Ese Rayon Sports Fc yaba igiye kubona umutoza usimbura Karekezi?

Nyuma yo kunganya n’ikipe ya Lydia Ludic,  igitego 1-1 mu mukino ubanza wa CAF Champions League, ikipe ya Rayon Sports iri ku gitutu gikomeye, ndetse ko ishobora kubona undi mutoza usimbura Karekezi cyangwa se bagakorana. Ibi byose bije byiyongera ku gutungurana kwa Perezida wa Rayon Sports winjiye mu mukino wayo na Musanze Fc ari kumwe […]

Basezeranye bambaye ubusa, ubukwe bwabo bucishwa kuri Televiziyo Live- REBA AMAFOTO

Jess Shears na Dom Lever basezeranye bambaye imyenda yo kogana (bikini) by’umwihariko ubukwe bwabo buca kuri leteviziyo imbonankubone (live). Bombi bari bambaye imyenda y’umweru ihisha ibice bimwe by’umubiri, basezeranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare, umunsi wahariwe abakundana.   Ubu bukwe bwacishijwe kuri televiziyo yo mu Bwongereza GMB (Live), ba nyiri […]

Jose Chameleone yongeye kwibasira Bebe cool

Nyuma y’igihe humvikana umwiryane hagati yabahanzi babiri bakomeye bakomoka mu ighugu cya Uganda Chameleone na Bebe Cool, ikiri kuvugwa  ubu n’uguterana amagambo hagati yabo, dore ko Chameleone yasaga nuwihimura kuri  Bebe cool amunenga ku kayabo yatakaje ku mashusho y’indirimbo ye “want it”. Ibi Dr Jose chameleone yabitangaje nyuma yaho umuhanzi Bebe Cool aherutse gushyira hanze […]

RURA na Yegomoto bavugutiye umuti ikibazo cy’akajagari kagaragara mu bamotari

Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro(RURA) cyahaye  Kompanyi ya Yegomoto icyemezo cyo gutangiza uburyo bushya bwiswe “Intelligent Connected Fare Meter”(ICFM).Ubu ni uburyo bwo kwishyura amafaranga y’urugendo rwa moto hifashishijwe ikoranabuhanga buje gufasha ndetse no kunoza byinshi mu bijyanye n’ingendo zikorwa hifashishijwe moto mu Rwanda. Impande zombi ziremeza ko ubu buryo buzaca akajagari kagaragaraga […]

RDC: Abana barenga ibihumbi 10 bakoreshwa mu mitwe y’inyeshyamba

Imiryango iharanira uburenganzira bw’abana muri Kivu y’Amajyepfo, ivuga ko imitwe y’inyeshyamba iri ku butaka bwa Congo, ikoresha abana b’abakobwa n’abahungu basaga ibihumbi 10. Murhabazi Namegabe, umuyobozi mukuru wa biro ishinzwe gukurikirana ibikorwa by’abana n’ubuzima bwabo muri Kivu y’amajyepfo, yagize ati ‘Imitwe y’inyeshyamba ikomeje kwinjiza mu gisirikare abana, abakobwa n’abahungu bo mu Ntara zose z’igihugu zirimo […]

Inzego z’umutekano zishinja Agathon Rwasa ububeshyi

Visi Perezida w’Inteko Nshingamategeko y’u Burundi, Agathon Rwasa, yavugaga ko hari abarwanashaka be bagera kuri 50 bafashwe n’inzego z’umutekano, bazira ibitekerezo byabo bijyanye na Politiki, ibi inzego z’umutekano zabiteye utwatsi. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye, yatangaje ko mu bafashwe bose, nta numwe wigeze ugaragaza ko ahagarariye ishyaka runaka. Ati “mu […]

Amarozi yavuzwe hagati ya Riderman na M Izzo yasize umubano wabo mukangaratete

Hashize imyaka 5 abahanzi bahoze ari inshuti magara aribo Riderman na M Izzo badacana uwaka, bwiza.com yifuje kumenya niba hari icyahindutse ku mubano wabo nyuma y’iyo myaka yose na nyuma y’ibibazo bombi bagiranye bikajyana n’amakuru yigeze gukwirakwira mu binyamakuru yavugaga ko Riderman yaba yarigeze kuroga M Izzo. Dusubiye inyuma gato ubusanzwe M Izzo yahoze ari […]

Ishuri ryo kubyina Jack B yijeje abanyarwanda ryahereye he?

Umuhanzi Rugamba Jack uzwi ku izina rya Jack B yiseguya kubakunzi be yijeje ishuri ryo ku byina mu myaka itatu ishize ariko ntiriboneke, kuri we ngo ubushobozi bwamubereye imbogamizi. Ubwo yatugezagaho indirimbo ye nshya yise “Ndabaruta”, twaboneyeho kumubaza ku makuru yigeze gutangaza muri 2015, aho yari yashimangiye ko uwo mwaka utazamusiga adashinze ishuri ryigisha ku […]

Nitwa Sylvester, nkaba nifuza umukunzi w'umukobwa n'ubwo yaba yarabyaye nta kibazo

Muraho, nitwa Sylvester, nkaba nifuza umukunzi. Mu byukuri ndi umusore ukuze ufite imyaka 38, nkaba nkora muri company ikora ibikorwa bijyanye n’ubwubatsi. Nkaba nifuza inshuti y’umukobwa, cg umukobwa wabyaye kuko nanjye mufite, akaba afite imyaka y’ubukure hagati ya 21 na 38, amashuri yaba yarize ayo ariyo yose ariko afite icyo akora, cyane cyane kijyanye n’umwuga. […]

Umuhanzikazi Lilian Mbabazi arikoma abavuga ko atwite

Mu gihe hari amakuru yavugaga ko Lilian Mbabazi atwite, bivugwa ko iyo nda ari iy’umugabo we, Mowzey Radio, uherutse kwitaba Imana, abandi bakavuga ko yayiterewe i Kigali, kuri ubu yanyomoje aya makuru, avuga ko adatwite. Lilian usanzwe afite abana babiri yabyaranye na Mowzey Radio, avuga ko abatangaza aya makuru yo gutwita kwe, ari abafite umugambi […]