Zimbabwe: Perezida Mnangangwa yirukanye uwari minisitiri w’umutekano

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, kuri uyu wa Mbere yirukanye ku mirimo ye, minisitiri w’umutekano, Owen Ncube, kubera imyitwarire idahwitse nk’uko ibiro bye byabitangaje.

Nta bisobanuro birambuye byatanzwe nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ivuga.

Owen Ncube wari washyizwe kuri uyu mwanya mu 2018, yagaragaraga nk’umuntu wa hafi wa Perezida Mnangagwa.

Mu 2019, yashyizwe ku rutonde rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rw’abayobozi zafatiye ibihano kubera gukoresha imbaraga z’umurengera ku bigaragambya no guhiga abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu mwaka ushize u Bwongereza nabwo bwamufatiye ibihano n’abandi bayobozi batatu bo muri Zimbabwe nyuma y’urupfu rw’abantu basaga 10 bigaragambyaga bamagana ubutegetsi bwa Mnangagwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *