Imbogo 400 zatwawe n’amazi abaryi b’inyama barasakirwa

Imbogo amajana zahungaga intare zatwawe n’uruzi ku rubibi rugabanya Botswana na Namibiya, bituma abaturage babona inyama zo kurya z’ubuntu. Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi muri Botswana, ngo ubwo izo mbogo zahungaga intare, zagiye zigwa mu mugezi ukazitwara, abaturage bakazirohora zimwe zapfuye bahita bazibaga. Abaturage baganiriye na BBC, batangaje ko izi mbogo zananiwe koga ngo zigere ku yindi […]

Gen. Mubarak arasaba abakobwa gutera ikirenge mu cy’abo bari kumwe ku rugamba

Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, Gen. Maj. Mubarak Muganga, yahaye impanuro abanyeshuri b’abakobwa mu Karere ka Rwamagana, abashishikariza gutera ikirenge mu cy’intwari z’abakobwa babayeho mu Rwanda. Mu bukangurambaga bwaberega mu rwunge rw’amashuli rwitiriwe Mutagatifu Aloyizi rw’i Rwamagana, kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2018, bugamije gukangurira abana b’abakobwa kwigirira icyizere, Gen. […]

Umunyarwanda Buravan yatsindiye igihembo gitangwa na RFI

Burabyo Yvan uzwi ku izina rya Buravan wahataniraga igihembo gitangwa na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa ‘Prix Decouverte RFI 2018’ gihabwa abahanzi b’abahanga bo ku mugabane wa Afurika n’ahandi, abaye umunyarwanda wa mbere ucyegukanye. ‘Prix Decouverte’ ni igihembo Buravan yatsindiye kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Ugushyingo 2018, akaba ari we muhanzi wa mbere ubashije kucyegukana […]

Tanzaniya:  Abatinganyi 10 batawe muri yombi

Igipolisi cyo mu gihugu cya Tanzaniya gitangaza ko cyataye muri yombi abagabo 10 bo mu birwa bya Zanzibar  bakekwaho kubana bahuje ibitsina bizwi nk’ubutinganyi. Umuyobozi wa Plisi mu gace k’amajyepfo ka Unguja, Suleiman Hassan yemeje iby’aya makuru anatangaza ko kugeza ubu iki kibazo kigiye gukurikiranwa mu mategeko. Aba bagabo 10 batawe muri yombi nyuma yaho […]

Jose Mourinho avuga ko yatutswe n’abafana ba Juventus

Umutoza w’ikipe ya Manchester United, Jose Mourinho atangaza ko yatutswe ubwo umukino wari urangiye wahuzaga iyi kipe atoza na Juventus yo mu Butaliyani. Ni umukino wabaye ku wa Gatatu tariki ya 7 Ugushyingo 2018, ubera ku kibuga cy’ikipe ya Juventus. Ubwo umukino wari urangiye Mourinho yagaragaye afashe ku gutwi nk’ugambiriye kumva ibyo abafana ba Juventus […]

California: Abantu 12 biciwe mu kabari abandi barakomereka

Abantu 12 barimo umupolisi bishwe barashwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu i California mu kabari kitwa Borderline Bar & Grill, aho bivugwa ko umuntu witwaje imbunda yinjiye ku ngufu agatangira kurasa nk’uko Sheriff Geoff Dean yabitangarije itangazamakuru. Uwarashe nawe yasanzwe aha hantu yapfuye mu gihe abandi bantu basaga 12 bakomeretse. Uyu mupolisi wiciwe […]

Abasore bambara poketi n’abakobwa bagaragaza ibice by’ibanga basabiwe gukubitwa

Umuyobozi w’Akarere ka Makete mu ntara ya Njombe ho muri Tanzaniya, Kessy  Veronika yasabye ko  abasore bakenyerera ipantaro munsi y’ikibuno n’abakobwa bambara imyenda igaragaza bimwe mu bice by’ibanga bazajya bakubitirwa ku karubanda. Uyu muyobozi yabwiye abaturage ko bakwiriye kwambara imyenda ibabereye nk’uko sosiyete ibigena. Avuga ku myambarire y’abasore n’inkumi, Veronika yavuze ko abahungu n’abakobwa bambaye […]

Ali Kiba yanze kwitabira igitaramo Diamond yamutumiyemo

Umuhanzi Ali Kiba yatangarije mugenzi we Diamond badakunze gucana uwaka ko atazitabira ibitaramo yari yaramutumiyemo bitewe n’izindi gahunda yavuze ko azaba afite. Diamond ni umuyobozi mukuru w’inzu itunganya umuziki ya Wasafi record, akaba yari yatumiye Ali Kiba mu bitaramo serukiramuco (Wasafi Festival) bateguye, bikazabera muri Kenya mu mpera z’Ukuboza 2018. Abicishije ku mbuga nkoranyambaga, Kiba […]

Uganda: Abaturage bibasiye minisitiri baramutuka benda no kumukubita

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ikoranabuhanga n’itumanaho muri Uganda, akaba ari n’umudepite uhagarariye Akarere ka Kayunga mu nteko , kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo yibasiwe n’abaturage bariye karungu baramutuka baramwandagaza habura gato ngo banamukubite. Madamu Idah Nantaba (uri ku ifoto) unahagarariye Kayunga mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, bivugwa ko yari mu rukiko […]

Ruhago: Urutonde rw’amakipe 10 akize kurusha ayandi ku Isi

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, iyoboye urutonde rw’amakipe akize kurusha ayandi ku Isi muri ruhago mu mwaka wa 2018, ni urutonde rushyizwe hanze ku nshuro ya 14 n’ikinyamakuru Forbes kizwiho gukora intonde. 1.Man.Utd : Iyi kipe yo mu Bwongereza imaze imyaka 140 ishinzwe, amazina yayo yose ni ‘Manchester United Football Club’ ikaba izwi […]

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Hari amakuru avuga ko mu gihugu cya Suwede (Sweden) haherutse kubera inama y’Abarwanya Leta y’U Rwanda aho bigaga ku buryo bahundura umuvuno w’ibikorwa byabo bya buri munsi. Aya makuru  avuga ko iyi nama yabereye mu biro bya ambasade ya Uganda muri Suwede kandi ikitabirwa n’abatavuga rumwe n’U Rwanda barimo Rugema Kayumba akenshi abinyujije ku rukuta […]

RDC: Ese koko Katumbi na Dr Mukwege baba baherutse kurwanira I Buruseli?

Fondation Panzi ya Dr Denis Mukwege uherutse kwegukana igihembo cya Nobel cy’Amahoro, irahakana amakuru ivuga ko ari impuha aherutse gutangazwa avuga ko umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, Moise Katumbi, yarwaniye na Dr Mukwege I Buruseli mu Bubiligi. Ni inkuru yakwirakwijwe kuwa Kabiri ushize, itariki 06 Ugushyingo 2018 yemezaga ko impuguke mu kuvura indwara z’abagore […]

Rwaza: Barasabwa kurandura burundu amakimbirane akigaragara mu miryango

Ibi abaturage b’Umurenge wa Rwaza babisabwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, ku gicamunsi cyo kuwa kabiri, itariki ya 6 Ugushyingo 2018, ubwo yabasuraga akanifatanya na bo mu Nteko y’Abaturage. Mu ijambo rye, nyuma yo kugeza kuri abo baturage intashyo ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubashimira urukundo bamugaragarije bamusaba ko […]

Inkongi y’umuriro yahitanye Umubyeyi n’abana be batatu barimo uruhinja

Agahinda katashye abaturage bo mu giturage cya Nabutiti muri Makindye y’Uburasirazuba muri Kampala mu gihugu cya Uganda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo, nyuma y’aho umugore n’abana be batatu barimo uruhinja rw’amezi 8 bapfiriye rimwe bazize inkongi y’umuriro yibasiye inzu yabo baryamye mu masaha ya nijoro. Igipolisi cya Kampala kivuga ko […]

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Igisirikare cy’u Burundi kirimo kwigarurira ibirindiro by’umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza biherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe iki gisirikare cya leta cyari giherutse guhakana ko cyinjiye muri Congo. Amakuru mashya ahari avuga ko imirwano yabereye kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 Ugushyingo mu gace cya Kigoma, gaherereye muri Teritwari ya Uvira, muri […]

Umuntu ntakwiye kuzira kuvuga ibibazo biri mu gihugu- Ingabire Victoire

Umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritemewe n’amategeko mu Rwanda, yatangaje ko bidakwiriye ko umuntu azira kuba yavuze ibitagenda neza mu gihugu. Uyu munyapolitiki yabitangaje kuri uyu wa Gatatu kuwa 10 Ugushyingo 2018 ubwo yatangaga ibitekerezo bye ku gihano ubushinjacyaha bwasabiye Diane Rwigara,umunyapolitiki mugenzi we. Yagize ati”  Ntabwo mbona ko umuntu yazira kuba ari […]

Kirehe: Babiri bari batwaye urumogi mu majerekani bafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe ku bufatanye n’abaturage yafashe abantu babiri bari batwaye urumogi mu majerekani nk’amayeri kugira ngo abababona bagire ngo batwaye inzoga. Abafashwe ni Mugishawimana Pacific w’imyaka 29 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Nyamugali akagari ka Nyamugali afite ijerekani ya litiro 20 y’urumogi na Ndayisenga uzwi ku izina rya Hungu […]