RDC: Hakozwe amavugurura mu buyobozi bwa ‘Operation’ zigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Félix Tshisekedi, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2021 yashyizeho abakomanda ba ‘operation’ zigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Muri izi nshingano, Brigadier-General Mputela Nkolito Bertin yagizwe komanda wa operasiyo Sokola 1 ikorerwa mu gice cya Grand-Nord kigizwe n’uduce twa: […]

I N’djamena babyinnye intsinzi bishimira ko igisirikare cyatsinze inyeshyamba

Igisirikare cya Tchad kuri iki Cyumweru, cyatangaje ko cyatsinze inyeshyamba cyari gihanganye na zo mu majyaruguru y’igihugu, nyuma y’imirwano ikaze yari imaze ibyumweru bitatu. Imirwano n’inyeshyamba ziturutse muri Libya, yashyize iki gihugu mu kaga ubwo uwari Perezida Idriss Déby Itno yapfaga ku wa 19 Mata, nyuma yo gukomerekera ku rugamba. Urupfu rwa Marchal Déby rwakurikiwe […]

Accueil par l’Espagne de Brahim Ghali, chef du polisario: les Partis politiques marocains dénoncent un “acte inacceptable”

Les Partis politiques représentés au Parlement marocain ont affirmé, samedi 8 mai, que l’accueil par l’Espagne du chef des séparatistes du “polisario”, le dénommé Brahim Ghali, est un acte « inacceptable » et « condamnable » et s’inscrit en flagrante contradiction avec la qualité des relations entre le Maroc et l’Espagne. Dans un communiqué conjoint […]

Kariakoo Derby: Yanga yanze gukina na Simba, umukino urasubikwa

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF), ryimuye umukino wagombaga guhuza ikipe ya Simba Sports Club na Young Africans kubera ko Yanga yanze kuwukina. Simba Sports Club ya Meddie Kagere yagombaga kwakira Yanga Africans ya Haruna Niyonzima na Michael Sarpong, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona ya Tanzania wagombaga kubera kuri Stade ya Benjamin Mkapa […]

Abantu 12 bafashwe bakekwaho kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumaze gutangaza ko rwataye muri yombi abantu 12 bakekwaho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa se kuwinjiramo n’ubwambuzi bushukana. RIB ivuga ko abafashwe biyita ‘Abamen’ bakaba bafatiwe mu murenge wa Nyakarenzo w’Akarere ka Rusizi, bakekwaho kwambura abantu amafaranga bifashishije telefone. Nk’uko bigaragara, bafatanwe ibirimo: telefone ngendanwa, amakarita ya telefone […]

Habaye umukino w’amateka hagati ya Guverinoma y’u Burundi na EU (Amafoto)

bdeu1.jpg

Abahagarariye umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) mu Burundi ndetse n’abahagarariye ububanyi n’amahanga muri iki gihugu kuri uyu wa 8 Gicurasi 2021 bakinnye umukino w’amateka. Uyu mukino wateguwe na Ambasade ya EU ku bufatanye na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi, mu rwego rwo kwizihiza umunsi wahariwe umugabane w’Uburayi. Wabereye ku kibuga cya Kabondo Football for Hope Center […]

U Buhinde: Covid-19 yishe abarenga 4000 mu munsi umwe

Icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 8 Gicurasi 2021 cyishe abantu 4,187 mu Buhinde, kikaba ari igihugu cya kabiri kibonetsemo umubare w’umunini w’abapfuye mu masaha 24 yonyine. Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga ko imfu z’abarwayi benshi ba Covid-19 ziri guterwa n’ibura ry’ibikoresho bibafasha guhumeka n’umwuka wa ‘oxygen’ baba bakeneye kongererwa kugira ngo bakomeze kubaho. […]

Ibihano bikakaye kuri ba ‘General’ 24 bamenyesheje Perezida Macron ko bashobora kumuhirika ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, François Lecointre aherutse gutangaza ko abasirikare 24 bafite amapeti ya ‘Generals’ bazahabwa ibihano bikakaye bazira ibaruwa ifunguye basinyeho bamenyesha Perezida Emmanuel Macron ko bashobora kumuhirika ku butegetsi. Aba basirikare ni abahoze mu ngabo z’igihugu bari mu kiruhuko cy’izabukuru bakaba ari nabo bagize igitekerezo cyo kwandikira Perezida Macron, tariki ya 14 […]

Sergio Aguero yakoze benshi ku mutima nyuma yo gusaba imbabazi

Rutahizamu Sergio Aguero yaraye akoze ku mutima abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, nyuma yo gusaba imbabazi kubera penaliti yahushije ikipe ye ikina na Chelsea. Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatandatu ikipe ya Man City yari yakiriye Chelsea, mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona y’Abongereza. Gutsinda uyu mukino byari guhita bihesha Manchester City igikombe cya […]

RDC: Hari abarwanyi bemeye kurambika intwaro bamaze kumva ko ubuyobozi bweguriwe igisirikare

Hari abarwanyi bakorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bemeye kurambika intwaro bamaze kumva ko ubuyobozi bwaho bugiye kwegurirwa igisirikare cy’igihugu. Nk’uko Jacques Katembo uyoboye urwego rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare yabitangarije Radiyo Okapi, yakiriye ubutumwa bwinshi bw’abarwanyi bakorera muri Teritwari ya Lubero na Walikale bamumenyesha ko […]

Minisitiri w’Intebe wa CAR yahaye ishimwe abapolisi b’u Rwanda bamurinda

ngre1.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Centrafrica (CAR), Firmin Ngrebada ku wa 7 Gicurasi 2021 yahaye seritifika z’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 38 bamurinda. Uyu muhango wabereye ku biro bya Minisitiri w’Intebe mu murwa mukuru, Bangui, uyu muyobozi ashima ubunyamwuga n’umurava byakomeje kuranga aba bapolisi kuva batangira izi nshingano muri Mutarama 2021. Minisitiri Ngrebada mu nkuru dukesha […]