Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zazindukiye mu rugendo rw’amahoro rwabereye i Washington DC rugamije kwamagana ubwicanyi ndengakamere zivuga ko buri gukorerwa bene wazo n’abandi bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abitabiriye uru rugendo bagaragaje ko barambiwe ihohoterwa rikomeje kwibasira bene wabo, bashinja Leta ya Congo n’ingabo zayo (FARDC) gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro, by’umwihariko FDLR bavuga ko ifite amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse n’ingabo z’u Burundi.
Mu buhamya bwatanzwe n’umusaza w’imyaka 82 wari waturutse muri Leta ya Ohio wakoze urugendo rurerure aje kwifatanya n’abandi, yagaragaje agahinda n’akababaro aterwa n’ibiri kubera iwabo.
Ati: “Naje kubera umubabaro w’ibiri kubera iwacu, kugira ngo tugaragarize amahanga akarengane duhura nako. Dutotezwa tuzira uko twaremwe, nyamara turi Abanye-Congo kandi tumaze imyaka irenga 400 dutuye muri icyo gihugu.”
Uyu musaza yakomeje avuga ko bizeye ko ijwi rya Leta ya Amerika ryagira icyo rihindura ku bayobozi ba Congo, anenga ubwicanyi bukomeje kwibasira abasivile, harimo n’abasaza n’abakecuru.
Ati: “Birababaje kubona abasaza n’abakecuru bicwa urw’agashinyaguro. Hari n’abatemaguwe amaboko. Turasaba ko ibi byahagarara.”
Uyu musaza yanenze kandi ibihugu birimo u Burundi, avuga ko byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Congo, ndetse anasaba ko Perezida wa Congo, Félix Tshisekedi yakurwa ku butegetsi, amushinja guteza umutekano muke mu gihugu.
Mu butumwa bwe, yanenze bamwe mu Banyamulenge bifatanya na Leta ya Kinshasa, abashinja guhemberwa guhakana ibivugwa ku bibazo biri mu karere.
Ku ruhande rwe, Rev. Musinga Emmanuel yasabye Leta ya Amerika gukora iperereza ryigenga kandi ryihuse ku bibera mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ko hari itandukaniro rinini hagati y’ibivugwa na Leta ya Kinshasa n’ibiri gukorwa ku butaka.
Ati: “Ibitero bya drone birimo kugabwa ku basivile n’amatungo nta kurobanura. Birakwiye ko hakorwa iperereza ryimbitse.”
Raporo y’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), yasohotse ku wa 14 Mata 2026 igaragaza ko hari ibihumbi by’ingabo z’u Burundi ziri mu misozi ya Minembwe, ndetse ikanavuga ko ibitero bya drone byateje ikibazo gikomeye cy’ubutabazi ku baturage.
Uru rugendo rw’amahoro rwitabiriwe n’abantu basaga 4000 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rukaba rwarabereye no mu bindi bihugu birimo Kenya, aho rwitabiriwe n’abagera ku 3000.
Abigaragambyaga bari bitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa butandukanye busaba amahoro no guhagarika ubwicanyi, burimo amagambo agira ati: “Nimuhagarike ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo” na “Turashaka amahoro, turashaka kubaho.”


