Aho utinya uhatuma ikigoryi_Impanuro za Ama G ku rubyiruko

Umuhanzi Hakizimana Amani uzwi nka Ama G The Black, yahanuye urubyiruko arubuza kwemerera abarushuka ngo rukore ikibi gishobora gusubiza u Rwanda mu icuraburindi, kuko ngo rubyemeye rwaba nta bwenge rugira. Ama G yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku rubuga rwa YouTube rwa Isimbi TV, cyagiye ahagaragara kuri uyu wa 3 Werurwe 2021. Uyu muhanzi yavuze ku […]

Idamange avuga ko hari abamubangamiye ubwo yajyaga mu mihango afunzwe

Umugore ukurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, Idamange Iryamugwiza Yvonne avuga ko yabangamiwe ubwo yari amaze gutabwa muri yombi, agafungwa kuko yagiye mu mihango akabura uko yiyitaho kubera amapingu yari ku maboko ye. Mu rukiko kuri uyu wa Kane tariki 4 Werurwe 2021, yavuze ko ko igihe yari mu maboko y’inzego z’umutekano yabangamiwe cyane […]

Bobi Wine yakuruye impaka kubera uwo yise Perezida wa Venezuela baganiriye

Umunya-Politiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yateje impaka mu bakoresha Twitter nyuma yo gutangaza ko yaganiriye na Juan Guaido yise Perezida wa Venezuela. Ku wa Gatatu Bobi Wine yavuze ko yishimiye “Kuvugana na Perezida Juan Guaido wa Venezuela kuri uyu mugoroba.” Uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki yavuze ko we […]

Amafoto: Indege za RDF ziri kwifashishwa mu kugeza inkingo za Covid-19 mu duce tumwe na tumwe

img-20210304-wa0028.jpg

Indege za kajugujugu z’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere, RAF (Rwanda Air Force) ziri kwifashishwa mu kugeza inkingo za Covid-19 mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu. Izi ndege zamaze kugera mu Karere ka Burera no mu Karere ka Huye, bikaba biteganyijwe ko zoherezwa no mu tundi turere imodoka zageramo bitinze. Minisiteri y’Ubuzima yatangarije kuri Twitter […]

Idamange yavuze ko Bamporiki yari ‘yarashyize ibiro iwe’ ngo Perezida Kagame yamutumye

Umugore witwa Idamange Yvonne Iryamugwiza yabwiye urukiko ko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki yahoraga iwe bisa nk’aho ahafite ibiro yitwaje ko ngo aje kumugezaho ubutumwa yahawe na Perezida Kagame ku bitekerezo yari amaze iminsi atanga. Mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, Idamange yari yitabye urukiko kuri uyu wa 4 Werurwe 2021 […]

Uganda: Inzuki zataye muri yombi abajura babiri

Inzuki zari mu gace ka Sofia mu Karere ka Busia muri Uganda, zataye muri yombi abajura babiri bari bibye umuturage witwa Rashida Jowelia televiziyo nini ya ‘flat screen’. Nk’uko bigaragara ku ifoto dukesha Daily Monitor, umwe muri aba bajura agaragara inzuki zimwirunze ku biganza byombi, zakoze igisa n’amapingu, mu gihe mugenzi we ateruje televiziyo ya […]

Ni Imana yahabaye kuko imbwa zanjye zari ziziritse naho ubundi zari kubarya- Idamange mu rukiko

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 4 Werurwe 2021, Idamange Yvonne Iryamugwiza yahakanye ibyaha bitandatu byose aregwa birimo ibyo gutanga sheki (cheque) itazigamiye avuga ko icyo gukomeretsa umwe mu bapolisi bari baje kumufata, cyabaye ikintu cyoroshye kubera Imana bitewe n’uko imbwa ze zari ziziritse, naho byari kuba ibindi bindi. Umwanditsi w’urukiko yasomye umwirondoro wa Idamange […]

Inkingo za Covid-19 zirarara zigejejwe mu gihugu hose

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa 4 Werurwe 2021 yatangaje ko inkingo z’icyorezo cya Covid-19 zagejejwe mu Rwanda ejo hashize, zirarara zigejejwe mu gihugu hose. Nk’uko iyi Minisiteri yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, izi nkingo ziragezwa mu bitaro ndetse n’ibigo nderabuzima bya Leta, ari naho igikorwa cyo gukingira kizabera. Yagize iti: “Inkingo za Covid-19 zaraye […]

Tuyisenge Jacques yamaganye amakuru amujyana muri Yanga Africans

Rutahizamu wa APR FC n’Iikipe y’igihugu Amavubi, Tuyisenge Jacques, yahakanye amakuru amwerekeza muri Young Africans yo muri Tanzania. Ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 3 Werurwe, ku mbuga Nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko Tuyisenge yaba yuriye rutemikirere yerekeza muri Tanzaniya kuvugana n’ubuyobozi bw’ikipe ya Young SC. Uyu musore usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abakina […]

Kenya: David Karega yakatiwe imyaka 100 azira gusambanya abana

Urukiko rwa Molo muri Kenya rwakatiye uwitwa David Karega igihano cy’igifungo cy’imyaka 100 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya abana batanu bari munsi y’imyaka 11 y’amavuko. Ni icyaha uyu Munyakenya yakoreye abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 4 n’7 mu giturage cya Rigogo, mu Karere ka Nakuru kuva muri Nzeri 2019. Ubushinjacyaha bwari bufite abatangabuhamya 11 […]

Amafoto: Umuhungu w’Umunyarwanda yahindutse umukobwa w’ikimero

lionel1.jpg

Umusore w’Umunyarwanda wahoze witwa Lionel ubusanzwe uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahisemo kwihindura umukobwa ndetse ahindura n’amazina yiyita ‘Lilly Tronn’. Uretse ibyo kandi akunze kwifashisha imbuga nkoranyambaga asangiza abamukurikira amashusho atandukanye n’amafoto byo gushotora abagabo cyane ko utamenya ko yahoze ari umuhungu kubera imiterere ye. Afite ikibuno giteye nk’icy’abakobwa, afite amabere ndetse yishyizeho […]

Piqué yaririmbwe na benshi nyuma yo guhemukira Sevilla ku munota wa nyuma

Ikipe ya FC Barcelona yakoze ibyo abenshi batatekerezaga, itsinda Sevilla FC ibitego 3-0 byatumye igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’umwami. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wo kwishyura wa Copa del Rey (igikombe cy’umwami) wakiniwe i Camp Nou. Umukino ubanza wari warabaye mu byumweru bibiri bishize Barcelona yari yarawutsinzwemo ibitego 2-0, bityo ikaba yasabwaga […]

Ingabo z’u Burundi zirongerwa muri Kibira, zategetswe ‘kumaramo’ abavuga Ikinyarwanda bose

Hakomeje kuvugwa imirwano hagati y’ingabo z’u Burundi n’abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Nk’uko urubuga rw’umuryango SOS mu Burundi ruherutse kubitangaza, iyi mirwano yatangiye mu cyumweru gishize, ubwo ingabo z’iki gihugu zagwaga gitumo aba bavuga Ikinyarwanda “biteguraga kugaba igitero ku butaka bw’u Rwanda”. Uru rubuga tariki ya 28 […]

Harikangwa ibitero ku nteko ishinga amategeko ya Amerika

Umutekano wakajijwe ku nyubako izwi nka Capitol ikoreramo inteko ishinga amategeko y’Amerika kubera “umugambi ushobora kubaho wo kuyivogera” kuri uyu wa kane, nkuko polisi iharinda ibivuga. Mu itangazo, polisi irinda inyubako ya Capitol yagize iti: “Urwego rwacu rurimo gukorana n’abo dukorana ku rwego rwa hano, urwa leta n’izindi nzego za leta mu guhagarika ibyago ibyo […]