Igipolisi cya Uganda kiravuga ko gifite ukekwaho kuba inyuma y’urupfu rw’uwari umuvugizi w’igipolisi uherutse kwicwa, uwo akaba ari Lt Godfrey Musisi utakibarizwa mu nzego z’umutekano za Uganda ariko akaba yarakoze mu rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (Internal Security Organisation) ndetse afungwa inshuro nyinshi ashinjwa ibyaha bitandukanye nk’ubugambanyi, ubujura bukoreshejwe intwaro ndetse no kugerageza ubwicanyi.
Ubu noneho ari mu maboko y’inzego z’umutekano akekwaho kugira aho ahuriye n’iyicwa ry’uwari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, AIGP Andrew Felix Kaweesi wishwe kuwa 17 Werurwe. Gusa ngo uko byamera kwose, Musisi yakunze kujya abona uburyo bwo kwikura mu birego nk’ibi.
Uyu wahimbwe izina rya ” The Assassin ” cyangwa se Umwicanyi mu Kinyarwanda, izina yafashe nyuma yo kugerageza kwica perezida Museveni mu 2004, igipolisi cyamutaye muri yombi kuwa 24 Werurwe mu rwego rw’iperereza rikomeje, aho ngo yakuwe iwe mu rugo ahitwa Namugongo akaba kuri ubu afungiye ahantu hatatangajwe.
Amakuru ya mbere yavuye mu iperereza kuri iki kibazo nk’uko ikinyamakuru Observer dukesha iyi nkuru kivuga, avuga ko mu gusuzuma telephone ya Musisi aghagaragaye ko yavuganye mbere n’umwe mu bantu bakekwaho kuba inyuma y’urupfu rwa Kaweesi nawe watawe muri yombi. Kimwe na Musisi kandi, uyu nawe yahoze ari umusirikare mu rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).
Uhreye aha, amakuru avuga ko haba ahakiri kare kwanzura ko Musisi afite uruhare mu bwicanyi kubera ko ngo ari ibisanzwe ku nzego z’umutekano gufata abo ziba zikekaho ibyaha baba batanzwe n’abaziha amakuru.
Dusubiye aho Musisi yakuye akabyiniriro k’Umwicanyi (The Assassin), kuwa 06 Kamena 2004, nibwo umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu, wataye muri yombi Musisi umusanze kuri Nile Hotel gardens kuri ubu yitwa Serena Hotel ashinjwa kugerageza gutambukana imbunda ya pistol irimo amasasu. Icyo gihe bwari gucya haba inama y’abakuru b’ibihugu bigize Comesa, perezida Museveni agomba kuza kuvugana n’itangazamakuru.
Muri Nzeri 2005, nyuma y’umwaka usaga ari mu buroko, Musisi yagejejwe imbere y’Urukiko rwa gisirikare ashinjwa icyaha cyo kugerageza kwica umukuru w’igihugu.
Mu kwiregura kwe, Musisi yatangaje ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano byatewe n’umwuka mubi wari hagati ya nyakwigendera Brig. Noble Mayombo wayoboraga Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare (CMI) na Brig. Elly Kayanja wayoboraga urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).
Mu rubanza rero Brig. Kayanja yaje no gushyigikira Musisi abwira urukiko ko ushinjwa atigeze agerageza kwica Museveni, aho yavuze ko yamwohereje aho yafatiwe umunsi umwe perezida Museveni ahavuye, ndetse ngo ku munsi byavugwaga ko Musisi ashaka gukora ubwicanyi atigeze agera aho byavuzwe ko yashakaga gukorera icyaha.
Mu 2009 rero ntibyabujije ko Musisi ahamwa n’icyaha akatirwa gufungwa imyaka 10, ariko perezida Museveni amuha imbabazi amaze umwaka umwe afunzwe ndetse ahita anasubizwa mu kazi muri ISO.
Kuva icyo gihe nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, Musisi yafunzwe inshuro nyinshi. Mu 2013, yatawe muri yombi ashinjwa gutega bombe mu nzu y’umuturanyi nyuma y’uko bari bagiranye amakimbirane. Yaje kurekurwa nyuma y’uko abashinzwe iperereza babuze ibimenyetso.
Muri Gicurasi umwaka ushize, igipolisi cyongeye guta muri yombi Musisi azira guhisha magazine y’imbunda. Mbere yo kumuta muri yombi, igipolisi kikaba cyari cyataye muri yombi uwahoze ari umukozi we witwa Cluster Mutebi afite imbunda ya pistol avuga ko magazine yayo ari Musisi uyibitse. Musisi yavuze ko yakorewe iyicarubozo muri kasho akaza kurekurwa nyuma nta cyaha ashinjijwe.
Nyuma yaho Musisi yatangarije The Observer ko hari abantu batari beza mu nzego z’umutekano babereyeho kumuhiga nk’umurozi bagamije kumugirira nabi.
Abakeneye ko bwiza.com yazabasura,n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu ibinyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



