Haribazwa impamvu  Selena Gomez arebana ay’ingwe na Demi Lovato

Abantu bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro bakomeje kwibaza impamvu umubano hagati y’umuhanzi Selena Gomez na  Demi Lovato ukomeje kuzamba kandi bombi  ari nshuti kuva mu bwana bwa bo. Mu minsi ishize, Selena Gomez yahagaritse  gukurikira (unfollow)  Demi Lovato kuri Instagram. Kuri uyu wa 16 Ugshyingo, Demi Lovato na we yahisemo kuhagarika gukurikira Selena Gomez. Umwe mu bakurikiranira […]

Umwami mu kotsa inyama  yahuruje Pogba na Mess i Dubai

Umugabo benshi bazi nk’umwami  mu kotsa inyama yatumye abakinnyi ba ruhago Lionel Messi wa Barelona na Pogba wa Manchester United bahurira mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Uyu mugabo witwa Nusret Gà¶kà§e ndetse hari n’abamwita ‘Salt Bae’ ugenekereje mu Kinyarwanda bivuga  ‘umukunzi w’umunyu’ Messi na Pogba bamusabye ko yabategurira ibyo kurya ndetse […]

Tugiye gushyiraho uburyo bushoboka bwose kugirango umukandida wacu azatsinde – Katumbi

“ Tugiye gukomeza, tugiye gushyiraho uburyo bushoboka bwose kugirango umukandida wacu azabashe gutsinda ”, ibi ni ibyatangajwe n’umunyapolitiki, Moise Katumbi mu izina rya bagenzi be batavuga rumwe n’ubutegetsi bashyigikiye umukandida Martin Fayulu bahisemo ngo azabahagararire mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Moise Katumbi kimwe na Adolphe Muzito, […]

Perezida Kagame yihanganishije  Tanzaniya na Malawi

 Perezida w’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU)  yihanganishije Tanzaniya na Malawi ku bwo kubura abasirikare bayo mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo . Perezida Kagame ubwo yari mu nama ya kabiri idasanzwe  ya AU Addis Abbeba muri Ethiopia  yihanganishije imiryango yaburiye abayo mu mirwano yasankiranyije inyeshyamba za ADF […]

Kamonyi: Hakomeje gutoragurwa imirambo hatazwi aho iva

Bamwe mu baturage mu batuye Akarere ka Kamonyi baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’imirambo itoragurwa muri bimwe mu bice by’Akarere kuko batazi iyo ituruka, bakifuza ko ubuyobozi bwabaha amakuru arambuye kuri icyo kibazo, cyane ko iyo barebye basanga ari ihajugunywa batazi iyo iturutse, kuko usanga atari Abanyakamonyi. Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko iki kibazo bakizi […]

Burundi: Mu ruzi hatowe umurambo w’Imbonerakure bikekwa ko yishwe na mugenzi wayo

Umwe mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi witwa Boniface Nizigiyimana kuri uyu wa Gatatu ushize, yasanzwe mu ruzi rwa Maragarazi ruri mu burasirazuba bw’igihugu ku mupaka w’u Burundi na Tanzania yishwe. Amakuru aturuka aha aravuga ko Nizigiyimana aheruka kugaragara ari kuri moto yari itwawe n’uwitwa Eric Ndayizeye nawe w’Imbonerakure ku Cyumweru gishize. […]

Minisitiri Ecweru yageraranyije u Rwanda n’igikombe cy’igikoma mu gusobanura ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda

Uwahoze ari Minisitiri ufite Ibiza n’impunzi mu nshingano ze, Musa Francis Ecweru atangaza ko impunzi z’Abanyarwanda zidakwiye gutinya gutaha kuko hari amahoro ariko akavuga ko u Rwanda rwaba rumeze nk’bindi bihugu byinshi byo muri Afurika bimeze nk’igikombe cy’igikoma aho hejuru kiba gihoze ariko kigashyuha uko umuntu agana hasi. Ibi uyu umunyapoliriki yabitangarije mu nama n’abagize […]

Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Igisirikare cya Uganda kiravuga ko kigiye gukomeza kuryamira amajanja gikomeza n’ubwirinzi bwacyo ari nako gitekereza kugaba ibitero nyuma yibibazo by’umutekano bikomeje guterwa n’umutwe wa ADF ukomeje kugaragaza ingufu hataramenyekana aho izivana nk’uko byatangajwe n’abayobozi batandukanye ba gisirikare ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu. Ibi bije nyuma y’aho izi nyeshyamba za ADF zigabiweho igitero n’ingabo […]

USA: CNN yatsinze Perezida Trump igitego cy’umutwe

Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetswe n’urukiko gusubiza umunyamakuru wa televiziyo CNN, Jim Acosta, impapuro ze zimwemerera gukora akazi ke nta nkomyi. Acosta yari yambuwe uburenganzira bwo kwinjira muri perezidansi nyuma y’uko abajije ibibazo Perezida Donald Trump, mu kiganiro kigenewe abanyamakuru. Umucamanza w’urukiko rwa Amerika mu mujyi wa Washington DC, Timothy Kelly, kuri […]

Gasabo: Yafatanywe ibihumbi by’Amayero n’Amadorali y’amiganano

Ku uru wa kane tariki 15 Ugushyingo nibwo  Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo mu murenge wa Rusororo yafashe umugabo  witwa Mukeshimana Anastase bakunze kwita Ibrahim, uyu akaba yarafatanywe amayero agera ku 3,450 n’amadorali 3,000. Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi yavuze ko uwafashwe yari kumwe […]