Uwatoje Amavubi akurikiranweho gufata ku ngufu

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Zambia Milutin ‘Micho’ Sredojevic akurikiranweho gufata umugore ku ngufu muri Afurika y’Epfo.

Uyu munya-Serbia w’imyaka 51, wigeze no gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, ku wa Gatanu yitabye urukiko rwa New Brighton muri Afurika y’epfo, aza kurekurwa atanze ingwate ingana n’amadolari y’Amerika 660 (arenga 651,000Frw).

Ibyo birego bibiri ashinjwa bivugwa ko byabaye ku itariki ya 7 y’uk’Ukuboza mu mikino ikomeje y’irushanwa ry’amakipe yo muri Afurika y’amajyepfo (COSAFA) ry’abari munsi y’imyaka 20 ribera ku kibuga Wolfson Stadium mu mujyi wa Port Elizabeth.

Micho’ yabwiye BBC Sport Africa ati: “[Ibi] Ni ibirego bidafite ishingiro na gato bigamije gutesha umutwe ikipe ya Zambia itaratsindwa igitego muri iri rushwana [rya COSAFA ry’abari munsi y’imyaka 20]. Abunganizi banjye mu mategeko barimo guhangana n’uku kugerageza kunyica mpagaze…”

Itangazo ry’ibiro by’umushinjacyaha mukuru wo mu Ntara ya Eastern Cape ryasobanuye ibivugwa ko byabaye kabiri bijyanye n’imyitwarire ya ‘Micho’ ku mugore w’imyaka 39 bivugwa ko yamushyiraga ikawa yo kunywa.

Micho azongera kwitaba urukiko ku itariki ya 25 y’ukwezi kwa kabiri mu mwaka utaha nk’uko News24 dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *