kakw.jpg

Uwigeze kuvuga ko Gen Kainerugaba afite umubyibuho ukabije yafunzwe

Sangiza iyi nkuru

Umwanditsi w’ibitabo Kakwenza Rukirabashaija wigeze kuvuga ko umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba afite umubyibuho ukabije, yafunzwe.

Ifungwa ry’uyu munyamakuru ryemejwe n’umunyamategeko umwunganira witwa Eron Kiiza, ngo rikaba ryakozwe n’abapolisi bashinzwe ubutasi.

Polisi ntacyo iravuga ku ifungwa rya Rukirabashaija n’impamvu yaryo gusa ikekwa ni ukuba aherutse kwibasira umurwango w’Umukuru w’Igihugu yifashishije Twitter, akavuga ko umuhungu we afite uyu mubyibuho, ko kandi abana ba Perezida Museveni bateje ikibazo mu gihugu.

Mbere y’ifungwa rye, ku wa 28 Ukuboza 2021 yabanje gutabariza ku rubuga rwa Facebook avuga ko abavuga ko ari abapolisi bafite imbunda, barimo kumumeneraho urugi. Ati: “Mfungiwe mu rugo. Abagabo bafite imbunda barimo barramena urugi rwanjye. Baravuga ko ari abapolisi ariko ntabwo bambaye impuzankano. Nifungiranye mo imbere.”

kakw.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *