Umunyapolitiki Vital Kamerhe ufungishijwe ijisho n’ubutabera bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) biravugwa ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 3 Mutarama 2022 yuriye indege, ajya kwivuriza mu mahanga.
Kamerhe ni umunyapolitiki ukomeye muri RDC, wamenyekaniye cyane ku butegetsi bwa Joseph Kabila no mu gihe yari Umuyobozi w’ibiro bya Perezida uriho ubu, Félix Tshisekedi guhera mu ntangiriro z’umwaka w’2019.
Yatawe muri yombi muri Mata 2020 akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amafaranga ya Leta miliyoni 48 z’amadolari, icyaha kiza kumuhama, akatirwa igifungo cy’imyaka 20 akora imirimo y’agahato.
Nyuma y’ubusabe bw’abayoboke b’ishyaka UNC yashinze, tariki ya 6 Ukuboza 2021 ubutabera bwategetse ko Kamerhe afungurwa muri gereza nkuru ya Makala yari amazemo hafi imyaka ibiri, kubera impamvu z’uburwayi.
Inkuru irambuye https://bwiza.com/?Vital-Kamerhe-wayoboraga-ibiro-bya-Perezida-Tshisekedi-yafunguwe-by-agateganyo
Ni amahirwe yo kwivuza uyu munyapolitiki yahawe, gusa nk’uko biteganywa n’amategeko, akomeza gufungishwa ijisho kuko atararangiza igihano yakatiwe.
Kugeza ubu ntabwo igihugu Vital Kamerhe yagiye kwivurizamo kiratangazwa.


