Zilatan Ibrahimovic wahoze ari rutahizamu ikipe ya AC Milan akaza gusezera ruhago imbere y’abafana b’iyi kipe, kuri ubu ngo ashobora kugaruka muri iyi kipe ariko noneho ataje kuyikinira ahubwo ari mu myanya y’ubuyobozi.
Muri Kamena uyu mwaka nibwo Zilatan ufite imyaka 41 imbere y’abafana ba AC Milan i San Siro, hanyuma kugeza ubu umuyobozi wa Milan, Giorgio Furlani yemeza ko habaye ibiganiro hagati y’uyu rutahizamu ndetse n’ubuyobozi bwa Milan ngo harebwe uko yaza muri iyi kipe agahabwa umwanya mu buyobozi.
Ati: “Zlatan ni inyamibwa ukundwa n’aba nya Milan benshi. Tumaze amezi menshi tuvugana turategereje ,Sinshaka kuganira ku nshingano azahabwa muri iki gihe gusa bizamenyekana vuba.
Impamvu Zilatan ngo tekerejweho, ni uko ngo abafana bamukunda kandi kandi akaba yaragize uruhare mu kubahesha igikombe bitandukanye.Gusa ku ruhande rwa Ibrahimovic yamaze gusa n’uca amarenga ko yiteguye kugaruka nyuma gushyira ifito ifoto ye kuri X yandikaho agira ati” “tic tac tic tac.”
Zlatan asezeye ku mupira atsinze ibitego 511 mu makipe yaciyemo arimo Paris St-Germain, Manchester United na AC na Inter Milan, anatwaye ibikombe bya shampiyona mu bihugu bine.Uyu rutahizamu yagarutse muri AC Milan mu ntangiriro za 2020, nyuma y’uko yari yaratwaranye nabo igikombe cya shampiyona mu 2011, akongera kugitwarana nabo mu mwaka ushize.


