Zambia: Yakatiwe amezi 30 n’imirimo y’agahato azira gucuruza inyama z’imbwa

Sangiza iyi nkuru

Mu guhugu cya Zambia, Urukiko rw’ibanze muri Nchelenge rwakatiye umugabo w’imyaka 34 igihano cyo gufungwa muri gereza amezi 30 n’imirimo y’agahato kubera kugurisha inyama z’imbwa ku baturage batabizi.

Titus Malama wo mu mudugudu wa Kabulo muri Kabwali mu karere ka Nchelenge yatawe muri yombi azira kugurisha inyama z’imbwa azita iz’ihene.

Umucamanza wo muri Nchelenge, Luckson Mbewe, yakatiye Malama nyuma yo kwiyemerera icyaha cyo kubeshya mu kugurisha inyama zitari zo bitandukanye n’ibiteganywa n’ingingo ya 10 n’iya 62 z’itegeko ryerekeye kwihaza mu biribwa No7 ryo muri 2019.

By’umwihariko ibigize iki cyaha ni uko Malama ku ya 20 Gashyantare 2024 mu Karere ka Nchelenge, yagurishije cyangwa yamamaza ibiryo aribyo inyama z’imbwa kandi ari ibinyoma, ibi bikaba bijyanye no gushukana ku bijyanye n’imiterere, kamere, agaciro, ubwiza bw’ibintu… nk’uko ingingo yavuzwe haruguru ibiteganya.

Malama amaze guhamwa n’icyaha aregwa, mu nyoroshyacyaha yasabye urukiko imbabazi avuga ko ari we nyirabayazana w’ibyo yakoze kandi avuga ko atazongera gukora icyaha nk’icyo.

Mu guca urubanza, umucamanza Mbewe yavuze ko uwakatiwe afite uburenganzira bwo kworoherwa kuko ari icyaha cya mbere yari akoze.

Yavuze ariko ko kugira ngo Mbewe afate isomo no gukumira abandi bose bakora nkawe, yahawe igihano cyo gufungwa amezi 30 n’imirimo y’agahato.

Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *