Rubavu:Umugabo yiyemerera ko yasambanyije umwana we

Ku itariki ya 18/09/2024, Ubushinjacyaha ku Urwego Rwisumubuye rwa Rubavu, bwaregeye Urukiko Rwibanze rwa Gisenyi umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana we w’imfura ufite imyaka cumi n’itatu (13) bumusabira gufungwa by’agateganyo. Ibyo byabaye ku wa 11/09/2024 ubwo umugabo witwa Mvuyekure ufite imyaka 39 y’amavuko yagiranaga ikibazo n’umugore we akamukubita, umugore akahukanira mu baturanyi akararayo. Uyu […]

Yago agiye kwiyunga na Bruce Melody na Sabin

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi ku izina rya “Yago Pon Dat”, yatangaje ko yiteguye kwicarana n’abarimo Bruce Melodie na Murungi Sabin avuga ko bamuhemukiye bakarangiza amakimbirane bafitanye. Mu kiganiro cyanyuze kuri ‘Yago Tv Show’ uwitwa Safari ufatwa nk’umujyanama wa Yago, yavuze ko yavuganye na Bruce Melodie na Sabin, bose bakemera ko biteguye kuganira na […]

Musanze: Abataramenyekana bari bahishe amasura batemye umusaza w’imyaka 77

Umusaza witwa Hakizimana Alphonse wo mu murenge wa Muko w’akarere ka Musanze, yasanzwe mu nzu yarakomeretse nyuma yo gutemwa n’abantu bataramenyekana. Ku wa Gatatu tariki ya 18 Nzeri ni bwo uyu musaza yasanzwe mu nzu ye iherereye mu mudugudu wa Kabusunzu ho mu kagari ka Cyivugiza yakomerekejwe. Amakuru atangwa n’inzego z’ubuyobozi zo muri aka gace […]

Ibirwa bya Maurice n’u Rwanda byiyemeje gukaza ubufatanye mu bukerarugendo

Ibirwa bya Maurice n’u Rwanda bigiye gushimangira umubano w’ibihugu byombi, byibanda ku guhuza ikirere, ubufatanye mu by’imari n’ubukerarugendo. Ibi byatangajwe nyuma y’inama yahuje Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Maurice, Maneesh Gobin, na Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Maurice, Emmanuel Hategeka, ku itariki ya 17 Nzeri 2024. Muri ibyo biganiro, impande zombi zagaragaje ko zishimiye iterambere ry’ubufatanye […]

Hezbollah yarashe ibisasu bya missile 140 muri Israel

Hezbollah yarashe ibisasu bya roketi muri Israel uyu mutwe uvuga ko byibasiye ibirindiro by’Ingabo za Isirael (IDF). IDF ivuga ko misile 140 zarashwe muri Israel. Hagati aho Ingabo za Israel zivuga ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Libani, ahari ibirindiro bya Hezbollah. Bije nyuma y’uko Israel igabye ibitero byinshi mu kirere mu majyepfo ya […]

Hamenyekanye umubare w’abaguye mu gitero ibyihebe byatwikiyemo indege ya Perezida wa Mali

Inzego z’umutekano muri Mali zatangaje ko abantu barenga 70 ari bo baguye mu gitero ibyihebe biheruka kugaba i Bamako mu murwa mukuru w’iki gihugu. Ku wa kabiri tariki ya 17 Nzeri ni bwo ibyihebe byo mu mutwe wa Jama’s Nusrat ul-Islam wa al-Muslimin wegamiye kuri Al Qaeda byateye ikigo gitoza abapolisi kabuhariwe n’ikibuga cy’indege cy’i […]

RDC: Jean-Pirre Lacroix wa Loni yashishikarije MONUSCO gufatanya na FARDC na SAMDRC

gxxjzqhwsaaqrsl.jpg

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro Jean-Pierre Lacroix, ukomeje uruzinduko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa Gatatu, itariki ya 18 Nzeri, yasuye ingabo zinyuranye z’Umuryango w’Abibumbye zifite icyicaro ahitwa Mubambiro, hafi ya SakĂ©, ku birometero 27 mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru. Jean-Pierre Lacroix yahumurije abo bashinzwe […]

Gen Mubarakh Muganga yasabye APR FC guhigura umuhigo yahize

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akanaba Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe guhigura umuhigo bahize bagasezerera Pyramids FC. Gen Mubarakh mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yabwiye abakinnyi ba APR FC ati: “Bakinnyi ba APR FC, mwatweretse ko muri Intare kandi mushoboye. Inama n’intego ni yayindi. Mwarahize natwe […]

Wazalendo bemeranyije ubwiyunge nk’inkingi yo gutsinda M23

Abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bibumbiye mu kiswe ‘Wazalendo’ bemeranyije bashyira umukono ku masezerano y’amahoro no kubanirana neza nk’intwaro izabafasha gutsinda umutwe wa M23. Wazalendo ni abarwanyi bahoze mu mitwe yarwanyaga Ubutegetsi bwa Congo ariko nyuma baza kubwiyungaho mu kurwanya umutwe wa M23 nyuma yo […]

Itumbagira ry’ikiguzi cyo gushyingura rihangayikishije bamwe mu Banyakigali

Abanyakigali bamwe bahangayikishijwe n’ikiguzi cyo gushyingura gikomeje gutumbagira biturutse ku guhenda kw’ikuguzi cy’imva, isanduku, gukodesha imodoka itwara umurambo n’imihango irimo gukaraba n’indi ijyana no gusezera no gushyingura. Abahanga mu mitekerereze ya muntu bagaragaza ko abashyingura ababo badakwiye gusesagura cyangwa gukoresha nabi umutungo wabo n’uwa nyakwigendera. Bamwe mu baturage bo hirya no hino muri Kigali baganiriye […]

Lourenço yaganiriye na Perezida Kagame, yoherereza Tshisekedi ubutumwa

Perezida Manuel JoĂŁo Conçalves Lourenço wa Angola ku wa Kane yagiranye ikiganiro kirekire cyo kuri telefoni na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, anohereza intumwa ye kwa FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa RDC. Iki kiganiro cyabaye mu rwego rwo gukemura amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, gusa nta byinshi Perezidansi ya Angola yigeze igitangazaho. Angola ni […]

EU yemeje ko mukeba wa Maduro ari we Perezida yemera wa Venezuela

Kuri uyu wa Kane, Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi yemeje umwanzuro wemeza ko umuntu utavuga rumwe n’ubutegetsi Edmundo Gonzalez Urrutia ari we perezida wemewe wa Venezuela, nyuma y’uko Nicolas Maduro usanzweho avuga ko yatsinze amatora atavugwaho rumwe . Gutora uyu mwanzuro ariko ntibivuze ko ugomba kubahirizwa kandi ngo ntavuze ko buri gihugu kigize umuryango kibibona […]

Umuturage wa Israel arakekwa mu mugambi wa Irani wo gushaka kwica Netanyahu

Kuri uyu wa Kane Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyagabye ibitero ku birindiro birindwi by’abarwanyi ba Hezbollah muri Libani, kivuga kandi ko mu kwezi gushize hafashwe umuturage wa Israel ukekwaho kugira uruhare mu mugambi wa Irani wo gushaka guhitana bamwe mu bayobozi b’igihugu. Ubuyobozi buvuga ko uwatawe muri yombi ari umucuruzi ufite abantu akorana na […]

Musanze: Yafatanwe amadolari arenga ibihumbi 17 yari yibye umukoresha we i Kigali

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Musanze yafashe kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri, umusore w’imyaka 24 y’amavuko, ucyekwaho kwiba shebuja amadolari y’Amerika (US$) 17, 200 n’amafaranga y’u Rwanda (Frw) 2,200 mu Karere ka Gasabo . Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza, yavuze ko […]