Walikale: Umugore w’umusirikare yambitse ubusa, akubitirwa mu kigo cya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Umugore w’umusirikare ukorera mu kigo cya gisirikare cya Biruwe muri Walikale, Isabel Ukunabo, yakakubiswe bikomeye nyuma yo kwambikwa ubusa, ubwo yari yagiye kuvuganira umugabo we witwa Kanimba Mutamba.

Ukunabo yasobanuriye Radio Okapi ko yagiye muri iki kigo kuri uyu wa 28 Kamena 2023 kubaza agahimbazamusyi k’urugamba umugabo we atishyuwe, komanda waho ategeka abasirikare babiri kumukuramo imyenda, hanyuma bakumubita inkoni nyinshi ku kibuno.

Yagize ati: “Nari kumwe n’umugabo wanjye w’umusirikare, Kanimba Mutamba ku kigo cya gisirikare cya Walikale kugira ngo mubarize agahimbazamusyi k’amafaranga y’amanyekongo 33000. Komanda waho, Doudou Kabwe Pascal, yategetse abasirikare babiri ngo banyambure imyenda, barampondagura.”

Ngo icyakurikiyeho ni ukwirukana uyu mugore muri iki kigo, agezwa inyuma ya senyenge y’uruzitiro. Ukunabo yatangaje ko ahangayikishijwe n’ubuzima bw’umugabo we, kuko ngo ashobora kuba afunzwe nyuma y’uko habaye iki kibazo.

Uyu mugore yavuze ko aka gahimbazamusyi umugabo we yagerageje kukabaza, bigera n’aho afungwa, ariko nyuma aza gufungurwa. Akeka ko Leta yagasohoye ariko kakaribwa na General Kabwe Pascal.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *