Benin: Abantu 14 batawe muri yombi bashinjwa kugerageza coup d’etat

Kuri iki Cyumweru, Guverinoma ya Benin yavuze ko ingabo zayo zahagaritse umugambi wo guhirika ubutegetsi nyuma y’uko itsinda ry’abasirikare bo muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba bavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko bafashe ubutegetsi. Abantu 14 batawe muri yombi. Kugerageza guhirika ubutegetsi niko guheruka muri ako karere, kamaze iminsi kabamo guhirika ubutegetsi mu baturanyi ba Benin […]

Masisi: Drones ziri kurasa ubutitsa ibirindiro bya AFC/M23 n’ibice igenzura

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza, mu mujyi wa Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyateye ibisasu ku birindiro bibiri bya AFC / M23. Ngo ni ibirindiro biri ku gasozi k’ingenzi ka Kahongole gateganye na komini ya Masisi y’icyaro, n’ibirindiro biri hafi y’ibiro by’ubuyobozi bwa teritwari. Nk’uko amakuru […]

Kayonza: Abagize Komite Nyobozi y’Akarere barimo Meya Nyemazi bahagaritswe

Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Kayonza barimo Umuyobozi w’Akarere Nyemazi John Bosco birukanwe ku mirimo yabo. Usibye Umuyobozi w’Akarere, Nyemazi John Bosco, abandi RBA itangaza ko birukanwe ni Munganyinka, Hope, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu na Harelimana Jean Damascène, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage. Itangazo ry’akarere rivuga ko aba bayobozi bahagaritswe kubera […]

Twirwaneho irigamba guhanura kajugujugu yakoreshwaga n’abacanshuro

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uravuga ko ari wo wahanuye indege ya kajugujugu yakoreshwaga n’abacanshuro b’abazungu mu gutera amabombe mu bice bituwe mu biturage birimo Mikalati na Mikenke. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 7 Ukuboza 2025, MRDP-Twirwaneho, ivuga ko “Igisirikare cy’u Burundi kitabaje kajugujugu 3 zitwawe n’abacanshuro b’abazungu, zarashe amabombe mu midugudu ya Mikalati, […]

Afurika y’Epfo: Abantu 11 biciwe mu kabari

Nibura abantu 11 bishwe barimo umuhungu w’imyaka itatu, nyuma y’amasasu yarasiwe kuri uyu wa Gatandatu mu kabari katemewe mu Mujyi wa Pretoria wo muri Afurika y’Epfo, aho igipolisi gikomeza kivuga ko batangiye guhiga abantu batatu bakekwaho icyaha batamenyekanye. Abandi bantu 14 bakomeretse muri ubu bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Saulsville, nk’uko igipolisi cyabitangaje mu itangazo […]

Benin: Haravugwa ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Patrice Talon

Amakuru aturuka mu gihugu cya Benin aravuga ko kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza 2025, muri BĂ©nin habaye kugerageza guhirika ubutegetsi.Umutwe w’abasirikare wavuze ko wafashe ubutegetsi i Cotonou maze ukuraho Perezida Patrice Talon. Mu itangazo ryanyujijwe inshuro nyinshi kuri SRTB (umuyoboro wa televiziyo y’igihugu ya Benin), abasirikare batangaje iseswa ry’inzego za Leta ndetse n’ikurwaho […]

FARDC yongeye gukozanyaho n’inyeshyamba za Mai-Mai Simba muri Lubutu

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe witwa “Mai-Mai Simba”, uyobowe n’uwiyise General Bukui, ahitwa Lubutu, mu Ntara ya Maniema. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, kurasana hagati y’impande zombi byatangiye saa munani z’amanywa ku isaha yo mu Mujyi […]

Lt. Col Manirakiza wa FDNB yakomerekeye bikomeye mu mirwano na AFC/M23

Umuyobozi wa batayo ya 18 y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Col Manirakiza Patrice, yakomerekeye mu mirwano yasakiranyije ingabo yari ayoboye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Lt. Col Manirakiza yakomerekeye mu mirwano yabereye mu gace ka Luvungi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ejo ku wa Gatandatu tariki ya […]

AFC/M23 yongeye gusaba u Burundi kuvana bwangu ingabo zabwo muri RDC

Umutwe wa AFC/M23 wongeye gusaba igihugu cy’u Burundi gucyura “by’aka kanya kandi nta mananiza” ingabo zabwo ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko kuhaba kwazo biteje ikibazo gikomeye ku mutekano wa kiriya gihugu n’uw’akarere. U Burundi kuva muri 2023 bufite mu burasirazuba bwa RDC ingabo zirenga 10,000 ziyongeraho abarwanyi bo mu mutwe […]

Nyabihu: RIB yafashe umuyobozi ushinzwe imirimo mu karere

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruravuga ko rwataye muri yombi Twagirayezu Jean Paul, Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na RIB muri iku gitondo cyo ku Cyumweru rivuga ko akurikiranweho ibyaha byo kwigwizaho umutungo no kutawumenyekanisha ku Rwego rw’Umuvunyi nkuko biteganywa n’amategeko. Ubu uyu afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo […]

Gabiro: Gen. Mubarakh yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo ya Advanced Infantry Course

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa y’Ingabo ku rwego rwa Brigade yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare cya Gabiro.   Iyo Brigade yari imaze amezi atanu n’icyumweru kimwe mu mahugurwa yisumbuye y’ ingabo zirwanira ku butaka (Advanced Infantry Course). Mu ijambo rye, Gen Mubarakh yashimiye abasirikare barangije […]

Inyeshyamba za Twirwaneho na AFC/M23 zikomeje gufata imisozi ikikije Uvira

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 6 Ukuboza, abarwanyi ba Twirwaneho, bafatanya na AFC / M23, bigaruriye umujyi wa Rurambo, umujyi wo mu misozi ya Uvira, nyuma y’imirwano bagiranye na Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi. Ku wa Gatanu, imirwano yari yamaze gukomera hagati y’impande zirwanira muri ako karere. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko inyeshyamba […]

U Buhinde: Abantu 23 barimo ba mukerarugendo bapfiriye ku kabyiniro

Abayobozi mu Buhinde baravuga ko byibuze abantu 23 baguye mu nkongi y’umuriro mu kabyiniro (nightclub) kazwi cyane mu karere ka Goa. Benshi mu bahuye n’insanganya ngo ni abakozi muri ako kabyiniro gaherereye Arpora, mu majyaruguru ya Goa, mu gihe ba mukerarugendo, batavuzwe umubare, nabo bari mu bapfuye.   Polisi yemeza ko icupa rya gaz ryaturikiye […]