsina
Kuba abanyamadini bashinjwa ubushurashuzi,bibabaza imana cyane.Kandi nkuko reports nyinshi zibyerekana,ababikora ni ibihumbi n’ibihumbi.Byerekana ko amadini ad akorera Imana,ahubwo aba yishakira izindi nyungu.