Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yafashe indege y’igisirikare imwerekeza i Kigali mu Rwanda aherekejwe n’abayobozi 12 bakiri bato barimo umudepite w’imyaka 24 y’amavuko Linet Chepkorir Toto uhagarariye akarere ka Bomet mu nteko ishinga amategeko.
Uyu muyobozi ugiriye uruzinduko rwa mbere mu mahanga kuva yatangira iyi nshingano, yaje mu Rwanda mu nama ihuza urubyiruko ku mugabane wa Afurika izwi nka Youth Connekt Africa iri kubera muri BK Arena guhera kuri uyu wa 13 Ukwakira 2022.
Abandi bayobozi bamuherekeje barimo Depite Ndindi Nyoro uhagarariye akarere ka Kiharu na Silvanus Soro uhagarariye akarere ka Mugirango y’Amajyepfo.
Visi Perezida Gachagua ni umwe mu banyacyubahiro bamaze kuvugira ijambo muri iyi nama ngarukamwaka yitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko barenga 9000 baturutse mu bihugu bitandukanye rwo kuri uyu mugabane.
Mu butumwa yatanze, yavuze ko ari ngombwa ko urubyiruko rushorwamo imbaraga kugira ngo rugire uruhare mu iterambere ry’ibihugu bya Afurika, kuko ari rwo rugize umubare munini w’abatuye kuri uyu mugabane.
Nta makuru ahari yemeza niba uyu muyobozi hari indi gahunda afite muri uru ruzinduko. Gusa birashoboka ko ahura na bamwe mu bayobozi bakuru bo mu Rwanda, muri gahunda yo gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati yarwo na Kenya.




