Icyumweru kigiye gushira umurambo wa Kasango utarashyingurwa, umuryango wananiwe kumvikana
Umurambo w’umunyamategeko wo muri Uganda, Robert Aldridge Kasango (Bob Kasango) wapfiriye muri gereza, ugiye kumara icyumweru utarashyingurwa bitewe n’ubwumvikane bwabuze hagati y’abagize umuryango we. Uyu murambo wagombaga gushyingurwa tariki ya 2 Werurwe 2021 nyuma ya misa yo kuwusezeraho yabereye muri Kiliziya Katedarali ya All Saints iri mu mujyi wa Kampala. Gusa ubwo wasohorwaga muri kiliziya, […]
VIDEO: Yogoshe Perezida Kagame, Rwigema, ndetse na Pasteur Bizimungu, ubu arasaba inkunga
Me Kenyatta wogoshe abanyacyubahiro batandukanye mu gihugu kuva kuri Pasteur Bizimungu, Rwigema, kugeza kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’umuryango we, arasaba abamuzi kumutera inkunga nawe akazagira amasaziro meza, aho yifuza kugira inzu y’ubwogoshero ye akikorera. Ibi yabitangaje mu kiganiro na Bwiza TV ubwo yasuraga abakora umwuga wo kogosha mu Mujyi wa Kigali, aho uyu […]
Toni 500 z’amabuye y’agaciro yari yibwe muri RDC zafashwe
Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku bufatanye n’igisirikare n’urwego rw’iperereza, kuri uyu wa 6 Werurwe bakoze operasiyo bafata toni 500 z’amabuye y’agaciro yari agiye kwambutswa ku mupaka wa Kolwezi uherereye mu Ntara ya Lualaba. Aya makuru dukesha 7 Sur 7 yemejwe na Komiseri wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi muri Lualaba, Col. Antoine […]
Perezida Kagame yakiriye abarimo Mushikiwabo na Charles Michel

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (La Francophonie), Louise Mushikiwabo, Charles Michel uyoboye Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) na Chrysoula Zacharopoulou, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya EU. Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangarije ku rubuga rwa Twitter, Louise Mushikiwabo n’aba babiri […]
Australia: Urukingo rwa AstraZeneca rwahagaritswe nyuma y’aho umuntu apfuye
Abayobozi ba Australia bahagaritse ikoreshwa ry’urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca mu gihe hakomeje iperereza ku rupfu rw’umuntu wapfuye amaze kuruhabwa n’undi warembye nyuma yo kuruhabwa nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru n’Ibiro Ntaramakuru byo muri iki gihugu. “Ibiro bikuru bishinzwe umutekano mu by’ubuvuzi (BASG) byakiriye raporo ebyiri zifitanye isano no gukingiza uru rukingo rwa AstraZeneca mu […]
Yavuye muri coma yakirizwa inkuru y’uko agomba gufungwa
Nyuma yo kumara amezi 7 muri coma, umugabo w muri Australia yakangutse bamwakiriza inkuru y’uko agomba gufungwa azira ubwicanyi, aho bamwe bibaza niba gusohoka muri coma mu by’ukuri hari icyo byamumariye. Iyi nkuru dukesha Afrikbuzz ivuga ko uyu hashize ibyumweru uyu mugabo wo muri Australia avuye muri coma yari amazemo amezi arindwi. Ariko mu gukanguka, […]
Hafashwe toni zigera muri 20 z’urumogi zifite agaciro ka miliyari 20
Toni 17 z’urumogi zifite agaciro ku isoko ka miliyari 20 z’Amafaranga akoreshwa mu burengerazuba bwa Afurika, FCFA (miliyoni 30.4 z’amayero) zari zivuye muri Liban, zinyuze ku cyambu cya Lomé, muri Togo zafashwe n’ubuyobozi bwa Niger, akaba ari agahigo kaciwe kuko ari ubwa mbere hafashwe ibiyobyabwenge bingana gutya muri iki gihugu. Minisitiri w’umutekano muri Niger, Alkache […]
Abagore bacuruza isura si bo twizihiza ku ya 8 Werurwe_Perezida Ndayishimiye
Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangaje ko abagore bacuruza isura atari bo bizihizwa tariki ya 8 Werurwe; umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka wahariwe abagore. Ni ubutumwa buri mu ijambo Perezida Ndayishimiye yageneye Abarundi kuri uyu wa 7 Werurwe 2021 bujyanye n’uyu munsi wizihizwa kuri uyu wa Mbere. Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze agaciro k’umugore mu muryango […]
Bugesera: Depite Zacharopoulou wazanye na Mushikiwabo mu Rwanda mu bakingiye abaturage

Ari kumwe na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Charles Michel, umudepite mu nteko ishinga amategeko ya E.U.,Chrysoula Zacharopoulou, bazanye mu ruzinduko mu Rwanda, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, basuye Ikigo Nderabuzima cya Mayange, mu Karere ka Bugesera bakurikirana uko igikorwa cyo gukingira Covid-19 kirimo kugenda. Aba bashyitsi bose biboneye abakora […]
Ibibazo Sonia Rolland yahuye nabyo akigera mu Bufaransa ahunze Jenoside yakorewe Abatutsi

Umunyarwandakazi Sonia Rolland ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, igihugu yabereye Nyampinga mu 2000, aravuga ko akimukira mu Bufaransa n’ababyeyi be nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hari ibibazo abana bigaga ku kigo yahise ajyanwaho kwiga bamubajije ibibazo bitandukanye birimo no kumenya niba baravuye mu Rwanda yarabaga muri nyakatsi kuko bari barishyizemo ko Abanyafurika baba […]
Injangwe yatumye indege yari ivuye Khartoum ijya Qatar igwa igitaraganya
Injangwe iherutse guteza ikibazo mu indege yari ivuye I Khartoum muri Sudani yerekeza muri Qatar biba ngombwa ko indege imanuka igitaraganya. Ni nyuma y’aho iyi njangwe yari imaze kwinjira aho abapilote baba bicaye ndetse igashaka kuruma umupilote. Nyuma yo kunanirwa guturisha iyi njangwe, hafashwe icyemezo cyo kumanura indege byihuse nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Al-Sudani cyo muri […]
Bisa b’ibitari ibya vuba ko Rwanda rwashyikiriza u Burundi abakekwaho kugerageza guhirika Nkurunziza ku butegetsi

Imwe mu ntandaro y’umubano mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda ni igerageza ryo guhirika Pierre Nkurunziza ku butegetsi ryabaye tariki ya 13 Gicurasi 2015. Nyuma y’icyo gihe u Burundi bwavuze ko bamwe mu bagerageje guhirika Nkurunziza, barangajwe imbere na Gen. Maj. Godefroid Niyombare, bahungiye mu Rwanda ndetse bunasaba ko rwababushyikiriza, bagakurikiranwa n’ubutabera bwabwo. Gen. […]
Nyamagabe: Gucana inyuma, impamvu nyamukuru yihishe inyuma yo gutana kw’abashakanye
Gutandukana hagati y’abashakanye bigira ingaruka nyinshi cyane mbi cyane cyane ku bana baba barabyaye, aho imwe mu mpamvu nyamukuru ikunze gutera uku gutandukana ari ugucana inyuma kw’abashakanye nk’uko abaturage bo mu Mudugudu wa Murwa, Akagari ka Bwenda, Umurenge wa Kibumbwe, ho mu Karere ka Nyamagabe baganiriye na Bwiza.com babyemeza. Aba baturage bavuga ko izo ngaruka […]
Ibihugu 25 bifite ubwenge bwinshi kurusha ibindi ku Isi

Isosiyete yo mu Bwongereza yagerageje gusobanura urutonde rw’ibihugu “bifite ubwenge” cyangwa bifite abanyabwenge benshi kurusha ibindi ku Isi. Kugirango ibigereho, yashingiye gusa ku bipimo bya siyansi. Iyi sosiyete yitwa Vouchercloud yazirikanye ibintu bitatu,nk’uko byatangajwe na CNews: umubare w’ibihembo byitiriwe Nobel byatwawe, impuzandengo y’ubwenge (I.Q.) imyaka y’abaturage (hagendewe ku makuru ya 2012) n’urwego rw’amashuri rw’abanyeshuri (amakuru […]
Miss Rwanda 2021: Baribaza kuri ‘gafotozi’ uterekanye Miss Jolly

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 6 Werurwe 2021 habaye igikorwa cyo gutoranya abakobwa 20 bagombaga gukomeza irushanwa rya Miss Rwanda 2021. Iki gikorwa cyarimo Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly wari waryitabiriye nk’umwe mu bigeze kwegukana iri rushanwa, anaha umwe mu bakobwa agatike kamwemerera gukomeza (Pass) muri 20. Yari yambaye mu buryo budasanzwe; mu musatsi […]
RDC: Muganga uherutse ‘gukora’ umuti wa Covid-19 yapfuye
Umushakashatsi mu bijyanye n’imiti wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo uherutse kwemeza ko yakoze umuti w’icyorezo cya Covid-19, Flaubert Batangu, yapfuye. Amakuru dukesha Actualité avuga ko Batangu wari ufite imyaka 79 y’amavuko yapfiriye mu bitaro by’i Kinshasa yari arwariyemo ibyumweru bibiri, mu ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2021 azize kanseri y’umwijima. Mu ntangiriro […]
Abaturarwanda 158,898 bamaze gukingirwa Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko tariki ya 5 n’iya 6 Werurwe 2021 Abaturarwanda 158,898 bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19. Aba barimo 75,056 bakingiwe tariki ya 5 (umunsi wa mbere w’ikingira) n’83,842 bakingiwe tariki ya 6 Werurwe 2021. Bigaragara ko mu Mujyi wa Kigali hmaze gukingirwa Abaturarwanda 6,062, mu Ntara y’Amajyaruguru hamaze gukingirwa 31,286, mu Ntara […]