Yishe abana be batatu ngo avane umugabo mu bibazo

Sangiza iyi nkuru

Umugore witwa Regina Daniel w’ahitwa Louxmanda mu gace ka Bashnet , Akarere ka Babati mu Ntara ya Manyara muri Tanzania yishe abana be batatu agamije kuvana umugabo we wari usumbirijwe n’ibibazo byo gutunga urugo rwahoragamo intonganya.

Uyu mugore w’imyaka 24 yishe aba bana akoresheje imyembe yarozwe, bikekwa ko yariho umuti wica imbeba.

Umuyobozi mu Ntara ya Manyara, ACP Paul Kasabago avuga ko ibi byabaye kuwa 5 Ukoboza 2020, ubwo Regina yicaga abana batatu; Emmauel Agustino w’imyaka ndwi, Emiliana Agustino w”ine na Elisha Agustino w’umwaka umwe.

Afande Kasabago avuga ko uyu mugore yari arambiwe ibibazo by’ubuzima byatumaga ahora atongana n’umugabo we.

Uyu mupolisi atangaza ko bagize amahirwe bakaba bataye muri yombi uyu mugore akaba arimo guhatwa ibibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *