Rwanda: Abashoramari ku bikomoka kuri peteroli barikanga kurenganwa no guhombywa nkana na RURA

whatsapp_image_2024-02-21_at_23.06_14.jpg

Bamwe mu bashoramari bakora ishoramari mu kubaka amasitasiyo y’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bo mu Rwanda babwiye Bwiza.com ko bakeka ko baba bagiye gukorerwa igisa n’akarengane n’ikigo ngenzura mikorere n’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA. Umwe muri aba bashoramari , utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye iki gitangamakuru ko bamenye ko RURA iri mu mugambi wo gutesha […]

Gasogi United yisasiye APR FC, iyisezerera mu Gikombe cy’Amahoro

Ikipe ya Gasogi United yageze muri Ă‚Âœ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera APR FC kuri penaliti 4-3. Iyi kipe ya Kakooza Nkuliza Charles yari yakiriye APR FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino wo kwishyura wa Ă‚ÂŒ cy’irangiza warangiye amakipe yombi anganya 0-0. Ni nyuma y’ubanza na bwo yari yaguyemo miswi 0-0. APR FC […]

Ambasaderi wa RDC muri Loni yasabye ko u Rwanda rutazongera guhabwa ijambo

Mu nama y’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa kabiri ushize, itariki ya 20 Gashyantare, intumwa ihoraho ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri Loni, ZĂ©non Makongo, yasabye Loni kubuza u Rwanda uburenganzira bwo kuvuga «  kugeza igihe ingabo zarwo zizaba zavuye ku butaka bwa Congo  ». Mu ijambo rye, Ambasaderi wa Congo yashinje u […]

Minisiteri y’ubucuruzi yagaragaje igiciro fatizo kivuguruye cy’ibigori

gg2onfvx0aagepf.jpg

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda kuri uyu wa Gatatu, itariki 21 Gashyantare, yasohoye itangazo rivuguruye rimenyesha igiciro fatizo cy’ibigori mu gihembwe cy’ihinga 2024A, aho igiciro fatizo ku bigori bihunguye bifite ubwumwe buri hagati ya 13,5%-18% ubu ari amafaranga 400 ku kilo. Mu itangazo ryayo, minisiteri y’ubucuruzi yavuze ko hashingiwe ku nama yo kuwa 19 Gashyantare 2024 yahuje […]

U Rwanda rwashyikirije u Burundi impunzi 96

Leta y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare yashyikirije iy’u Burundi impunzi 96, nyuma yo kwiyandikisha zisaba gutaha mu gihugu cyazo ku bushake. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo izo munzi zigize icyiciro cya 65 zinjiye mu Burundi zambukiye ku mupaka wa Nemba wo mu karere ka Bugesera. 75 mu batashye babaga […]

Tour du Rwanda:Agace ka Karongi-Rubavu kegukanywe n’umubiligi

William Lecerf ukomoka mu Bubiligi akaba asanzwe anakinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team niwe wegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kavaga i Karongi kerekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 93. Ku rutonde rusange William Junior Lecerf yari uwa gatatu, akaba ahabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa. Ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team […]

Uvira: Abigaragambya basabye leta kwirukana Abatutsi bose mu nzego z’umutekano

Mu myigaragambyo yo kuri uyu wa Kabiri ushize, mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Congo, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’urubyiruko rwo mu moko amwe n’amwe basabye leta gukora ibarura kugirango hamenyekane Abatutsi bose bari mu gisirikare, igipolisi, mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ndetse no mu butasi kugira ngo […]

Frw miliyoni 795 yatikiriye mu kubaka icyanya cy’inganda cya Nyabihu cyadindiye

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yasobanuye ko hari abayobozi bafatiwe ibihano abandi bakurikiranwa n’inzego zirimo iz’ubutabera bazira Frw miliyoni 795 yapfushijwe ubusa hubakwa icyanya cy’inganda cya Nyabihu. Minisitiri Ngabitsinze yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 20 Mutarama, ubwo yitabaga abadepite ngo asobanure aho gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kubaka ibyanya by’inganda hirya […]

Bigenda bite iyo M23 ifatiye mpiri abasirikare ba Monusco ku rugamba?

Uko iminsi ishira niko intambara ikomeza gukara mu gice cy’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni intambara ihuje Umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Leta ya Congo kibifashijwemo n’bafatanyabikorwa bacyo barimo ingabo z’Abarundi iza SADC,abacanshuro ,Wazalendo utaretse umutwe wa FDLR uvuga rikijyana ukanaba warashinje imizi muri iki gihugu. Uretse FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bahanganye na M23, […]

Guverinoma igiye kwisubiza ubutaka butari gukoreshwa mu byanya by’inganda

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yatangaje ko izisubiza ‘ubutaka butari gukoreshwa mu byanya by’inganda biri mu gihugu hose. Iki cyemezo nk’uko byatangajwe na Jean-Chrysostome Ngabitsinze, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, cyafashwe nyuma y’uko abashoramari bananiwe cyangwa batinze gukoresha ubutaka bahawe mu byanya by’inganda. Yasubizaga ibibazo by’abadepite, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 20 Gashyantare 2024, bavuga ko abashoramari […]

Nyuma y’imyaka 110 Abadage bahishe ubwato mu Kivu bwamaze kuboneka

Itsinda ry’abashakashatsi ryahishuye ubwato abadage baroshye mu kiyaga cya Kivu mu karere ka Rutsiro nyuma yo kubukoresha mu ntambara ya mbere y’isi yose. Ubwato bwashakishwaga ni ubwiswe ‘Bodelschwingh abadage bakoreshaga ariko bakaza kuburoha mu Kivu.Kugeza ubu rero iri tsinda riri mu byishimo nyuma yo kubutahura ariko kugeza ubu ntiburashyirwa ahabona. Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri […]

Mushikiwabo yigiriye muri Senegal kubonana na Macky Sall mu gihe hakomeje imvururu za politiki

ggz_txhxgaa3ist.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 20 Gashyantare, Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, yerekeje i Dakar, kugira ngo aganire kuri politiki ya Senegal na Perezida Macky Sall. Umunyamabanga Mukuru wa OIF yishimiye icyemezo cya Perezida cyo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Akanama gashinzwe kurengera itegeko nshinga yo ku ya 15 Gashyantare anamushishikariza kwihuta muri […]

Niger igiye gutangira kohereza peteroli yicukuriye mu bihugu bituranyi

Kuva igihugu cya Niger cyafatirwa ibihano byo mu karere n’umuryango CEDEAO (cyamaze nomkwikuramo) kubera ihirikwa ry’ubutegetsi ryo muri Nyakanga umwaka ushize, cyafashe ingamba zo gutangira kugurisha ibikomoka kuri peteroli byacyo mu bihigu bituranyi nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’inama y’abaminisitiri b’ibyo bihugu bashinzwe ingufu i Niamey. Ibyo bihugu ni Niger, Tchad, Burkina na […]

Loni yafatiye ibihano 6 barimo Jenerali wa FDLR na Lt Col Willy Ngoma

Akanama k’umutekano ka Loni ku wa Kabiri kafatiye ibihano abantu batandatu, nyuma yo kubashinja kugira uruhare mu bikorwa bihungananya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abafatiwe ibihano nk’uko VOA yabitangaje barimo ‘Jenerali’ wo mu mutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, abayobozi bakuru bo mu mutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, […]

Kayanza: Bahangayikishijwe n’inyeshyamba z’Abanyarwanda zizenguruka aho batuye

Abaturage baturiye ishyamba rya Kibira muri Komini ya Muruta na Kabarore mu Ntara ya Kayanza (mu majyaruguru y’Uburundi) bavuze ko bahangayikishijwe n’umutwe w’Abanyarwanda witwaje intwaro uzenguruka cyane cyane nijoro muri iki gice. Itsinda ry’abantu bitwaje imbunda bavuga Ikinyarwanda n’Igiswahili. “Bavuga Igiswahili cyane ariko abandi bavuga Ikinyarwanda. Nta gushidikanya ko abo ari abintu ba FDRL ”aba […]

Gabon: Abajenerari bagiye kwemererwa gutunga umugore urenze umwe

Muri Gabon, amategeko mbonezamubano yo mu 1972 yagiye ahuzwa n’imigenzo gakondo akagira aibyo yemera nko kuba umugabo umwe yagira abagore benshi. abacamanza bafite abagore benshi “bahuza” n’imigenzo gakondo y’abashakanye. Mu 2021, umuhanga mu bumenyi bw’ikiremwamuntu n’imigebereho y’abantu, Emmanuelle Nguema Minko yagize ati: “Yaba amategeko mbonezamubano ya Gabon cyangwa amategeko gakondo yacu, yemera kugira abagore benshi […]

Gen. Chicko yagizwe umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Rwindi

Kuri uyu wa Kabiri, Gen. Major Chicko Tshitambwe yagizwe umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya gisirikare bya FARDC muri Rwindi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nk’uko ubutumwa bwatanzwe n’Umugaba Mukuru, General Christian Tshiwewe bubitangaza. Gen. Chicko Tshitambwe ntabwo yasimbuye Gen. Fall Sikabwe bitandukanye nibyo Ibiro Ntaramakuru bya Congo (ACP) byanditse mu butumwa bwabanje. Umugaba wungirije w’ingabo z’igihugu […]

Amerika yasabye u Rwanda na RDC guhunga imanga ibigusha mu ntambara bihagazeho

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gukora ibishoboka byose, bigasubira inyuma biva mu gisa nk’umuryango ubyinjiza mu ntambara yeruye birimo. Amerika yatanze ubwo busabe mu ijoro ryacyeye ubwo i New York hari hateraniye inama y’akanama k’umutekano ka Loni. Leta y’u Rwanda iheruka gutanga integuza y’uko yafashe ingamba […]

Kuri kaminuza yo muri Nigeria intare yishe uwayitagaho

Umukozi witaga ku nzu yororerwamo inyamaswa kuri kaminuza yo muri Nigeria yishwe n’imwe mu ntare yari amaze imyaka hafi icumi yitaho. Olabode Olawuyi, wari ushinzwe kwita ku nyamaswa zororerwa kuri Obafemi Awolowo University (OAU), yatewe n’iyo ntare ubwo yari arimo kuzigaburira, nkuko iyo kaminuza yabivuze. Mu itangazo, iyo kaminuza yongeyeho ko bagenzi be batashoboye kumutabara […]

Izindi mpunzi z’Abarundi 100 zabaga mu Rwanda zigiye guhunguka

Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze igihe mu Rwanda ziyemeje gutaha mu gihugu cyabo ku bushake. Ni imunzi zigera ku 100 zafashe icyemezo cyo gutaha mu gihugu cy’amavuko.Biteganyijwe ko ziribuhagaruke kuri uyu wa Gatatu taliki 20 Gashyantare2024 zerekeza I Burundi Muri izi mpunzi harimo abagera kuri 78 bo mu miryango 38 yabaga mu hinkambi ya […]

Nyamasheke: Uwari umaze kwiba moto ebyiri yafatiwe ku ya gatatu

Mu Mudugudu wa Murenge, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Cyato, Akarere ka Nyamasheke, Bikorimana Jean Bosco w’imyaka 29 yongeye gufatirwa kuri moto yari akimara kwiba nyuma y’izindi nshuro ebyiri nabwo yagiye agerageza kuziba agafatwa. Uyu ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kanjongo, mu Karere ka Nyamasheke, nyuma yo gufatwa atwaye iyo moto ayigejeje mu […]