Perezida Kagame arashima intambwe yatewe mu kugarura amahoro muri Ethiopie, Zimbabwe, Eritrea na Sudan
Perezida Kagame yakomoje ku mutekano wa bimwe mu bihugu bya Afurika ndetse anashima intembabwe bimaze gutera habungwabungwa amahoro n’umutekano muri byo. Perezida Kagame nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibi yabikomojeho kuri iki cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama ya 31 Isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bigize umuryango […]
Zari yasobanuye uburyo yashoye akayabo yubaka inzu ya Diamond
Umuherwe Zari Hassan yasobanuye uburyo yashoye za miliyoni afasha Umuhanzi Diamond Platnumz mu bwubatsi bw’inzu babanagamo muri Tanzania mbere y’uko batandukana. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na kimwe mu binyamakuru byo muri Tanzania, aho yavuze ko yashoraga ubwo butunzi bwe mu gihe yari yizeye ko azayibanamo na Diamond wari umugabo we, nyuma kubana biza kunanirana. Yagize […]
U Bubiligi bwemera ubutwari bwa Patrice Lumumba, wagambaniwe akicwa
Ubwo hizihizwaga imyaka 58 ishize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibonye ubwigenge, u Bubiligi bwashimangiye ubutwari bwaranze intwari Patrice Lumumba, wagaragaje ibitekerezo bye byiza, akagambanirwa nyuma akicwa azira guharanira amahoro n’ubwigenge. Mu muhango wo gushyiraho ku mugaragaro agace kitiriwe Patrice Emery Lumumba mu Bubiligi, wabaye ku wa 30 Kamena 2018, mu Bubiligi. Inshuti, abavandimwe, ubuyobozi […]
Abari n'abategarugori bagera kuri byinshi iyo bahawe uburenganzira bwabo bwose- Perezida Kagame
Perezida Kagame avuga ko ku mugabane wa Afurika hafashwe gahunda yo guteza imbere uburinganire, bityo ngo iyo abari n’abategarugori bahawe uburenganzira bwabo, bagera kuri byinshi, bikaba akarusho iyo bafatanyije n’abagabo babo. Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 30 Kamena 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye […]
Nyamasheke/ Gihombo : Abarokotse jenoside bishimiye ko ababo bishwe bakajugunywa mu Kivu bibutswe
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke bafite ababo bishwe bakarohwa mu Kivu bavuga ko bari bamaze imyaka 24 yose mu gahinda kenshi baterwa no kuba batarigera na rimwe babibukira kuri iki kiyaga, kuri iyi nshuro ya 24 mu Rwanda hibukwa Jenoside yakorewe abatutsi, ku bufatanye […]