Twagiramungu yatumye dutinyuka ingoma y’igitugu ya MRND: Senateri (Rtd) Iyamuremye

Senateri (Rtd) Iyamuremye Augustin wahoze ari Perezida wa Sena y’u Rwanda, yihanganishije umuryango wa Faustin Twagiramungu, amucyeza ku kuba yaratumye abantu batinyuka ‘ingoma y’igitugu’ yari iyobowe n’ishyaka MRND. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yapfuye azize urupfu rutunguranye. Uyu mukambwe wari ufite imyaka 78 y’amavuko yaguye i […]

Thierry Froger yasobanuye impamvu 2 atagikinisha Shiboub

Umutoza Thierry Froger wa APR FC, yatangaje impamvu atagikinisha umunya-Sudani, Sharaf Eldin Shiboub Ali Abdelrahman; zirimo umubare w’abanyamahanga. Kuva APR FC yasezererwa na Pyramids FC yo mu Misiri Shiboub yahise atakaza burundu umwanya wo gukina. Babanje kuvugwa ko impamvu uyu mukinnyi atagikinishwa ari ukubera uburwayi, gusa nyuma haza amakuru avuga ko yaba yaragiranye ibibazo n’umutoza […]

Guinea-Bissau: Perezida Embalo yasheshe inteko ishinga amategeko nyuma y’ipfuba rya coup d’etat

Kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa Guverinoma yabwiye abanyamakuru ko Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embalo, yasheshe inteko ishinga amategeko y’iki gihugu, nyuma y’ibyo Embalo yavuze ko ari ugushaka guhirika ubutegetsi mu gihugu gito cya Afurika y’iburengerazuba mu cyumweru gishize. Imirwano hagati y’imitwe ibiri y’ingabo yabereye i Bissau mu ijoro ryo ku wa Kane ikomeza […]

Menya imboga warya utiriwe uziteka ukarushaho kugira ubuzima bwiza

Hari abantu batekereza ko kurya imboga bigoye, kuko bibasaba umwanya munini wo kuzitegura, ariko ni byiza kurya imboga kandi zitunganyije neza nubwo byasaba umwanya wo kuzitegura. Hari imboga ziribwa zitetse, ariko hari n’imboga umuntu arya ari mbisi kugira ngo ashobore kubona intungamubiri nyinshi, kuko hari izangirika mu gihe zitetswe. Imboga zifasha abantu bifuza gutakaza ibiro, […]

U Bwongereza bugiye guha u Rwanda izindi miliyoni muri gahunda y’abimukira

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yiteguye guha u Rwanda byibuze izindi miliyoni 15 z’ama pound kugirango hashyirwe umukono ku masezerano yo gufata abasaba ubuhunzi birukanwa mu Bwongereza, nk’uko byatangajwe. Amafaranga azaba yiyongera ku yandi miliyoni 140 zama pound zamaze guhabwa u Rwanda muri gahunda y’igihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika yo kwakira abasaba ubuhungiro […]

Israel vs Hamas:Inkomere zatangiye guhungishirizwa muri Tunisia

Tuniziya ivuga ko yakiriye kandi ikavura bamwe mu bakomeretse baturutse i Gaza aho imirwano hagati ya Hamas n’ingabo za Isiraheli wasubukuwe nyuma y’iminsi 7 y’agahenge kari katanzwe. Abanyapalestine bakomeretse, hamwe n’imiryango 21, binjiye mu ndege ya gisirikare ya Tuniziya ku cyumweru nimugoroba.Bibaye mu gihe impungenge mpuzamahanga ziyongereye ku mpfu z’abasivili n’imvune ku munsi wa gatatu […]

RDC: Umukandida Delly Sesanga nawe yiyemeje kujya inyuma ya Moise Katumbi

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mu gihe hasigaye iminsi cumi n’irindwi ngo amatora rusange abe, umukandida Delly Sesanga yivanye mu ihatana ashyigikira Moà¯se Katumbi wahoze ari Guverineri wa Katanga. Ku ikubitiro hari abakandida 26, ariko hasigaye 22 gusa, nyuma y’uko abakandida bane barimo uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Matata Poyo, bateraniye inyuma ya Moà¯se […]

Rutaremara arahamya ko Twagiramungu atari umwanzi

Tito Rutaremara uri mu banyapolitiki b’inararibonye mu Rwanda arahamya ko Twagiramungu Faustin wabaye Minisitiri w’Intebe tigeze aba umwanzi w’ubutegetsi bw’iki gihugu, ahubwo ko yari mu bo buhanganye na bo (adversaire). Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Kigali Today nyuma y’aho Twagiramungu apfiriye mu buhungiro mu Bubiligi tariki ya 2 Ukuboza 2023. Twagiramungu yakundaga kwifashisha […]

Musanze:Igiciro cy’ibirayi cyatangiye kungana n’icy’icyayi cya mukaru

Nyuma gato y’intangiro z’uyu mwaka wa 2023, mu Rwanda hagiye hagaragara itumbagira ry’ibiciro ku bicuruzwa bimwe na bimwe by’umwihariko ku bijyanye n’ibiribwa birangajwe imbere n’ibirayi. Nta watinya kuvuga ko byagiye byikuba kabiri ahandi gatatu bijyanye n’isoko umuguzi yabiguriyemo.Ni ibintu byatunguye benshi kuko kumwero wabyo hari abari bamenyereye kubigura ku giciro gito.Ni ukuvuga hagati y’amafaranga 150 […]

Ibigo 8 by’ubuvuzi gakondo birimo Kunga Thearpy na Ijabo Life Center byafunzwe

Minisiteri y’ubuzima (MoH) yafunze ikigo cya Kunga Therapy n’ibindi bigo birindwi bitanga imiti gakondo, ubuvuzi byuzuzanya, n’ubundi buryo. Kuri iki Cyumweru, itariki ya 3 Ukuboza, itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ubuzima, ryerekanye ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwagaragaje ko ibyo bigo bikora ibikorwa bimwe na bimwe binyuranyije n’amategeko n’amabwiriza agenga urwego rw’ubuzima. Ibikorwa byateye […]

‘Arazira imitungo irimo inzu ya Bizimungu yaguze’: Ubuhamya bw’umuhungu wa Basabose

Umuhungu wa Basabose Pierre witwa Ineza Roger Noà«l yamutanzeho ubuhamya mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, aho aburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara. Yasobanuye ko mu byo umubyeyi we azira harimo inzu ya Pasteur Bizimungu yaguze mu cyamunara. Ineza wari ufite imyaka 3 y’amavuko mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi (ubu afite 32) yifashishijwe […]

U Buholandi bwajyanwe mu rukiko bushinjwa ibyaha by’intambara muri Gaza

Urukiko rwo mu Buholandi rugiye kuburanisha urubanza rurega leta uruhare mu byaha by’intambara muri Gaza kubera gutanga ibyuma byo gusimbura ibishaje by’indege z’intambara za Israel. Urubanza rwatangijwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo mu Buholandi, rutangira kuri uyu wa Mbere, ruvuga ko Leta y’u Buholandi igira uruhare mu byaha bivugwa by’intambara kubera kohereza muri Israel […]

Bite bya Eric Semuhungu? Arabarizwahe nyuma yo kuvugwaho gufata ku ngufu?

Hashize igihe gikabakaba amezi atandatu Semuhungu Eric atagaragara ku mbuga Nkoranyambaga nk’uko byari bisanzwe bimenyerewe n’abamukurikira. Ibi bikaba bikurikira amakuru aherutse gutangazwa ku miyoboro itandukanye ya You Tube mu mezi ashize, avuga ko yaba afunzwe nyuma yo kuvugwaho ko yaba yarafashe kungufu ingimbi itaruzuza imyaka 18. Icyo gihe byavuzwe ko uwo yafashe kungufu yabanje kumusindisha […]

Ikibazo cy’abakomisiyoneri gikomeje kujegeza intara y’Amajyaruguru

Bamwe mu baturage batuye mu ntara y’Amajyaruguru baravuga ko barembejwe n’abahuza mu kugura no kugurisha bazwi nk’aba komisiyoneri. Abaherutse kuganirana RBA bavuze ko aba bakomisiyoneri bitwikira ko babahuza n’abaguzi maze bakabarya utwabo. Umwe mu bakorewe ubwo butekamutwe yavuze ko hari isambu yagurishije miliyoni 2 bigizwemo uruhare n’umukomisiyoneri ariko akimara gusinya uwaguze amubwira ko amafaranga atuzuye […]

Zambia: Nsengiyumva wavuzwe muri dosiye ya Rusesabagina yafunzwe

Nsengiyumva Appolinaire wavuzwe mu mugambi wa Rusesabagina Paul wo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, binyuze mu mutwe witwaje intwaro wa FLN, yafunzwe. Uyu Munyarwanda yumvikanye mu rubanza rwa Nsabimana Callixte alias Major Sankara na bagenzi be muri Werurwe 2021, ubwo uyu musore wabaye Umuvugizi wa FLN yasobanuraga byinshi ku mikorere y’uyu mutwe. Hari tariki 12 […]

U Bwongereza buteganya kohereza abanyamategeko mu Rwanda

Ikinyamakuru BBC cya Leta y’u Bwongereza cyatangaje ko iki gihugu giteganya kohereza mu Rwanda abanyamategeko bagifasha gutegura gahunda yo kuzana abimukira barebwa n’amasezerano yo muri Mata 2022 agiye kuvugururwa. Mu kwezi gushize, urukiko rw’ikirenga rwa London rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira i Kigali, rugaragaza ko hari impungenge yuko batazashobora kuba mu Rwanda, bagahitamo gusubira […]

Le M23 s’engage à  reprendre les positions qu’il avait cédées à  l’EACRF

Le groupe rebelle M23 opérant dans l’est de la République démocratique du Congo a annoncé qu’il réoccuperait les positions qu’il avait cédées à  la Force régionale de la Communauté d’Afrique de l’Est (EACRF). Cette annonce intervient après que la force régionale a commencé à  se retirer de ses positions dans la province du Nord-Kivu le […]

U Rwanda rwashyizeho kandida perezida kugira ngo rusahure neza igihugu – Bemba

Minisitiri w’intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku wa Gatandatu, itariki ya 2 Ukuboza 2023, Jean-Pierre Bemba Gombo, muri mitingi yabereye i Moanda mu Ntara ya Kongo Central yatangaje ko u Rwanda rwashyize umukandida mu matora ya perezida kugira ngo azayobore igihugu. Perezida w’ishyaka Mouvement de libération du Congo […]

Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya yahinyuye ibyatangajwe na Tshisekedi

Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya, General Francis Ogolla, yahinyuye Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, hamwe n’abandi bategetsi bo muri iki gihugu, bavuga ko zoroheraga umutwe witwaje intwaro wa M23. Ingabo za Kenya zatangiye ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu burasirazuba bwa RDC mu Gushyingo 2022, hashingiwe ku cyemezo […]

Abatuye aho Colonel Ruhinda yiciwe bari mu kaga

Umutwe witwaje intwaro wa FDLR-FOCA urwanya Leta y’u Rwanda uravugwaho kubyuka wihorera, wica abasivili b’Abanyekongo, nyuma y’urupfu rwa Colonel Ruvugayimikore Protogène alias Ruhinda wari komanda w’abarwanyi kabuhariwe bayo bazwi nka ‘CRAP’. Urupfu rwa Col. Ruhinda rwamenyekanye kuri uyu wa 3 Ukuboza 2023. Amakuru agera kuri BWIZA aravuga ko uyu murwanyi yapfiriye mu bitaro bya Hill […]

Amajyepfo: Abagore b’abarwanashyaka ba DGPR bungutse ababahagarariye

a47a0011.jpg

Ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda, ryatoye abagore bahagarariye abandi ku rwego rw’Intara y’amajyepfo. Ni igikorwa cyabereye mu karere ka Huye, ku Cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2023. Mu batowe harimo Mutuyimana Louise watorewe kuyobora abagore b’abarwanashyaka ba Green Party ku rwego rw’intara, Tuyishime Jacqueline watorewe kuba Visi-Perezida cyo kimwe […]