Nyuma yo guhera mu gihirahiro, nifuje kubagisha inama ngo mumfashe mu kibazo maranye igihe nibaza niba umukobwa yamara amezi 10 atarabyara. ese iyi nda yaba ari iyanjye koko?
Nitwa Norbert mba mu mujyi wa Kigali, ndakora mfite akazi keza pe kanyinjiriza areze ibihumbi 200 buri kwezi, nkaba nta mugore ngira ariko hari umukobwa dukundana wambiye ko namuteye inda ariko imbera amayobera.
Ku itariki 4 zāukwezi kwa munani umwaka ushize nibwo twaryamanye, dukorana imibonano nta gakingirizo, haciyeho nkāamezi abiri arambwira ngo aratwite, ndabyemera.
Nibyo koko narabyemeye, tujya kwa muganga dusanga aratwite koko, nkāumuntu udatinya inshingano, naramubwiye nti ndagufasha noneho uzabe ubyariye iwanyu, tuzabane wenda umwaka utaha twabanje kubitegura.
Kuva uwo munsi, yagiye anyaka amafaranga yo kugura imbuto, ayo kugura imyenda nāibindi bikoresho,ā¦igishoboka cyose naramuhaye pe.
Mbaze amafaranga namuhaye mpereye icyo gihe ibihumbi bisaga 450 narayamuhaye pe, nta kwirarira kurimo, kuko na njye ubwanjye numvaga ngomba kwita ku mfura yanjye kandi nari niteguye ko ngomba no kumufasha mu gihe cyo kubyara, mbese byose bindi ku mutwe.
Nāubu umukobwa aratwite, nkibaza nti āese aya mezi ashize yose, byashoboka ko umwana avukira amezi 11ā. Ndamubaza na we akambwira ko atabizi ibyamubayeho.
Ngaho mungire inama, kuko muri njye narangije kwishyiramo ko umwana atari uwanjye pe, amafaranga yanjye se yose namushoyeho nkore iki? Murakoze Imana ibahe umugisha.


