Uzava mu ishyaka CNDD-FDD azabona ishyano- Perezida Ndayishimiye

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye atangaza ko abazahairahira bava mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD bazabona ishyano.

Ibi yabitangaje ubwo CNDD-FDD yizihizaga umunsi mukuru w’indwanyi cyangwa intwari nk”uko UBM News abitangaza.

Ndayishimiye avuga ko abazava muri CNDD-FDD bazicuza nyuma bitewe n’intambwe ikomeye iri shyaka rizaba rigejeje ku gihugu.

Perezida Evaritse wanabaye umunyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD-FDD yagize ati ” Ishyaka CNDD-FDD ryashyizweho n’abaturage baciriritse, ntiryashyizweho n’abategetsi bakuru. Mwabonye ko bamwe bagiye barivamo ariko ugakomeza kubaho nta kibazo. Uzava mu ishyaka CNDD-FDD azabona ishyano.”

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko adashaka abitwa aba ‘frondeurs’ (ababa mu ishyaka ariko batemeranya na bagenzi babo ku ngingo zimwe na zimwe).

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uzava mu ishyaka CNDD-FDD azabona ishyano- Perezida Ndayishimiye
    Birababaje! Nagiraga ngo ya ndahiro yo mucyama iteye isoni nta handi yaba!

  2. Uzava mu ishyaka CNDD-FDD azabona ishyano- Perezida Ndayishimiye
    Birababaje! Nagiraga ngo ya ndahiro yo mucyama iteye isoni nta handi yaba!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *