Abantu 166 banduye Covid-19, hapfa umwe, nta wakize

vid.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abantu 166 banduye icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, bakaba babonetse mu bipimo 1937 byafashwe. Abanduye barimo 108 babonetse muri Kigali, 18 babonetse mu Karere ka Huye, 9 babonetse mu Karere ka Kirehe, 7 babonetse mu Karere ka Rwamagana, 7 babonetse muri Nyagatare, 6 babonetse muri […]

Malawi: Ba Minisitiri babiri bishwe na Covid-19 mu munsi umwe

Guverinoma ya Malawi kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, yatangaje inkuru y’urupfu rwa ba Minisitiri babiri, bishwe n’icyorezo cya Covid-19 mu gitondo. Aba ni Minisitiri w’Ubwikorezi, Sidik Mia na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Lingson Berekanyana. Byatumye Perezida w’iki gihugu, Lazarus Chakwera ashyiraho iminsi itatu y’ikiruhuko cyo kunamira ba nyakwigendera, cyatangiye kuri uyu wa 12 kikaba kizarangira […]

Minisitiri Munyangaju yasabye Amavubi gutungurana agatwara CHAN 2021

img_20210112_181234.jpg

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yasuye ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yitegura kwitabira CHAN ya 2021 iteganyijwe kubera muri Caméroun, asaba abakinnyi gutungurana bagatahukana intsinzi. Minisitiri Munyangaju yasuye Amavubi kuri Hoteli La Parisse i Nyamata aho amaze igihe mu mwiherero, aherekejwe n’abarimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Maboko Shema Didier cyo kimwe na Mutabazi Richard […]

Polisi ishinja Bobi Wine umugambi wo kwishimutisha

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga kuri uyu wa 12 Mutarama 2021 yatangaje ko uru rwego rufite aya makuru yizewe, yemeza ko umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) afite umugambi wo kwishimutisha. Enanga yavuze ko nyuma y’amatora ateganyijwe tariki ya 14 Mutarama 2021, Bobi Wine ari gutegura kuzajya kwihisha kuri imwe muri Ambasade, ati: “Hanyuma […]

Uburanga bwa Lydia Tafesse, umugore wa mbere ugiye gusifura irushanwa rya CAF mu bagabo (Amafoto)

d8sakktxyaex2nl.jpg

Umunya-Ethiopiakazi Lydia Tafesse, yatoranyijwe mu basifuzi 47 bazasifura Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN), aba umugore wa mbere ugiye kuyobora umukino w’irushanwa ry’abagabo ritegurwa na CAF. CHAN ya 2021 iteganyijwe kubera muri Caméroun hagati y’itariki ya 16 Mutarama n’iya 7 Gashyantare, Amavubi y’u Rwanda akaba ari mu makipe y’ibihugu azitabira ririya rushanwa. […]

Igisubizo cya REB ku bakandida barimo uwahawe imyanya ine

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe abarimu mu kigo cy’igihugu gishizwe guteza imbere uburezi (REB), Nsengiyumva Jean Damascene, kuri uyu wa 12 Mutarama 2021 yasobanuye impamvu hari abakandida basabye akazi ko kwigisha, bahawe imyanya irenze umwe, barimo n’uwahawe ine. Ni nyuma y’aho iki kigo gishyize ahagaragara urutonde rw’uko abakandida basabye akazi mu mashuri yisumbuye, boherejwe mu bigo bitandukanye. […]

Umudepite yatsimbaraye, avuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC

Mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakomeje gushimangira ko ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwabo, mu gihe u Rwanda ndetse n’abayobozi b’igisirikare cya Congo bakomeje kunyomoza aya makuru. Umudepite wo muri Masisi witwa Romain Kahurwa mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Mutarama 2021, we yemeje ko hari umugambi w’ingabo […]

Hahishuwe umugambi mugari wo kwigaragambya muri Uganda hose

Umwe mu bahuzabikorwa bo muri National Unity Platform (NUP) ya Bobi Wine, Abdul Kabenge yahishuye ko hari umugambi wo gukora imyigaragambyo muri Uganda hose nyuma y’amatora. Uyu uvuga ko ahagarariye abamotari muri NUP, avuga ko hari umugambi w’abamotari wo kuzigaragambya mu gihe na nyuma y’amatora muri Uganda kugira ngo igihugu cyadukemo akaduruvayo. Chimpreports ivuga ko […]

Nyaruguru: Umugabo yiyahuye nyuma y’ibyumweru bibiri arongoye

Ndayambaje Jean Claude w’imyaka 27 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Mpanda, Akagari ka Mpanda, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira uwa 11 Mutarama 2021 yapfuye yiyahuye, nyuma y’ibyumweru bibiri arongoye (ateruye). Nk’uko umugore wa Ndayambaje, Uwambajimana Maria abivuga, mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira uwa […]

Tigana yavuze uko yarwaniye imbunda n’Interahamwe zashakaga kumuhitana

Uwakinnye mu makipe atandukanye mu Rwanda nka Mukura vs na Rayon Sports, Gasangwa Celestin uzwi ku izina rya Tigana yagarutse ku buryo yahanganye n’Interahamwe zashakaga kumurasa ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Interahamwe rwari urubyiruko rw’ishyaka ryari ku butegetsi bwa MRND ya Habyarimana Juvenal. Harimo bamwe bahawe intwaro n’imyitozo zakoreshejwe muri jenoside. Mu kiganiro […]

Uganda: Ibimodoka by’intambara byagaragaye byerekeza ahantu hataramenyekana

Ibimodoka by’intambara iryaguye kuri uyu wa Kabiri byagaragaye ku muhanda wa Jinja-Kampala byerekeza ahantu hataramenyekana nk’uko bigaragara kuri twitter z’ibinyamakuru byo muri Uganda nka Daily Monitor. Ibi biraba mu gihe kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021 muri iki gihugu hiteguwe amatora y’umukuru w’igihugu agiye kuba mu mwuka utari mwiza bitewe n’ibikorwa bimaze iminsi […]

Rwamagana: Un homme tué et sa mère gravement blessée dans les querelles familiales

Le Bureau d’enquête du Rwanda (RIB) enquête sur un incident au cours duquel un homme a été tué et sa mère gravement blessée lors d’une attaque nocturne contre une famille dans le district de Rwamagana. L’attaque a eu lieu le lundi 11 janvier dans le village Umurinzi, secteur Munyiginya. Comment l’attaque s’est produite Richard Niyomwungeri, […]

Meddy mu bari mu rukundo n’indirimbo nshya ‘This is love’ ya The Ben_videwo

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi mu muziki Nyarwanda nka Meddy, yagaragaje ko ari mu bakunze cyane indirimbo nshya ‘This is love’ mukeba we Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben aheruka gushyira ahagaragara. Kuvuga ko Meddy na The Ben ari abakeba ntibisobanuye ko hari urwango ruri hagati y’aba basore bombi (dore ko basanzwe ari incuti magara), […]

Zaruba ya Ituri: Ingabo za RDC zishe inyeshyamba 516

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Gen. Maj. Richard Kasonga yatangaje ko bamaze kwica abarwanyi 516 b’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Ituri. Aba barwanyi biciwe muri operasiyo y’ingabo za RDC igamije guhashya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Ituri, yahawe izina rya ‘Zaruba ya Ituri’. Ingabo za RDC zatangije Operasiyo Zaruba […]

Ruhango: Hari abari gukura abana mu ishuri kubera imyemerere

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bweramana, mu Karere ka Ruhango, ho mu Ntara y’Amajyepfo banga kubahiriza gahunda za leta ku buryo bakuye n’abana babo mu mashuri kugirango batambikwa udupfukamunwa cyangwa ngo bahatirwe kubahiriza andi mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bavuga babiterwa n’ubuhanuzi bagiye babona mu bihe bitandukanye. Bamwe mu bakurikiza iyi myemerere bavuga ko […]

WhatsApp mu nzira yo gutakaza umubare munini w’abayikoresha

Nyuma y’aho tariki ya 6 Mutarama 2021, ikigo cya WhatsApp Inc gifite mu nshingano urubuga rwa WhatsApp gifashe umwanzuro wo gutangira kujya gisangiza ibigo bikorana na Facebook (ikigo gikuru) amwe mu makuru y’abarukoresha, bamwe batangiye kuruvaho ku bwinshi. Abakoresha WhatsApp babarirwa muri miliyari 2, batangiye kubona imenyesha (notification) rivuga ko guhera tariki ya 8 Gashyantare […]

Centrafrica: Ingabo z’u Burundi zimaze iminsi zibasiwe n’ibitero by’inyeshyamba

bb1cetsh.jpg

Ibindi bitero bibiri by’inyeshyamba muri weekend muri Centrafrica ku mijyi iri kure y’umurwa mukuru, Bangui, byongeye gusubizwa inyuma nyuma y’imirwano ikaze yahawe inyeshyamba zikomeje kugerageza guhungabanya umutekano nyuma y’amatora yo mu Ukuboza. Nyuma y’igitero ku mujyi wa Bouar, undi mujyi witwa Grimari, uherereye mu birometero 297 mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Bangui , nawo ku Cyumweru […]

Gen. Muhanga na Gen. Loketch si abo guhangana n’abo mu Ndeeba batwika amapine gusa

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ Ingabo (CIC/UPDF) aherutse gukora impinduka mu gisirikare, byitezwe ko ari izigamije guhangana n’abashobora guteza akaduruvayo haba mu matora cyangwa nyuma yayo. Izi mpinduka zirimo gufata abasirikare bakagirwa abapolisi no gutanga inshigano nshya kuri bamwe. Uretse abapolisi basaga 200 baherutse guhindurirwa imyanya, hari impinduka ebyiri nini […]

Umuvandimwe w’umunyamakuru Kamanzi yishwe atemwe, umubyeyi we arakomeretswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi uwitwa Semana Emmanuel wo mu karere ka Rwamagana, ukurikiranweho icyaha cyo gukomeretsa bikomeye Rumanzi Egide bikamuviramo urupfu. RIB iravuga ko Semana wanakomerekeje umubyeyi wa Nyakwigendera witwa Mukakalisa Annonciata afungiye kuri Sitasiyo ya Kigabiro, mu gihe hagikomeje iperereza. Nyakwigendera Rumanzi Egide ni umuvandimwe wa Kamanzi Venuste wahoze ari umunyamakuru […]

Burundi: Inzara iravuza ubuhuha mu Ntara ya Kirundo

Mu Ntara ya Kirundo iherereye mu majyaruguru y’u Burundi haravugwa inzara ikomeje kwibasira amakomi atatu yo muri iyi ntara ari yo, Kirundo, Bugabira na Busoni, aho bivugwa ko iyi nzara yatewe n’izuba ry’igikatu ryavuye mu minsi ishize rikangiza imyaka yari mu mirima, ndetse abaturage bakaba batangiye guhungira mu zindi komini byegeranye nka Ruyigi, gushaka imibereho. […]

Uganda: Igisirikare cyateye kwa Bobi Wine, gita muri yombi abarinzi bose b’urugo rwe

Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine uri mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, yatangaje ko abasirikare ba kiriya gihigu bateye iwe mu rugo muri iki gitondo, bata muri yombi abaharinda bose. Bobi Wine yatangaje ko abarinda iwe batawe muri yombi n’abasirikare, mu gihe habura iminsi ibiri yonyine ngo muri Uganda habe amatora akomatanyije […]

Umukinnyi w’imyaka 54 uheruka gutsinda igitego mu 2017 yongereye amasezerano

Umuyapani ukinira Ikipe ya Yokohama, Kazuyoshi Miura w’imyaka 54, aheruka gutsinda igitego mu mwaka wa 2017, yongereye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe. Miura wambara nimero 11, azuzuza imyaka 54 kuwa 26 Gashyantare 2021, umunsi umwe ngo shampiyona yo mu Buyapani (J-League) itangira. Uyu mugabo azaba akinnye imyaka y’imikino 17 kuva yatangira gukinira iyi kipe mu […]

EAC yohereje indorerezi 74 zo kugenzura amatora ya Uganda

Umuryango w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) woherereje itsinda ry’indorerezi 74 zigenzura uburyo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda azaba ari gukorwamo. Inkuru dukesha The Observer ivuga ko iri tsinda rigizwe na bamwe mu banyamategeko b’urukiko rwa EAC (EAJC), abagize Inteko Ishinga Amategeko ya EAC (EALA), abagize Ubunyamabanga bwa EAC ndetse n’abashinzwe amatora […]

USA: Ingagi zanduye Covid-19

Ingagi ziba mu rwororero rwa Safari Park mu mujyi wa San Diego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zanduye icyorezo cya Covid-19. Abashinzwe uru rwororero bavuga ko mu cyumweru gishize ari bwo ngagi zigera muri eshatu zatangiye kugaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo birimo gukorora. Ku wa Gatanu, Laboratwari yo muri Leta ya California ishinzwe kugenzura ubuzima […]

Mapinduzi Cup: Kagere yafashije Simba gusezerera Namungo, isanga Yanga ya Haruna ku mukino wa nyuma

Ikipe ya Simba Sports Club ibifashijwemo n’Umunyarwanda Medie Kagere, yasezereye Namungo FC itozwa n’Umunyarwanda Hakizimana Thierry; isanga Yanga Africans ya Haruna Niyonzima ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup. Iyi Yanga Africans muri 1/2 cy’irangiza yasezereye Azam FC kuri penaliti 5-4, nyuma y’uko mu minota isanzwe y’umukino amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Obrey Chirwa […]

Facebook yafatiye icyemezo gikakaye Guverinoma ya Uganda

Urubuga nkoranyambaga rwa Facebook rwafunze konti ruvuga ko zikoreshwa na Guverinoma ya Uganda mu kuyobya abaturage no gutanga amakuru y’ibinyoma muri iki gihe cyegereza amatora muri iki gihugu ateganyijwe mu minsi ibiri iri imbere. Facebook yemeza ko amakonti akoreshwa na minisiteri y’itangazamakuru ya Uganda yabaye umuyoboro wo kubeshya rubanda ko ibyo leta ivuga birebana n’amatora […]

Capitol ishobora guterwa n’abitwaje intwaro- FBI

Ikigo gishinzwe iperereza muri Amerika (FBI) kivuga ko hari amakuru avuga ko udutsiko tw’abitwaje intwaro bavuye muri Leta zose z’igihugu bashobora kongera kwigabiza, Capitol, ingoro y’inteko ishinga amategeko ya USA, mbere y’ibirori byo kurahiza Joe Biden kuwa 20 Mutarama 2021. FBI ivuga ko hashobora kuba imyigaragambyo irimo intwaro mu gihugu cyose, ikozwe n’abashyigikiye Perezida Donald […]