Mass shooting at Saulsville Hostel in Atteridgeville, Pretoria

Afurika y’Epfo: Abantu 11 biciwe mu kabari

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 11 bishwe barimo umuhungu w’imyaka itatu, nyuma y’amasasu yarasiwe kuri uyu wa Gatandatu mu kabari katemewe mu Mujyi wa Pretoria wo muri Afurika y’Epfo, aho igipolisi gikomeza kivuga ko batangiye guhiga abantu batatu bakekwaho icyaha batamenyekanye.

Abandi bantu 14 bakomeretse muri ubu bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Saulsville, nk’uko igipolisi cyabitangaje mu itangazo rycyo Reuters yabashije kubona.

Urwego rwa polisi rwo muri Afurika y’Epfo rwagize ruti: “Abana batatu bato bari mu bapfuye, barimo abahungu b’imyaka 3 na 12 n’umukobwa w’imyaka 16.”

Igihugu cya Afurika y’Epfo kiri mu bya mbere biberamo ubwicanyi bwinshi ku Isi, aho imibare igaragaza ko abantu 60 bicwa ku munsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *