Amakuru aturuka mu gihugu cya Benin aravuga ko kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Ukuboza 2025, muri Bénin habaye kugerageza guhirika ubutegetsi.Umutwe w’abasirikare wavuze ko wafashe ubutegetsi i Cotonou maze ukuraho Perezida Patrice Talon.
Mu itangazo ryanyujijwe inshuro nyinshi kuri SRTB (umuyoboro wa televiziyo y’igihugu ya Benin), abasirikare batangaje iseswa ry’inzego za Leta ndetse n’ikurwaho rya Patrice Talon. Nk’uko iryo tangazo ribivuga, inzibacyuho izayoborwa na Komite ya Gisirikare ishinzwe kongera kubaka igihugu (CMR) iyobowe na Lt. Col. Tigri Pascal.
Ibisabwa n’iyo komite ya gisirikare
Itsinda ry’abasirikare ryagaragaye kuri tereviziyo y’igihugu, TV ya Benin, biyita “Comité Militaire de la Refondation (CMR)”.
Uvugwa ko ari we muyobozi ni Lt. Col. Pascal Tigri, wavuze ko ari Perezida wa CMR.
Abayoboye coup d’Etat bavuga ko bahiritse Perezida Patrice Talon ku butegetsi, batangaza ko Itegeko Nshinga rihagaritswe.
Nubwo iri tangazo ryatangajwe inshuro nyinshi kuri tereviziyo, biravugwa ko ibintu biteye urujijo mu murwa mukuru w’ubukungu, Cotonou .
Amakuru amwe aravuga ko habaye kugerageza guhirika ubutegetsi kuva mu museke, kandi inzu ya Perezida Patrice Talon iherereye mu gace ka Guézo, bivugwa ko yagabweho igitero n’abantu bitwaje imbunda, mu gihe andi yemeza ko yamaze guhirikwa.



One Response
Nta coup d’état yabaye.
Ababigerageje byabananiye bamaze gufatwa.