SEC_245769910-ce80_1743420861

Wayne Rooney yafashwe anyara ku rukuta rw’umuhanda i Londres (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Wayne Rooney, umwongereza w’icyamamare mu mupira w’amaguru, yafashwe anyara ku rukuta rw’umuhanda mu mujyi wa Londres, ari kumwe n’inshuti ze mu ijoro ryo ku cyumweru.

Uyu mugabo wigeze gukinira Manchester United, yahagaze inyuma y’igikuta cyiri ku muhanda ahanyura abanyamaguru ni uko maze atangira kucyinyaraho.

Ibi yabikoze nyuma yo gusohokera mu kabari kitwa The Nest rooftop bar gaherereye muri Marylebone yari yasohokeyemo nyuma yo gukora akazi k’ubusesenguzi kuri BBC mu gikombe cya FA Cup.

Bitangazwa ko Rooney w’imyaka 39 yamaze igihe gito mu kabari, akaza gusohoka agiye kwitaba telefoni.

Ibi ntabwo ari ubwa mbere uyu mukinnyi afashwe ari gukora ibi. Mu 2013, yagiye afatwa ari kunyara imbere y’inzu muri Manchester.

Nubwo ibyabaye bisa nk’ibisanzwe ku bantu benshi, Wayne Rooney ashobora gukurikiranwa n’amategeko cyangwa agacibwa ihazabu bitewe n’amategeko yaho.

SEI 245716126 22a9 1743420934 SEI 245716103 54cc 1743420933 SEI 245716121 5d92 1743420934 SEI 245716144 d079 1743420933 SEI 245716106 0543 1743420900 SEC 245769910 ce80 1743420861

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *