Yemen: Inyeshyamba z’Aba-Houthis zafashe ubwato bwa UAE bwikoreye intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’Aba-Houthis bo muri Yemeni bavuga ko bafashe ubwato buriho ibendera rya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu nyanja itukura, bavuga ko bwari bwikoreye “ibikoresho bya gisirikare” nyuma y’uko ihuriro riyobowe na Arabiya Sawudite rireze umutwe witwaje intwaro “ubushimusi bwo mu mazi”.

Kuri uyu wa Mbere, umuvugizi w’igisirikare cy’Aba-Houthi, Yahia Saree, yatangaje ko ubwo bwato “bwinjiye mu mazi ya Yemeni nta burenganzira” ku nkombe za Hodeidah kandi bwakoraga “ibikorwa bibi”.

Ifatwa ry’ubu bwato (Rwabee) ryerekana igitero giheruka kugaragara mu Nyanja Itukura, inzira ikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga no koherezanya ibicuruzwa.

Ijambo rya mbere ry’ifatwa rya Rwabee ryaturutse mu gisirikare cy’Ubwongereza gishinzwe kurinda ubucuruzi bwo mu mazi, cyavuze gusa ko igitero cyibasiye ubwato butavuzwe izina mu gicuku.

Urubuga rwa interineti MarineTraffic.com ruvuga ko aho ubu bwato bwafatiwe hahuye n’aho ubwato buriho ibendera rya UAE bwari buherereye hagendeye makuru ya satellite yabukurikiranaga.

Nyuma y’amasaha make, itangazo ry’ihuriro riyobowe na Arabiya Sawudite, ryasohowe n’ibitangazamakuru bya Leta, ryemeje icyo gitero, rivuga ko Aba-Houtis bakoze igikorwa cy’ubujura bwitwaje intwaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *