Nyamasheke: Abakozi b’umurenge bagenda ibilometero bine bagiye gucapisha raporo

Abaturage n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Mahembe uri mu karere ka Nyamasheke, Intara y’Iburengerazuba, bavuga ko babangamiwe cyane n’ikibazo cyo kuba uyu murenge udafite umuriro w’amashanyarazi. Umurenge wa Mahembe ni umwe muri 15 igize akarere ka Nyamasheke utuwe n’abaturage barenga ibihumbi 20 ibiro by’uyu murenge ntibigira umuriro w’amashanyarazi. Mu gukemura ibibazo by’abaturage n’ibindi byangombwa by’irangamimerere, Umukozi ushinzwe […]

Umujenerali mu gisirikare cya Amerika yakomerekeye muri Afghanistani

Umuryango wa OTAN watangaje ko umwe mu basilikali bawo yishwe muri Afghanistani. Abandi babili bakomeretse. Nk’uko itangazo ryawo ribivuga, amakuru ya mbere bafite ni uko aba “basilikali barashwe na mugenzi wabo wo mu ngabo z’Afuganistani.” Byabereye mu ntara ya Herat, mu burasirazuba bw’igihugu. Hagati aho, igisilikali cya Amerika cyatangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya […]

Wema Sepetu yatawe muri yombi

Amakuru ataremezwa neza arimo gucicikana mu gihugu cya Tanzaniya ni uko umukinnyi w’icyamamare mu gukina filimi muri Tanzaniya, Wema Sepetu n’umukunzi we mushya batawe muri yombi  muri weekend ishize bashinjwa gukorera uburiganya umugabo utatangajwe amazina. Amakuru afitwe n’igipolisi n’umuryango wa Wema Sepetu biravugwa ko ari bo bakomeje kwibikaho amakuru arambuye kuri iki gikorwa cy’uburiganya  bwo […]

Burundi: Umudepite ushinjwa gucura umugambi wo kwica Nkurunziza yagize icyo abivugaho

Mu gihe Hon Ndikumana Pierre Celestin ashinjwa n’inzego z’umutekano mu Burundi kuba umwe mu bategura umugambi wo kwivugana perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu, yavuze ko ari agakino yateguriwe ko kumuvana mu ruhando rwa politiki. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo inzego z’umutekano zerekanye abasore babatu, bivugwa ko aribo Hon  Ndikumana Pierre Celestin wo mu […]

Perezida wa FC Barcelona yateye utwatsi abibwira ko ishobora kwisubiza Neymar

Perezida w’ikipe ya FC Barcelona, Josep Maria Bartomeu avuga ko kugaruka kwa Neymar muri iyi kipe bitari mu mishanga bafite. Atangaje ibi mu gihe hari amakuru yari amaze iminsi avuga ko uyu musore wavuye muri iyi kipe umwaka ushize akerekeza muri Paris Saint Germain (PSG) ashobora kuyigarukamo, ku mafaranga arenga ayo yaguzwe. Kuri uyu wa […]

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Umubyeyi wa nyakwigendera Muhammad Kirumira wigeze kuyobora Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Buyende yakuye icyasha ku Gipolisi cya Uganda na Gen Kale kayihura avuga ko nta ruhare bagize mu iyicwa ry’umuhungu we. Hajji Kawooya Abubaker yatangaje ibi kuri iki Cyumweru mu giturage cya Mpambire mu Karere ka Mpigi ahari hateraniye amagana y’abantu bari bitabiriye […]

Gukorera hamwe nibyo byonyine bizafasha Afurika kugira ijwi ryumvikana- Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) avuga ko gukorera hamwe ariyo nzira nziza yafasha Afurika kugira ijwi mu ruhando mpuzamahanga. Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama ya mbere y’Inteko Nyafurika ya Gatanu, irimo kubera i Kigali kuva kuri uyu wa Mbere Tariki ya 22 Ukwakira 2018, nibwo Perezida […]

Jay-z yiswe inkende, Chris Brown azurirwa akaboze

Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, Kelvin Pena uzwi nka ‘brother nature’ yibasiye umuraperi Jay-Z avuga ko asa n’inkende, anibutsa abantu uburyo Chris Brown yakubise Rihanna. Uyu musore wamenyekanye cyane mu 2016 bitewe n’uburyo yegerana n’inyamaswa, mu mpera z’icyumweru yavanye ku karubanda urukuta rwe rwa twitter nyuma yaho abakunzi be bagaruye ibyo yajyaga yandikakuri twitter mu myaka […]

Gicumbi: Hari umuryango umaze imyaka 3 uba mu ishyamba

Mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi hari umuryango w’abantu batatu wibera mu ishyamba ku gasozi kuko nta bushobozi ufite bwo kwiyubakira inzu yo kubamo. Nyiranambajimana Marie Louise na Nyiranzabonimana Sandrine bavuga ko bamaze imyaka itatu babana mu ishyamba na nyina ubabyara Nakure Theresa kuri ubu bivugwako afite uburwayi bwo mu mutwe. Uyu muryango […]

Noble Marara wabaye mu barinda Perezida Kagame yirukanwe mu ishyaka yashinze

Inama y’abayobozi bakuru b’ishyaka RRM rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rikorera hanze y’igihugu kuri iki Cyumweru, itariki 21 Ukwakira 2018 yafashe icyemezo cyo gusezerera mu ishyaka abayoboke batatu ari bo; Noble Marara, Camille Nkurunziza na Andrew Kazigaba. Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n’iri shyaka Bwiza.com yabashije kubona, riravuga ko iki cyemezo cyo gusezerera aba banyamuryango bari […]

Burundi: Urubyiruko hafi ya rwose rwitabiriye imyigaragambyo mu 2015 rurwaye mu mutwe — Min. Ndikumana

“ Urubyiruko hafi ya rwose rwagize uruhare mu myigaragambyo yo mu 2015 rwabaye abarwayi bo mu mutwe ”, ibi ni ibyatangajwe na minisitiri w’ubuzima w’u Burundi, Dr Thaddeus Ndikumana. Minisitiri w’ubuzima w’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu ushize akaba yarahamagariye urubyiruko kwirinda kugwa mu mutego w’abarukoresha bita mu Kirundi ‘Bansesankuyoze’ avuga ko basunikira urubyiruko mu […]

Uganda: Yaciye igitsina cy’umugabo we amuziza kumuca inyuma

Igipolisi cya Uganda muri Mukono cyataye muri yombi umugore ukurikiranweho gukata igitsina cy’umugabo we akoresheje icyuma amuziza ko yamuciye inyuma. Rehema Kabayana w’imyaka 24, yabwiye igipolisi ko yategereje kugeza ubwo umugabo we, Anthony Sekawa w’imyaka 28, yafataga igitotsi yarangiza akamukata igitsina akoresheje icyuma gifite centimeter 10. Igipolisi kikavuga ko Sekawa yarwanyije ngo atabare ubuzima bwe […]

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Abantu 12 bishwe n’inyeshyamba mu ijoro ryo ku wa 20 Ukwakira 2018, i Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Raporo yashyizwe hanze na Burugumesitiri wa Komini Rwenzori ndetse na sosiyeti Sivile, igaragaza ko nyuma y’ubwo bwicanyi ikivunge cy’abantu bigaragambije mu mihanda bamagana ubwo bwicanyi bukomeje gukorerwa muri Beni. Nk’uko […]

Abayinga 70% by’abarangiza amashuri abanza mu Rwanda ntibazi gusoma

Imibare mishya ya raporo yitwa ‘World Development 2018’ yakozwe na Banki y’Isi igaragaza ko abasaga 70% by’abanyeshuri barangiza amashuri abanza mu Rwanda  baba batazi gusoma. Banki y’Isi ivuga ko ubushakashatsi yakoreye mu bihugu 10, bitandatu muri ibyo hari aho kimwe cya kabiri cyangwa se munsi yacyo cy’abanyeshuri usanga batabasha gusoma. Banki y’Isi ivuga ko kutamenya […]

Umugandekazi w’imyaka 40 yabyaye abana 44

Mariam Nabatanzi, ni umugore w’imyaka 40, ukomoka i Mukoono muri Uganda, yabyaye abana 44, akaba ari we mugore wa Mbere muri Afurika wabashije kwesa umuhigo wo kubyara abana banga uku. Mu gace akomokamo ka Kabimbiri, Mariam azwi ku izina rya ‘Nalongo Muzaala Bana’. Yabyaye inshuro esheshatu abyara abana babiri, abyara inshuro enye abyara batatu, inshuro […]

Rulindo: Babiri bajyaga biba amabuye y'agaciro batawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukwakira 2018 Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo yafashe abagabo babiri  bo mu murenge wa Murambi bacukuraga amabuye ya Gasegereti mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakangiza imirima n’amazu y’abaturage. Umuvugizi wa Police mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko Nsabimana Jean damascene w’imyaka  36 na […]