Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda barenga 1,700 bahungiye mu Rwanda

Impunzi zibarirwa mu 1,700 z’abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, zageze mu nkambi ya Mahama ho mu karere ka Kirehe nyuma yo guhungira hano mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo aba banye-Congo biganjemo abagore n’abana bageze mu nkambi ya Mahama. Abaganiriye n’itangazamakuru bavuze ko baje bahunga imirwano ikomeje gusakiranya Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]

M23 yemeye gushyikiriza Ingabo z’akarere (EACRF) ikigo cya gisirikare cya Rumangabo kuri uyu wa Kane

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwhkanye amakru komeje kuvuga ko ingabo zawo zitigeze ziva muri Kibumba nk’uko bikomeje kugaragara mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ushimangira ko kuri uyu wa Kane uzashyikiriza Ikigo cya gisirikare cya Rumangabo, Ingabo z’akarere . Nk’uko bigaragara mu itangazo ra M23 ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wayo, Laurence Kanyuka, kuri uyu wa Gatatu, […]

Iradukunda ushinjwa n’umunyamerika kumutwarira ubutaka yigaramye ibyo kuba umukozi we

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze, rwatangiye kuburanisha urubanza Umunyamerika Allen Michael Bechky aregamo Umunyarwanda Iradukunda Gilbert ku mutwarira ubutaka. Saa yine n’iminota 15 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Mutarama 2023, ni bwo urukiko rwatangiye kuburanisha aba bombi. Bechky utagaragaye mu rukiko yari ahagarariwe na Me Maurice Munyentwari usanzwe ari umwunganizi […]

HĂ´pital Baho: Le plaignant va faire appel de l’acquittement des mĂ©decins

Paul Jabo, le veuf de Chantal Ngwinondebe, une patiente dĂ©cĂ©dĂ©e Ă  l’hĂ´pital international de Baho (BIH) en septembre 2021 lors d’une opĂ©ration chirurgicale, a jurĂ© de faire appel de la dĂ©cision de justice d’acquitter les mĂ©decins qui ont pratiquĂ© l’intervention. Depuis l’annĂ©e dernière, le Dr Gaspard Ntahonkiriye, un gynĂ©cologue et le Dr Alfred Mugemanshuro, un […]

Igitero cy’iterabwoba muri Somalia rwagati cyahitanye icyenda abandi barakomereka

Nibura abantu icyenda bapfuye abandi benshi barakomereka muri Somalia rwagati nyuma y’ibisasu byaturikiye mu modoka mu Mujyi wa Mahas . Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Somalia bibitangaza ngo abayobozi barashinja intagondwa za Al-Shabaab kuba inyuma y’ibyo bitero byabereye mu karere ka Hiran gaherereye muri Somalia rwagati kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 4 Mutarama nk’uko bitangazwa […]

Uwapfushije umugore arimo kubagwa mu Bitaro bya Baho agiye kujuririra icyemezo cyagize abaganga abere

Paul Jabo, umupfakazi wa Chantal Ngwinondebe, umurwayi w’umugore wapfiriye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Baho (BIH) muri Nzeri 2021 mu gikorwa cyo kubaga, yiyemeje kujuririra icyemezo cy’urukiko cyo kugira abere abaganga bakoze icyo gikorwa . Kuva mu mwaka ushize, Dr. Gaspard Ntahonkiriye, inzobere mu bijjyanye n’indwara z’abagore na Dr. Alfred Mugemanshuro, umuhanga mu bijyanye n’ikinya (anesthesiologue) […]

RDC: Gen. Muhoozi yemeje ko ingabo za Uganda zizoherezwa zitazajya kurasana na M23

Igisirikare cya Uganda ntabwo kizagaba ibiero ku mutwe wa M23 niziramuka zoherejwe muri Kivu y’Amajyaruguru nk’uko amakuru agera kuri Chimpreports avuga . Umujyanama mukuru wa perezida mu bijyanye n’ibikorwa bidasanzwe, Gen. Muhoozi Kainerugaba, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko UPDF izakorana bya hafi n’izindi ngabo z’akarere mu kurinda abaturage n’imishinga y’ibikorwaremezo irimo […]

Urukiko ruzatanga umwanzuro ku bujurire bwa Ntaganzwa muri Gashyantare

Isomwa ry’urubanza rwa Ladislas Ntaganzwa, wari Burugumesitiri w’iyahoze ari Komini Nyakizu akaba yarahamwe n’ibyaha bya Jenoside, ryashyizwe ku itariki ya 17 Gashyantare 2023 . Muri Gicurasi 2020, Ntanganzwa yari yahamijwe ibyaha yashinjwaga gukora muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’iby’iterabwoba rumuhanisha igifungo cya burundu mbere yo kujurira. Uyu mugabo w’imyaka 60 y’amavuko, […]

Uwari Musenyeri Mukuru wa Paris yatangiye gukorwaho iperereza ku ihohotera rishingiye ku gitsina

Abategetsi b’Abafaransa batangije iperereza ry’ibanze ku birego bivuga ko uwahoze ari Musenyeri mukuru wa Paris yakoze “ihohotera rishingiye ku gitsina ku muntu utishoboye” nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri . Bavuze ko iperereza ryafunguwe hashingiwe kuri raporo yatanzwe na diyosezi ya Paris. Musenyeri Michel Aupetit yemeye kwegura mu mpera z’umwaka wa 2021 nyuma y’amakuru y’ibitangazamakuru […]

Guverinoma ya Burkina Faso yasabye u Bufaransa gucyura ambasaderi wabwo

Kuri uyu wa Kabiri, minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa yavuze ko yakiriye ibaruwa y’abategetsi ba Burkina Faso mu kwezi gushize isaba ko Ambasaderi w’u Bufaransa ava muri Burkina Faso, igikorwa minisiteri yise ko ” ari ibintu bidasanzwe .” Guverinoma ya Burkina Faso yanze kugira icyo itangaza ku mugaragaro kuri ayo makuru avuga ko yohereje iki […]

Inyeshyamba za M23 zigaruriye indi midugudu zisatira umupaka wa Ishasha

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, imijyi ya Nyamilima na Buramba, muri Gurupoma ya Binza mu bilometero bikeya uvuye Ishaha yigaruriwe na M23 nyuma yo kwirukana Maimai na FDLR bagenzuraga iyi mijyi bahungiye i Nyakakoma . Ni nyuma y’aho kuwa Mbere, itariki 2 Mutarama, Inyeshyamba za M23 , zari zigaruriye imidugudu 3 yo muri […]

Burundi: Irangabiye wari warahungiye i Kigali yakatiwe imyaka 10 y’igifungo

Umurundikazi Irangabiye Floriane wahoze aba i Kigali nk’impunzi mbere yo gutabwa muri yombi akajya gufungirwa iwabo, yakatiwe imyaka 10 y’igifungo kuri uyu wa Kabiri. Irangabiye yamenyekanye mu biganiro n’ibitangazamakuru bitandukanye byabaga bivuga ku ngingo zerekeye uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Yari yaratawe muri yombi n’urwego rushinzwe iperereza mu Burundi mu mpera za Kanama 2022, rumukekaho icyaha cyo kugambanira […]