M23 yongeye guhamagarira Guverinoma ya Congo kugana inzira y’ibiganiro bigishoboka

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo Congo (AFC / M23) yamaganye guteza umutekano muke, ubwicanyi n’ubusahuzi byakozwe na FARDC, FNDB, FDLR n’abafatanyabikorwa babo, ubwo bari batayanye, rivuga ko hafashwe umwanzuro wo guha ubutabazi abaturage bo mu Mujyi wa Bukavu batereranywe n’ingabo z’ihuriro rya Kinshasa. Nkuko bigaragara mu itangazo yashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 […]
Amafoto: FARDC yongeye guha impano M23 i Bukavu

Abarwanyi ba M23 bigaruriye Umujyi wa Bukavu bidasubirwaho kuri iki Cyumweru aho Kuri ubu ari bo bari kurinda umupaka wa Congo uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Amafoto Kuri iki Cyumweru itariki ya 16 Gashyantare 2025 mu Mujyi wa Bukavu kandi abasirikare ba Guverinoma ya Congo bataye ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo […]
Juno yigaramye ibyo kurongora uwo bakorana

Umuhanzi Juno Kizigenza yanyomoje amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba ari kwitegura ubukwe na mugenzi we, France Mpundu. Juno yavuze ko aya makuru atariyo, ashimangira ko nta kintu kihariye kiri hagati yabo uretse ubufatanye mu muziki. Yabwiye IGIHE ati: “Nta bukwe, reka reka. Nanone nabibonye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, […]
Sonia Rolland ababajwe no kurongorwa yaracuze

Uwitonze Sonia Rolland wamamaye nk’uwabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000 yemeje ko agiye kurushinga n’umukunzi we, Guillaume Gabriel mu Ugushyingo 2025. Mu kiganiro yagiranye na Mesdames Média, uyu munyamideli n’umukinnyi wa filime w’imyaka 43 yagaragaje ibyishimo by’uko agiye kurushinga n’umusore bamaze imyaka 20 baziranye. Ati: “Byamfashe igihe kirekire ngo mvuge yego. Ubu ndumva niteguye, ndakomye, […]
APR FC yatsinze AS Kigali

APR FC yegukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025. Ni umukino wari ukomeye cyane, aho igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa. APR FC yafunguye amazamu ku munota wa 66 […]
Bukavu: Abarwanyi ba M23 ubu nibo bagenzura umupaka wa Rusizi I ku ruhande rwa RDC

Abarwanyi ba M23 ubu nibwo bagenzura umupaka wa Rusizi ya I ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo guhera saa yine za mu gitondo kuri iki Cyumweru. Biravugwa ko abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ba Guverinoma ya Congo ku wa Gatanu bataye umupaka bagahunga. Ni nyuma y’ihunga ry’abandi bayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyepfo mu minsi […]
Burundi: Bunyoni yasabye gusubiramo urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yitabaje urukiko kuri uyu wa Gatanu ushize imbere y’urugereko rw’imanza rw’urukiko rw’ikirenga, mu rubanza rudasanzwe rwabereye muri Gereza Mkuru ya Gitega mu murwa mukuru wa politiki. Kugeza ubu Bunyoni wakatiwe igifungo cya burundu, yasabye ko urubanza yaciriwe rwavaho kugira ngo yongere gufungura dosiye ye. Bivugwa ko […]
M23 ikomeje kugaragara i Bukavu mu gihe FARDC yigambaga kuhagaruka

Kuri iki Cyumweru mu gitondo, mu Mujyi wa Bukavu rwagati no mu nkengero zaho hagaragaye imirongo miremire y’abarwanyi ba M23, bari kohereza mu bice bitandukanye mu gihe FARDC yari yigambye kugaruka muri uyu Mujyi nyuma yo kuhava Kwa M23. Umunyamakuru w’Umunyekongo utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye BBC ati: “Muri iki gitondo nanjye nababonye, imirongo […]
Kenya: Raila Odinga arakurikizaho iki nyuma yo gutsindwa mu matora ya AU?

Gutsindwa k’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, Raila Odinga,mu matora y’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), ngo ntabwo ari ibanga bigiye guhindura isura y’amatora yo muri iki gihugu mu 2027. Ku wa Gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025, Raila, umunyapolitiki w’inararibonye, ​​yatsinzwe n’umukandida wa Djibouti, Ali Youssouf mu matora yabereye i Addis Abeba, […]
U Burundi bwahambirije uhagarariye PAM

Leta y’u Burundi kuwa Gatanu yirukanye Sibi Lawson-Marriot uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa kw’Isi, PAM, na Sarah Nguyen wayoboraga ishami rishinzwe umutekano muri ibi biro. Abo bayobozi uko ari babiri, bavuye mu gihugu ku wa Gatanu mu gitondo mu ndege ya Rwandair nyuma y’uko Guverinoma y’u Burundi ibahaye amasaha 48 yo kuba bavuye […]
Kinshasa: Polisi yarunzwe kuri za paruwasi gaturika n’iza abaporoso

Abayobozi ba polisi basabwe kohereza abapolisi babo kuri za paruwasi Gatolika n’Abaporotesitanti kugira ngo babungabunge umutekano mbere, mu gihe na nyuma yo guterana ndetse na misa byo kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 Gashyantare i Kinshasa, nkuko byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 15 Gashyantare 2025. Telegaramu yaturutse kuri sitasiyo ya polisi yo mu ntara […]