5cce8be0-245b-11f1-a79a-77e93010d956.jpg

Uwasimbuye Maduro yashyizeho abayobozi bashya b’igisirikare

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yashyizeho abayobozi bashya b’igisirikare nyuma y’umunsi umwe ashyizeho Minisitiri w’Ingabo mushya.

Mu itangazo yasohoye ku wa Kane, Rodríguez yavuze ko izo mpinduka zigamije kurinda “ubusugire bw’igihugu, amahoro, umutekano n’ubusugire bw’imipaka ya Venezuela.”

Izi mpinduka mu buyobozi bukuru bw’ingabo za Venezuela zije nyuma y’igitero ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye kuri kiriya gihugu kigasiga zishimuse uwari Perezida wa kiriya gihugu, Nicolas Maduro.

Nyuma y’ifatwa rya Maduro, Rodríguez ni we wahise umusimbura ku butegetsi ndetse atangira gukorana bya hafi na Washington, ku buryo ibihugu byombi byongeye kugirana umubano wa dipolomasi mu ntangiriro za Werurwe.

Abayobozi bashya b’ingabo bashyizweho, barimo Dilio Alejandro Agüero Montes wagizwe umugaba w’ingabo zirwanira mu mazi, Royman Antonio Hernández Briceño wagizwe uw’izirwanira mu kirere na Rubén Darío Belzares Escobar wagizwe uw’izirwanira ku butaka.

Ku wa Gatatu, Rodríguez na bwo yari yakoze impinduka zasize yirukanye Gen. Vladimir Padrino López wari umaze imyaka 12 ari Minisitiri w’ingabo.

Mu butumwa yanyujije kuri Telegram, Rodríguez yatangaje ko yashyizeho Gustavo González López nka Minisitiri mushya w’ingabo, anashimira Padrino ku kazi yakoze no “kuba indahemuka ku gihugu.”

Padrino agaragaza uko yakiriye izi mpinduka, yavuze ko “ari icyubahiro gikomeye mu buzima bwe gukorera igihugu cye nk’umusirikare no kurinda amahoro n’ubumwe bw’igihugu muri iyo myaka yose.”

Yanashimiye González López kuri uwo mwanya mushya, avuga ko bamaze igihe kinini baziranye kuva bakiri mu kazi ka mbere, kandi ko yizeye ko ingabo zizakomera kurushaho ku buyobozi bwe.

González López yari yarabaye umuyobozi w’urwego rw’ubutasi rwa Venezuela (Sebin) inshuro ebyiri mu gihe cy’ubutegetsi bwa Maduro, hagati ya 2014–2018 na 2019–2024.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *