U Burusiya bwatanze isezerano ryo kurekura abana batumye Putin ashyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi

Leta y’u Burusiya bwahaye Umuryango w’Abibumbye isezerano ryo kurekura abana bari mu mpamvu ebyiri nyamukuru zatumye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rushyiriraho Perezida Vladimir Putin impapuro zo kumuta muri yombi. Tariki ya 17 Werurwe 2023 ni bwo ICC yashyize hanze impapuro zo guta muri yombi Putin na Maria Alekseyevna Lvova-Belova ushinzwe uburenganzira bw’abana mu biro bye. […]

Hatangajwe igihe UPDF izoherereza Ingabo zayo muri RDC

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko mu mpera z’uku kwezi kwa Werurwe 2023 ari bwo kizohereza Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa bwo kuhagarura amahoro. Ni amakuru yemejwe kuri uyu wa Kane na Colonel Mike Walaka wa UPDF, nyuma yo guhura na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba. […]

Ubutinganyi bwatumye Uganda ibwira USA ko atari yo kamara

Guverinoma ya Uganda yahaye Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika ubutumwa bukomeye nyuma yo kuyisaba kutabanamira uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina bazwi nk’abatinganyi. Nyuma y’aho abadepite bo muri Uganda batoye itegeko rihana abakora n’abamamaza ubutinganyi, uyu Munyamabanga, Antony Blinken yatangaje ko ribangamira uburenganzira bw’Abagande bose kandi ryatuma inyungu iva mu kurwanya agakoko gatera SIDA. Blinken […]

RDC: M23 yongeye kugaragara mu gace ka Kibirizi yari yaravuyemo

Sosiyete sivile ya Kibirizi muri Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru iravuga ko itewe inkeke n’urujya n’uruza rw’inyeshyamba za M23 zongeye kugaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 23 Werurwe, mu duce twa Kirima, Kibingu, Kabanda na Kibirizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru . Uyu muryango uravuga ko abantu bari bagiye […]

AU irasabira ATMIS inkunga ya miliyoni 90$ yo gukoresha muri Somalia

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) wasabye inkunga ingana na miliyoni 90 z’amadolari yo gutera inkunga ubutumwa bw’amahoro muri Somaliya . Mu ijambo rye, Bankole Adeoye, komiseri wa AU ushinzwe ibibazo bya politiki n’amahoro wasabye inkunga, yavuze ko AMISOM itanga inkunga ikomeye ku gisirikare cya Somaliya mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab. Adeoye yagize ati: […]

Tshisekedi yaba yitabaje Nicolas Sarkozy ngo amuhurize mu biganiro na Perezida Kagame

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabaje Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa ngo amuhurize mu biganiro na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Ni Sarkozy uri i Kinshasa mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kuhagirira kuva ku wa Gatatu. Ikinyamakuru Africa Intelligence kivuga ko uru ruzinduko rwagizwemo uruhare na […]

Rusizi: Umurambo w’umugore utaramenyekana wasanzwe mu ishashi

Umurambo w'uyu mugore wabonetse aha ngaha

Saa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa 23 Werurwe, ku nkengero z’umuhanda w’igitaka, iruhande rw’uwa kaburimbo w’ahitwa mu kadasomwa, umudugudu wa Batero, akagari ka Gihundwe, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, umurambo w’umugore uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 25 na 30, wabonywe mu gishashi kinini n’abatambukaga, nyirawo ntaramenyekana. Nk’uko bikubiye mu […]

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Belize (FFB) ryatumiye Perezida Kagame

ffb-president-sergio-chuc-02252023-ffb.webp

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu gihugu cya Belize (FFB), ??rg?? ?hu?, yatumiye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, mu gihugu cye ubwo yari yitabiriye Kongere ya 73 ya FIFA yateraniye i Kigali kuwa Kane ushize . Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, FFB yavuze ko Chuc yatumiye Perezida Kagamemuri Belize abisabwe na Minisitiri w’Intebe, ??hn ?r???ñ?. FFB iti […]

RDC: Urukiko rwasubije Ngwabidje ku mwanya we wa Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu rwafashe icyemezo cyo gushyigikira Théo Kasi Ngwabidje warwitabaje ashinja Inteko Ishinga Amategeko y’intara “kutubahiriza amategeko” mu gufata icyemezo cyo kumuhagarika ku mirimo ye nka Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo . Ni ku nshuro ya kane Théo Kasi Ngwabidje yirukanwe ku mirimo […]

ICC ihangayikishijwe n’iterabwoba ry’u Burusiya ryo kuyirasaho misile

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwagaragaje ko ruhangayikishijwe n’iterabwoba ryaturutse mu Burusiya nyuma yo gusohora impapuro zo guta muri yombi Perezida Vladimir Putin . Kuri uyu wa Gatatu, ICC yatangaje impungenge zayo nyuma y’uko uwahoze ari Perezida w’u Burusiya, Dmitry Medvedev, akangishije kuzakubitisha misile za hypersonic uru rukiko, rukurikirana ibyaha by’intambara rufite icyicaro i La Haye. […]

U Burusiya bwahaye ishimwe abapilote bahanuye ‘drone’ ya USA

Minisitiri w’ingabo w’u Burusiya, General Sergei Shoigu, kuri uyu wa 22 Werurwe yahaye imidali y’ishimwe abapilote babiri ba Sukhoi Su-27 bahanuye akadege katagira abapilote ka Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu cyumweru gishize. Iri shimwe bariherewe mu gikorwa cyayobowe na Minisitiri Shoigu cyo gushimira abasirikare barwaniye u Burusiya mu ntambara iri kubera muri Ukraine […]

U Rwanda rwafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya Marburg kishe abantu muri Tanzania

Nyuma y’ahoTanzaniya yemeje bwa mbere ko icyorezo cya Marburg cyinjiye mu gihugu ndetse kuri uyu wa Gatatu ikaba yari imaze guhitana abantu batanu mu munani bayanduye, u Rwanda rwizeye ko iki cyorezo kitazapfa kwinjira mu gihugu kuko aho cyagaragaye mu baturanyi ari kure y’u Rwanda nubwo rwafashe ingamba zo kugikumira . Iki cyorezo cyamenyekanye nyuma […]

Cristiano yashimagije shampiyona ya Saudi Arabia, ayigereranya n’izikomeye i Burayi

Rutahizamu Cristiano Ronaldo ukomoka muri Portugal yashimagije shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru muri Saudi Arabia, ayigereranya n’izikomeye zo ku mugabane w’Uburayi. Mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yari mu myiteguro yo gushaka itike y’irushanwa ry’amakipe y’ibihugu by’i Burayi, Euro 2024, yabajijwe uko yakiriye kuva muri shampiyona yo mu Bwongereza iri ku mwanya wa mbere mu […]

Abagaba bakuru b’ingabo zo muri EAC barongera bahurire i Bujumbura

Kuri uyu wa 23 n’uwa 24 Werurwe 2023, abagaba bakuru b’ingabo zo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), barongera bahurire i Bujumbura mu nama yibanda ku mutekano wo mu burasirazuba bwa Repulika ya demukarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko aba bagaba bakuru baraba basuzume intambwe imaze guterwa mu gukemura ikibazo […]