Abatuye Bannyahe barashaka gusubizwa ubutaka bwabo no guhabwa indishyi
Abaturage batuye mu Midugudu ya Kibiraro na Kangondo mu Karere ka Gasabo barasaba Leta kubafasha bagasubirana ubutaka bwabo kuko gahunda yo kubimura yananiranye. Aba kandi bisunze amategeko barasaba indishyi ya 5% by’imitungo yabaruwe ariko ntiyishyurwe mu gihe kivugwa mu itegeko rijyanye no kwimura abantu ku nyungu rusange. Mu 2018 nibwo Akarere ka Gasabo katangiye kutumvikana […]
Félix Tshisekedi ni igikoresho cya Kabila- Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w'Intebe
Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo kuva mu 2008 kugeza mu 2012 yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yahinduye intego yari afite ataragera ku butegetsi, ku buryo yabaye igikoresho cya Joseph Kabila. Mu magambo Muzito yakoresheje, yagize ati: ” Tshisekedi asigaye avuga ururimi rwa Kabila ku buryo yabaye igipupe (igikoresho) cy’ingoma […]
Bishoboka bite ko umwana atabasha kwandika interuro nto nka ‘Good morning’?-REB
Abayobozi bo mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi mu Rwanda (REB) bumiwe ubwo basuraga amwe mu mashuri yo mu Karere ka Gicumbi, bitewe n’ubumenyi hafi ya ntabwo bwa bamwe mu banyeshuri. Bayobowe n’Umuyobozi Mukuru w’iki kigo, Dr Irene Ndayambaje mu ruzinduko rutunguranye kuwa 23 Nzeri muri aka karere ka Gicumbi, abayobozi ba REB bavuze ko ibyo babonye […]
Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n'ijambo rya Perezida kagame
Uhagarariye Ethiopia mu Muryango w’Abibumbye (LONI), Taye Atske Selassie avuga ko yatunguwe n’ijambo ryavuzwe na Perezida Paul Kagame bitewe n’indeshyo yaryo n’ibyari biri kubiyemo. Perezida Kagame yitabiriye inama ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye, yitabiwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma. Amb. Taye Selassie uri muri iyi nama  wasaga nk’aho yatangaye yavuze ko Perezida Kagame  yavuze ijambo ry’igihe […]
Urutonde rw’ibihugu bifite abaturage baryoherwa n’imibonano mpuzabitsina kurusha abandi ku Isi
Hari abatekereza ko imibonano mpuzabitsina ikorwa mu buryo bumwe cyangwa se abantu ibanyura kimwe, oya, biterwa n’abayikora cyangwa se ubumenyi bafite burebana nayo. Nyuma y’ubushakashatsi bwakoze, dore ibihugu 10 bifite abaturage baryoherwa n’imibonano mpuzabitsina kurusha abandi ku Isi. Source, canalvie.com. 1.Ubusuwisi : Muri iki gihugu, uburaya buremewe, abakora uburaya baba bafite aho bakorera hazwi, mu […]
Perezida Trump mu mazi abira
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump agiye gukorwaho iperereza ryimbitse ku byo ashinjwa byo gusaba mugenzi wa Ukraine guhangana n’uwo ariwe wese umurwanya. Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya USA, Nancy Pelosi, avuga ko Perezida Trump ategerejwe kwiregura ku byo ashinjwa. Ku ruhande rwa Trump akabihakana avuga ko ari ukubeshyerwa. Perezida Trump ashinjwa kugirana […]
Lion Manzi ntiyakiriye uburyo abarimu baciye imirongo mu musatsi w'umwana we
Umushyushyarugamba akaba n’umunyamakuru, Rene Maurice Habamenshi uzwi nka MC Lion Manzi ntiyishimiye uburyo abarimu baciye imirongo mu musatsi w’umwana we. Yavuze ko umwana we yageze mu rugo arira. ” Umwana wange yageze mu rugo arira kubera ko bamuciye imirongo ibiri iteye isoni mu musatsi kandi ibintu nk’ibi bibaye ku bana bange mu bigo bitandukanye.” Manzi. […]
Yishe Se agira ngo ni ingurube
Umugabo wo mu gihugu cy’Ubutaliyani yishe arashe Se witwa Martino Gaudioso ku bwo kumwikangamo ingurube yo mu ishyamba ubwo bari mu gikorwa cyo guhiga. Uyu mugabo w’imyaka 34 utaratangajwe amazina ku Cyumweru tariki 22 yishe umubyeyi we w’imyaka 55 bari bajyanye guhiga ingurube mu ishyamba ryegereye Umjyi wa  Postiglione uri mu majyepfo y’uwa Roma. Uyu […]
Burundi: Imbonerakure zakubise bunyamaswa umuturage bimuviramo gupfa
Umuyoboke w’ishyaka CNL muri Komini Gihogazi, Intara ya Karusi yapfuye ku wa Mbere tariki ya 23 Nzeri 2019, nyuma y’inkoni yakubiswe n’urubyiruko rw’Imbonerakure, rubarizwa mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD. Abaturage bo muri aka gace basaba ko ubutabera bwahagurukira izi Mbonerakure zidahwema kuburabuzanya n’abayoboke b’ishyaka CNL rirwanya Leta y’u Burundi, by’umwihariko rikaba irya Agathon Rwasa. […]
Ndi mwiza pe ariko nabuze umugabo, abangeraho bose ni babandi bo mu mashuka- Nkore iki?
Mbifurije amahoro nshuti zanjye, ndabishimiye cyane ku bw’ibitekerezo byanyu byiza kandi bitwukaba umunsi ku wundi. Nitwa Cynthia, mba Kacyiru, imyaka yanjye ni 29 y’amavuko. Ndifuza inama, ariko nyuma nkazabaha na nimero yanjye ndetse na Email mukanyandikira, kuko nkeneye umukunzi ariko mbere nkabanza kugisha inama kuko ntabwo nzi ikibazo naba mfite. Ndi umukobwa uteye neza, narize, […]
Mu byumweru bibiri u Rwanda ruritegura kwakira impunzi n'abimukira bari muri Libya- Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari mu nama i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko mu minsi mike iri imbere u Rwanda ruzakira impunzi n’abimukira bari mu nkambi muri Libya. Yabitangaje mu nama yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2019, ya 74 y’umuryango w’Abibumbye, yitabiwe n’abakuru b’ibihugu na […]
Nyamata: Bigurira imiti muri farumasi kandi baratanze Mituweli
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera barataka kutahabona imiti bagasabwa kujya kuyigurira, baravuga ko mituelle bishyuye ntacyo ibamariye ngo kuko barimo kwiyishyurira imiti ijana ku ijana. Twahirwa Vincent ni Umuturage uvuga ko yajyanye umugore we ku bitaro bya Nyamata, bifatwa nk’iby’Akarere ka Bugesera biherereye mu mujyi wa Nyamata agiye […]
Perezida Museveni yahishuye uko yavuganye n’Imana
Perezida Yoweli Museveni wa Uganda yashyize ahagaragara uko Imana yamusabye kubabarira abari abarwanashyaka ba UPC ya Milton Obote benshi bemezaga ko nta mbabazi bakwiriye bitewe n’uko bahanganye bikomeye na NRM ye n’igisirikare cyayo (NRA). Museveni avuga ko Imana yamusabye kubabarira uwari Minisitiri w’Umutekano muri Leta ya Obote, Chris Rwakasisi ndetse na Brig. Ali Fadhul wayoboraga […]
 Ni abantu batojwe gutera ibyuma- Ingabire Victoire avuga ku bishe Dusabumuremyi
Umuyobozi w’Ishyaka ritaremerwa mu Rwanda (FDU-Inkingi), Ingabire Umuhoza Victoire avuga ko umuhuzabikorwa w’iri shyaka, Sylidio Dusabumuremyi uherutse kwicwa bigaragara ko batojwe kwicisha ibyuma. Sylidio Dusabumuremyi yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa 23 Nzeri 2019 ubwo yari muri kantine (cantine) y’ibitaro bya Shyogwe mu Karere ka Muhanga. Ingabire Victoire avuga ko abakoze ubu […]