Zari Hassan wiyise The BossLady, akaba n’umushoramari w’umugande wibera mu gihugu cy’afuria yepfo ndetse ukunzwe cyane ku mbuga nkoranya mbaga ahanini bitewe n’amafoto asangiza abamukurikira kumunsi wejo tariki 03 Kanama 2018 nibwo yageze Arua muri Uganda yakirwa n’isinzi ryabafana be ndetse na Bryan white.
Ni nyuma yuko aba yaraje mu minsi ishize indege ikaza kumusiga bikavugwa ko yaba yatengushye Bryan white bari bafitanye igikorwa cyo gufasha dore magingo aya Zari ari umwe mubafite imigabane muri Bryan white foundation umuryango utegamiye kuri leta ufasha abatishoboye n’urubyiruko uhagarariwe n’umuherwe Bryan White uzwi ku kazina ka Taycoon Kirumira muri Uganda.
Byitezwe ko Zari agomba kuzajya agaragara mu bikorwa by’uyu muryango, ku ikubitiro akaba yaragaragaye mu byabereye mu cyaro cyo mugace ka Arua ho mugihugu cya Uganda byitabiriwe n’imbaga.








Â


