Umuraperi Chris Brown yongeye gutabwa muri yombi

Umuraperi wo muri Amerika wamenyekanye cyane nka Chris Brown yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nyakanga 20018. Uyu muhanzi w’icyamamare yatawe muri yombi na polisi ubwo yasangaga yamutegeye mu gace yari yakoreyemo igitaramo ka West Palm Beach gaherereye mu mujyi wa  Florida. Kugeza ubu, impamvu y’itabwa muri yombi […]

Umukuru w’itorero ry’igihugu, Bamporiki Edouard arasaba abamwita Umutahira kubireka

Umukuru w’Itorero ry’Igihugu, Edouard Bamporiki, aravuga ko nta mutahira w’abantu ubaho ahubwo habaho uw’inka, akaboneraho gusaba abamwita umutahira kubireka. Bamporiki aragira ati” Ubusanzwe Abanyarwanda bagiraga umutwe w’inka, bakanagira umutwe w’ingabo.Ushinzwe umutwe w’ingabo akitwa Umutware w’ingabo, naho ushinzwe umutwe w’inka akaba ari we witwa Umutahira wazo.”  “Unyita Umutahira w’intore rero biba bivuze ko intore zose ari […]

Ngoma: Umusore w'imyaka 23 akurikiranyweho gusambanya nyirakuru

Umusore witwa Munezero Said Navuko wo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma mu Burasirazuba bw’u Rwanda, akurikiranyweho gusambanya ku ngufu nyirakuru w’imyaka 86, uyu mukecuru akaba avuga ko uyu mwuzukuru we basanzwe babana yamwihereranye akamurusha imbaraga akamusambanya ku gahato. Nkuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rurenge, Mapendo Gilbert, yabibwiye ikinyamakuru Ukwezi.com dukesha iyi nkuru, ngo […]

Minisitiri Busingye yibukije abapolisi basoje imyitozo ko batari hejuru y’itegeko

Kuri uy wa Gatanu tariki ya 6 Nyakanga 2018, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa ya Leta, Johnston Busingye yasoje  icyiciro cya 14 cy’amahugurwa y’abapolisi bato mu muhango wabereye ku ishuri rya Polisi rya Gishari. Muri uyu muhango, minisitiri Busingye yibukije abapolisi basoje amasomo ko na bo bagomba kurangwa n’ubunyamwuga mu kazi bakora ibigenwa n’itegeko ndetse yongeraho […]

Urutonde rw’abaperezida ba Afurika bishwe bakiri ku butegetsi- AMAFOTO

Bamwe mu bayobozi b’ibihugu bya Afurika bagiye bicirwa ku buyobozi, bigakorwa n’abaturage ubwabo ariko rimwe na rimwe amahanga abiri inyuma, n’ubu ugasanga imfu za bamwe zitarasobanuka. 10.Muhammad Anwar El-Sadat: Muhammad yapfuye mu 1981 afite imyaka 62 y’amavuko, yari Perezida wa Misiri, yahoze ari Visi Perezida, afata ubutegetsi asimbuye uwari Perezida, Gamel Abdel Nasser, yaje kwicwa […]

Misiri: Abantu 13 barimo n’uwari umujyanama wa Mohamed Morsi bakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rukuru rwa Minisiri rwakatiye igifungo cya burundu abantu 13 barimo na Abdullah Shehata wari umunyamabanga wa perezida Morsi ukurikiranyweho ibikorwa by’iterabwoba muri kiriya gihugu. AFP ivuga ko aba bagabo bashinjwa gutunga no gukwirakwiza intwaro mu barwanyo bo mu mitwe y’iterabwoba ubwo perezida morsi yari akiri ku butegetsi, kurema imitwe y’iterabwoba, kwigisha abantu gukoresha ibiturika […]

Umusore w’imyaka 25 yakatiwe igifungo azira gukunda umudepitekazi

Umusore w’imyaka 25 witwa Brian Isiko, wiga muri kaminuza ya YMCA muri campus ya Jinja agiye kumara imyaka 2 mu munyururu nyuma yo kwemerera urukiko ko yakunze depite Sylvia Rwabwogo uhagarariye Kabarole mu nteko ishinga amategeko ya Uganda, akajya amwoherereza ubutumwa bw’urukundo undi yafataga nko kumutesha umutwe. Uyu musore Isiko yemeye ibyaha birimo kujujubya umuntu […]

Rwamagana: Umugore uhorwa kutaba ‘Kavukire’ ahohoterwa ubuyobozi burebera

Umugore witwa Nyampinga Anisie utuye mu mudugudu wa Rutonde, akagari ka Bwiza, mu murenge wa Kigabiro, akarere ka Rwamagana, aratakamba asaba ubuyobozi kumurenganura kubera gutotezwa n’abaturanyi be bamuziza kutaba icyo yita ‘kavukire’.   Nyampinga Anisie akorera ubucuruzi bw’akabari  mu mudugudu wa Rutonde, abana n’abana be batatu yasigiwe n’umugabo we witabye Imana, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki […]

Uganda: Ari mu mazi abira azira amafoto y’ubwambure bwa Lillian Rukundo, umukobwa wa Gen. Muhwezi

Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi umusore w’imyaka 30 n’umwunganizi we mu mategeko ku birego by’uko bashyize ku karubanda amafoto y’ubwambure bw’umukobwa wa Gen Muhwezi Mugyenyi witwa Lillian Rukundo, umunyeshuri mu mwaka wa 3 mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho muri UCU University ahitwa Mukono. Umusore watawe muri yombi yitwa Ash-berg Katto utuye Ntinda mu […]

U Burundi buri gutsura umubano muri Kenya

Ku munsi w’Ejo kuwa kane tariki ya 5 Nyakanga 2018, leta y’u Burundi yohereje intumwa muri Kenya gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi ugamije kuzamura imikoranire n’inyungu z’Abaturage b’u Burundi. Mu ruzinduko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi akaba n’intumwa idasanzwe ya perezida Nkurunziza, Ezechiel Nibigira yagiriye muri kenya, yavuze ko u Burundi bushaka umutekano uhamye ndetse […]

Nyamagabe: Umugabo uba mu Bubiligi yakatiwe burundu y’umwihariko kubera uruhare rwe muri jenoside

Urukiko rw’Ibanze rwa Kaduha rwasomeye mu ruhame urubanza  Ubushinjacyaha bwaburanagamo n’ Umugabo  witwa  Ndasingwa Jovith wari wasubirishijemo imanza yakatiwe n’inkiko Gacaca zimuhamya kugira Uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, maze kuwa 29 Kamena rwemeza ko ahamwa n’ibyaha rumuhanisha igifungo cya burundu y’umwihariko. Ndasingwa Jovith ubu uba mu gihugu cy’Ububiligi, akomoka mu murenge wa Musange […]

Gisenyi: Yafatanywe udupfunyika 662 tw’urumogi yari yambariyeho plante

Polisi y’u Rwanda iraburira abishora mu biyobyabwenge; ni ukuvuga ababyinjiza mu gihugu, ababikwirakwiza babikura hamwe babijyana ahandi, ababicuruza n’ababikoresha ko n’iyo bakoresha amayeri ameze ate bazafatwa kubera ko iyazi; ikaba igira inama ababikora kubireka bagakora ibindi byemewe n’amategeko. Ubu butumwa Polisi ibutanze nyuma y’aho hirya no hino mu gihugu hakomeje gufatirwa abantu bafite ibiyobyabwenge by’amoko […]

Abantu 15 baguye mu mirwano yabaye hagati y'igisirikare cya Uganda n'icya Congo

Ku munsi w’ejo tariki ya 5 Nyakanga 2018, abasirikare 4 n’abasivile 3 bose bo muri Uganda baguye mu mirwano yahue kiriya gihugu n’abasirikare bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ku kiyaga cya Edouard. Umuyobozi w’akarere ka Beni muri Kivu ya Ruguru, Donat Kibwana avuga ko hari indi mirwano yahuje ibi bihugu mu gitondo cyo […]

Rusizi: Meya mushya yijeje kunoza imikoranire myiza n’itangazamakuru

Umuyobozi mushya w’akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem avuga ko agiye kuzahura imikoranire n’itangazamakuru itari yifashe neza nyuma y’aho uwari umuyobozi wako ucyuye igihe Harelimana FrĂ©dĂ©ric yigeze kumvikana mu mpera z’umwaka ushize abuza abaturage gukorana na ryo. Iki kibazo cy’imikoranire n’itangazamakuru muri aka karere cyavuzweho byinshi n’inzego zitandukanye ndetse n’abaturage bagasanga ibyo uyu muyobozi yari yavuze […]

Tumwe mu dutsiko tw’iterabwoba duhanze amaso u Rwanda – Amb. Frank Mugambage

U Rwanda rukomeje kuvuga ko itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda muri Uganda ridasobanutse, ariko rukemeza ko rwiyemeje kurushaho gukaza umubano hagati y’ibihugu byombi nk’uko bitangazwa na ambasaderi w’u Rwanda I Kampala, Maj. Gen. (Rtd) Frank Mugambage ugaya uburyo hadakorwa iperereza ku mitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda yoroherezwa mu rujya n’uruza muri iki gihugu. Ambasaderi […]