Zimbabwe: Mnangagwa yatsindiye indi manda itavugwaho rumwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Kanama, komisiyo y’amatora ya Zimbabwe yatangaje ko Emmerson Mnangagwa ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye muri iki cyumweru dusoza n’amajwi agera kuri 53%, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abasesenguzi bahise bibaza ku byayavuyemo.

Mnangagwa wasimbuye ku butegetsi Robert Mugabe nyuma yo guhirikwa n’ingabo mu 2017, byari byitezwe ko azongera gutorwa muri manda ya kabiri kuko abasesenguzi babonaga ishyaka riri ku butegetsi rya ZANU-PF, rimaze imyaka irenga mirongo ine ku butegetsi, ari ryo rifite amahirwe.

Komisiyo ishinzwe amatora muri Zimbabwe (ZEC) yavuze ko Nelson Chamisa uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi (CCC), wasaga nk’urya isataburenge Mnangagwa, yabonye amajwi 44% nk’uko tubikesha Reuters.

Abashyigikiye ZANU-PF batangiye kuririmba intsinzi bari mu kigo cyatangarijwemo ibisubizo nyuma y’uko komisiyo y’amatora itangaje ko Mnangagwa yatsinze.

Umuvugizi wa CCC mu nyandiko yanditse kuri X, yahoze ari Twitter, yavuze ko ishyaka ritemera “ibyavuye mu matora ibyo ari byo byose byateranijwe huti huti nta kugenzura neza”.

Perezida Mnangagwa n’ubundi yatsinze Chamisa mu matora aheruka kuba mu mwaka wa 2018 begeranye cyane mu majwi. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko amatora yabayemo uburiganya ariko urukiko rw’itegeko nshinga rwemeje ibyavuyemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *