Vital Kamerhe wari umaze imyaka 2 afunzwe yagizwe umwere

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Vital Kamerhe wari umaze imyaka ibiri n’amezi hafi abiri afunzwe, yagizwe umwere ku byaha byo kunyereza umutungo w’igihugu yari akurikiranweho.

Me Jean-Marie Kabengela uri mu banyamategeko bunganiraga Kamerhe yemereye ikinyamakuru 7 Sur 7 aya makuru kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Kamerhe yatawe muri yombi muri Mata 2020 ubwo yari umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Félix Tshisekedi, akekwaho kunyereza miliyoni 48 z’amadolari mu mafaranga yagenewe kubaka ibikorwaremezo muri gahunda y’Iminsi 100.

Tariki ya 20 Kamena 2021, urukiko rukuru rwamuhamije iki cyaha, rumukatira imyaka 20 y’imirimo y’agahato, arajurira, igihano kiragabanywa, kigezwa ku myaka 13.

Urubanza rwa Kamerhe wigeze gufungurwa by’agateganyo mu mpera z’umwaka ushize kugira ngo ajye kwivuza, rwasubiwemo muri Gicurasi 2022 bitegetswe n’urukiko rusesa imanza, ari na rwo rusumba izindi.

Kamerhe agizwe umwere mu gihe mu nkiko zose yaburaniyemo atigeze yemera iki cyaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *