Imirwano hagati ya FARDC na M23 i Masisi yaba yageze i Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo

Ibintu byakomeje kuba urujijo kandi bihindagurika kuri iki Cyumweru, itariki ya 19 Mutarama 2025, muri Teritwari za Masisi (Kivu y’Amajyaruguru) na Kalehe (Kivu y’Amajyepfo). Nk’uko amakuru menshi abitangaza, imirwano hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bazo batandukanye hamwe n’inyeshyamba za M23/AFC zaba zimaze kwerekeza ku butaka bwa Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo. […]

P. Kagame yavuze ku bari gushyira hanze amashusho y’ubwambure bwabo 

Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru yanenze abiganjemo urubyiruko bamaze iminsi bashyira hanze amashusho abagaragaza bambaye ubusa, agaragaza ko ibyo bakora byerekana ko no mu mitwe yabo nta kirimo. Umukuru w’Igihugu yakomoje kuri kiriya kibazo, nyuma y’uko muri iki Cyumweru ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’ubwambure bwa bamwe mu bantu bivugwa ko ari ay’abantu bazwi […]

Goma: Umupolisi w’ipeti rya Major wishwe yaba yazize ubwoko?

Umu majoro mu Gipolisi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo witwa Christophe yiciwe muri kamwe mu duce two mu Mujyi wa Goma, aho bamwe bemeza ko yaba yazize ko ari Umututsi. Amakuru yashyizwe ahagaragara dukesha Kivu Morning Post avuga ko Major Christopher wo mu Gipolisi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (PNC), yishwe n’abantu bitwaje […]

Israel: Abaminisitiri 3 beguye kubera gushaka guhagarika imirwano muri Gaza

Minisitiri w’umutekano wa Israel, Itamar Ben-Gvir hamwe n’abandi baminisitiri babiri bo mu ishyaka ry’Abayahudi beguye. Ishyaka rya Minisitiri w’umutekano, Itamar Ben-Gvir rivuga ko abaminisitiri baryo beguye muri guverinoma kuri iki Cyumweru mu rwego rwo kwanga amasezerano yo guhagarika imirwano muri Gaza. Kuva kw’abaminisitiri bo mu ishyaka ry’Abayahudi muri Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin […]

Ubu Mutuelle de Santé izajya inakoreshwa mu buvuzi bwa kanseri

Guverinoma yatangaje ko gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima bushingiye ku baturage, Mutuelle de Santé, ubu izajya inakoreshwa mu buvuzi bwa kanseri. Iki cyemezo cyatangajwe ku itariki ya 17 Mutarama 2025, nyuma y’inama y’abaminisitiri, kigamije gutuma ubuvuzi bwa kanseri burushaho guhenduka kandi bukagerwaho, bikagabanya umutwaro w’amafaranga ku miryango. Minisitiri w’ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yemeje ko kuvura kanseri vuba […]

Nigeria: Byibuze abantu 70 bapfuye nyuma y’impanuka y’ikamyo yikoreye lisansi

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 18 Mutarama 2025, byibuze abantu 70 bapfuye abandi barakomereka mu majyaruguru ya Nigeria ubwo ikamyo yari itwaye lisansi yagwaga,  lisansi ikameneka ikaza guturika, nk’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi muri iki gihugu kibitangaza. Iyi mpanuka yabereye muri Leta ya Niger ikurikira iturika nk’iri ryabereye muri Leta ya Jigawa mu Kwakira gushize […]

TikTok yahagaritse gukorera ku butaka bwa Amerika

Kuri iki Cyumweru,itariki 19 Mutarama 2025,  TikTok yahagaritse gukora ku bayikoresha muri Amerika kandi ntikiri kuboneka kuri za app stores zizwi mbere gato y’uko itegeko rya leta ryari kuyibuza gukorera muri iki gihugu ritangira gukurikizwa. Ubutumwa ku bakoresha bagerageza gukoresha iyo porogaramu bwagize buti: “Muri Amerika hashyizweho itegeko ribuza TikTok.” “Ikibabaje ni uko bivuze ko […]

Polisi yafashe abantu umunani bakurikiranyweho kwiba moto no kuzihindurira plaque

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2025, abantu umunani (8) bafashwe mu bihe bitandukanye hirya no hino mu gihugu, bacyekwaho kwiba moto no kuzihindurira nimero iranga ikinyabiziga (plaque). Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda; Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko moto bafatanywe ziri mu zisaga 136 […]

Polisi y’u Rwanda yahannye umuhanzi The Ben

Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yahanishijwe gutanga amande y’amafaranga ibihumbi 10 y’u Rwanda nyuma yo gufatwa n’inzego zishinzwe umutekano atwaye imodoka adakurikije amategeko agenga abatwara ibinyabiziga, aho atari yambaye umukandara w’umutekano. Iki gihano cyashyizweho na Polisi y’u Rwanda nk’uko biteganywa n’amategeko, gisanzwe gihabwa umuntu wese ugaragaye muri aya makosa agamije gushyira ubuzima bwe cyangwa ubw’abandi mu […]

M23 yigaruriye Bitonga Lumbishi, isatira ku kuniga Goma burundu

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama wigaruriye uduce twa Bitonga, uhirukanye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Lumbishi na Bitonga twombi ni uduce duherereye muri Teritwari ya Kalehe, hafi nanone y’agace ka Minova gaherereye ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu. Nka Bitonga si ubwa mbere M23  iyigeramo, […]