Gicumbi FC itwaye igikombe itsinze penaliti 14
Mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri, Gicumbi FC itwaye igikombe itsinze Etoile de l’Est iyigwa mu ntege penaliti 14 kuri 13. Umukino warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2 birimo icyo Mudahemuka Claude na Gahamanyi Bonifaceba Etoile batsinze ku munota wa 28 n’uwa 90 n’icyo Dusange Bertin na Okenge Lulu Kevin ba Gicumbi FC batsinze […]
Igitero cy’ubwiyahuzi mu musigiti wa Kandahar cyahitanye byibuze abantu 37

Byibuze abantu 37 bapfuye abandi 70 barakomereka nyuma y’ibisasu bitatu byaturikiye mu musigiti w’Aba-Shia mu masengesho yo kuri uyu wa Gatanu mu mujyi wa Kandahar wo muri Afghanistan. Amashusho yaturutse imbere mu musigiti wa Bibi Fatima yerekana amadirishya yamenetse ndetse n’imirambo irambaraye hasi, mu gihe abandi basengaga bageragezaga gufasha. BBC yabwiwe ko ari igitero cya […]
Guverineri Habitegeko ari mu Cibitoke
Guverineri w’Intara y’u Burengerazuba, Habitegeko François, yagiye mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi kuri uyu wa 15 Ukwakira 2021, aho ari kugirana ibiganiro na mugenzi we, Bizoza CarĂŞme. RBA kuri Twitter yatangaje ko ibi biganiro biri kubera muri Komini Rugombo bigamije gukomeza imigenderanire myiza hagati y’izi ntara zituranye. Harebwe amashusho, ni ibiganiro byanitabiriwe n’abarimo abasirikare […]
RDF yatangiye kwandika abifuza kwinjira mu ngabo zayo

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyahaye rugari Abanyarwanda bifuza kwinjira mu ngabo zacyo ku rwego rw’abasirikare bato. Kwiyandikisha byatangiye kuva kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira kugeza ku wa 21 Ukwakira, bikaba biri gukorerwa ku rwego rw’imirenge. Ibisabwa ku bifuza kwinjira muri RDF
Abakobwa umunani bo muri Sheema batewe inda na ba Se bababyara
Umukozi ushinzwe ubutabera mu Karere ka Sheema muri Uganda, Kyomuhendo Annet avuga ko abakobwa umunani batewe inda na ba Se bababyara kuva umwaka wa 2021 watangira. Ubuyobozi bwo muri ako karere buvuga ko ibi byabaye muri iki gihe hiyongereye ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu n’ubusambanyi. Mu nama yabereye ahitwa Kabwohe, RDC wa […]
Guinea Bissau: Haburijwemo umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi
Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Guinea Bissau kuri uyu wa Kane bwatangaje ko bwavumbuye abasirikare bari barimo gutegura guhirika ubutegetsi n’izindi nzego za leta muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. “Twabashije kumenya agatsiko k’abasirikare ba FARP (Forces armĂ©es rĂ©volutionnaires du peuple) karimo gushuka abasirikare kagura umutimanama wabo amafaranga kugirango bahindure itegeko nshinga ryashyizweho,” uyu […]
Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Amerika amaze iminsi mu bitaro
Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Ukwakira hahishuwe ko uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bill Clinton, w’imyaka 75 yajyanwe mu bitaro afite ubwandu (infection), ariko budafitanye isano na coronavirus nk’uko umuvugizi we yabitangaje. Abaganga bavuze ko Clinton yari arimo aramera neza muri ibi bitaro bya i Irvine, muri California. Umuvugizi w’uwahoze […]
Mu Bwongereza: Laboratwari yafunzwe izira gutanga ibisubizo 43,000 bya Covid-19 bitari ukuri
Laboratwari yigenga Immensa Health Clinic yo mu mujyi wa Wolverhampton mu burengerazubwa bw’u Bwongereza ipima icyorezo cya Covid-19, yahagaritswe izira gutanga ibisubizo bitari ukuri. Sky News dukesha iyi nkuru ivuga ko iyi labotwari yafashe ibipimo abantu 400,000, abagera ku 43,000 ibisubizo bigaragaza ko nta bwandu bafite (Covid-19 Negative) hagati ya tariki ya 8 na 12 […]
Umubyeyi wo muri Mozambique yise umwana we ‘Mahoro’
Umubyeyi wo muri Mozambique mu Karere ka Palma mu Ntara ya Cabo Delgado, Zainabo Soumaile, yise umwana we izina ry’Ikinyarwanda, Mahoro, nyuma yo gufashwa n’Ingabo z’ u Rwanda (RDF), zamukuye ahakomeye. Uyu mubyeyi uri mu bavanwe mu byabo n’ibitero by’ibyihebe, TNT ku mashusho yashyize kuri Twitter, arimo ko yari agiye kuhasiga ubuzima bitewe n’ibibazo yari […]
Amakosa nakoze ntazongera_Dr Habumuremyi asezeranya Perezida Kagame
Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe n’umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe impeta n’imidali y’ishimwe yasezeranyije Perezida Paul Kagame ko amakosa yamufungishije atazayasubira. Iri ni ijambo rya mbere Dr Habumuremyi yatangarije ku rukuta rwe rwa Twitter ubwo yari amaze gusohoka muri gereza ya Nyarugenge yari amaze igihe kirenga umwaka afungiwemo, azira icyaha cyo gukoresha sheik […]
Uko amafaranga y’umusoreshwa akomeje gusesagurwa ku mitungo n’imishinga itabyazwa umusaruro
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2019/2020 yagaragaje dosiye 96 z’umutungo ufite agaciro ka miliyari zisaga 21.7 z’amafaranga y’u Rwanda urimo gupfa ubusa mu bigo bya Leta 54 guhera mu mwaka w’ingengo y’imari warangiye muri Kamena 2020. Izi zigizwe n’imanza 58 nshya zifite agaciro ka miliyari 16 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka w’ingengo […]
U Bwongereza bwatanze impuruza ko Uganda yaba igiye kugabwamo ibitero
Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021 yatanze impuruza ko Uganda yaba igiye kugabwamo ibitero by’iterabwoma. Itangazo ryayo risaba Abongereza baba muri Uganda kuba maso muri iki gihe, cyane cyane bari mu ruhame nko mu mahoteli, muri za gare z’imodoka, muri resitora, mu tubari, ahakorerwa siporo no mu nsengero. Ntabwo iyi guverinoma yahishuye […]
Afurika y’Epfo: Abaminisitiri 3 barimo uw’Ingabo bafashwe bugwate n’abahoze ari abasirikare
Minisitiri w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Thandi Modise na bagenzi be babiri, bafashwe bugwate n’abahoze ari abasirikare mbere yo gutabarwa n’ingabo zo mu mutwe udasanzwe. Minisitiri Modise yari hamwe na Minisitiri muri Perezidansi, Mondli Gungubele cyo kimwe na Minisitiri w’Ingabo wungirije, Thabang Makwetla. eNCA yatangaje ko Minisitiri w’Ingabo za Afurika na bagenzi be bari mu bagize […]
Abasaga 85% bandura Covid-19 muri Afurika ntibamenyekana-OMS
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi, OMS/WHO rivuga ko abantu batandatu kuri barindwi bandura virusi ya Corona muri Afurika ariko ntibamenyekane. Iyi mibare OMS ivuga ko yayigennye ishingiye ku mibare y’abantu bizwi bishwe na Coronavirus n’ibipimo byagiye bifatwa. Kugeza ubu abantu miliyoni umunani nibo bonyine bizwi ko bamaze kwandura Covid-19 muri Afurika gusa OMS […]
Umujyi wa Paris wahaye Dr Mukwege ishimwe rikomeye, wiyemeza gushyigikira ibikorwa bye

Umuyobozi w’umujyi wa Paris mu Bufaransa, Anne Hidalgo yashyikirije muganga wamamaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Denis Mukwege ishimwe rya sitati y’Ubwenegihugu bw’Icyubahiro (Citoyen d’Honneur). Dr Mukwege yahawe iri shimwe hashingiwe ku cyemezo cy’inama y’abayobozi b’umujyi wa Paris yari imaze gufata kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021. Nk’uko Anne yabitangarije kuri Twitter, […]
Goma: Ambasaderi w’u Rwanda yakiriwe na Guverineri Gen. Constant Ndima

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Vincent Karega kuri uyu wa Kane, itariki ya 14 Ukwakira 2021 yageze mu Mujyi wa Goma, aho yitabiriye igikorwa cyo gutangiza ingendo z’indege za Rwandair hagati ya Kigali n’uyu mujyi akaba yakiriwe na Guverineri wa gisirikare wa Kivu y’Amajyaruguru mu biro bye. Uruzinduko rwa Ambasaderi Karega […]
U Burundi bugiye guca bimwe mu binyobwa bifite ubukana burenze 20%
Minisiteri y’ubutegetsi, umutekano n’iterambere ry’abaturage mu Burundi, yatangaje ko igiye guca ibinyobwa bifite ubukana burenze 20% bipfundikirwa mu macupa ya pulasitiki (plastics). Itangazo iyi Minisiteri yashyize hanze kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021 risobanura ko iki cyemezo cyafashwe bitewe na bamwe mu baturage bamaze igihe babisaba, bashingiye ku ngaruka izi nzoga zigira ku buzima, bigatuma […]
Kera kabaye u Burundi bwakiriye inkingo za mbere za COVID-19
Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Kane cyakiriye inkingo za mbere za COVID-19, mu gihe ibihugu byinshi bikataje mu gukingira abaturage babyo kiriya cyorezo. U Burundi bwashyikirijwe inkingo ibihumbi 500 zo mu bwoko bwa Sinopharm zakozwe n’igihugu cy’u Bushinwa, mu muhango wabereye i Bujumbura. Ni nyuma y’igihe kirekire abategetsi b’u Burundi barakunze gukerensa kiriya cyorezo […]
Umuyobozi w’Igipolisi cy’u Rwanda yitabiriye inama ya EAPCCO i Kinshasa

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Ukwakira yitabiriye inama ihuza abayobozi ba Polisi bo mu bihugu byo mu muryango w’Iburasirazuba (EAPCCO). Ni inama irimo kubera mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Mujyi wa Kinshasa. Iyi nama ihuza abayobozi ba Polisi iri mu […]
Abandi bakomando b’abacancuro baturutse mu Burusiya biciwe muri CAR
Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa 3R urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Centrafrika (CAR) bishe abakomando batanu (5) b’abacancuro baturutse mu Burusiya, bakorera ikigo cya Wagner Group. Ibitangazamakuru byo muri CAR bivuga ko aba bakomando biciwe mu gico baguyemo mu gace ka Banga, mu ntara ya MambĂ©rĂ©-Kadéï ku gicamunsi cyo ku wa 11 Ukwakira 2021. Icyo […]
Rayon Sports yaguye miswi na Nyanza FC nyuma yo gusura mu Rukari (Amafoto)

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Nyanza FC ibitego 2-2, mu mukino wa gicuti iyi kipe yakinnye nyuma yo gusura ingoro y’Amateka y’Abami mu Rukari. Aya makipe afatwa nk’amavandimwe yiteguraga umwaka w’imikino wa 2021-2022. Rayon yafunguye amazamu ku bitego bibiri byatsinzwe na Steve Elumanga ndetse n’umunya-CamĂ©roun Essombe Willy Onana, mbere y’uko Nyanza FC ibyishyura […]