Jeneral’ Obed Ngabo yishwe na M23

Uwiyitaga Jenerali Obedi Ngabo wo mu ihuriro Coalition LibĂ©rale pour la DĂ©mocratie (CLD) riri mu yagize imitwe ya Wazalendo ifasha ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara irwanamo na AFC/M23, yishwe n’ingabo z’uriya mutwe. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo avuga ko Ngabo Obed yabonetse yapfuye ku wa Gatanu tariki ya […]
Museveni yahawe amajwi ya Minisitiri w’Intebe wungirije asaba abapfumu kumumwicira

Uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yongeye kuvugwaho nyuma y’uko hasakaye ry’amajwi bivugwa ko ari aye avugana n’abapfumu. ChimpReports yatangaje ko aya majwi yaganiriweho mu nama iheruka kubera muri Perezidansi ya Uganda, i Entebbe. Amakuru yatanzwe n’abantu bavuga ko bazi ibyabereye muri iyo nama, avuga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagaragaje […]
Umugore yaguye igihumure nyuma yo gukubitwa inkoni 100 azira gusambana

Mu Ntara ya Aceh yo muri Indonesia, umugore yaguye igihumure nyuma yo guhabwa ibihano byo gukubitwa inkoni 100 mu ruhame, ashinjwa gukora imibonano mpuzabitsina n’umugabo batashakanye. Ibi bihano byabereye mu mujyi wa Banda Aceh imbere y’abaturage benshi ndetse n’abayobozi batandukanye, aho uwo mugore n’umugabo bari kumwe bakubiswe inkoni n’abashinzwe kubahiriza amategeko ya Sharia akoreshwa muri […]
Ibimenyetso bikwereka ko Umukobwa agukunda

Urukundo ni kimwe mu bintu bituma abantu benshi bagira amatsiko yo kumenya niba uwo bakunda na we abafitiye amarangamutima nk’ayo. Nubwo abantu batabigaragaza kimwe, impuguke mu by’imibanire n’urukundo zivuga ko hari imyitwarire imwe n’imwe ishobora gufasha umuhungu kumenya niba umukobwa yamwihebeye by’ukuri. Kimwe mu bimenyetso bikomeye ni uko umukobwa akumenyekanisha mu nshuti ze ndetse no […]
Abarwanyi ba Ebola muri Uganda biyongereye

Ubutegetsi bwa Uganda bwatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye abandi barwayi batatu bashya ba Ebola, bituma umubare w’abamaze kwemezwa ko bayanduye iki cyorezo ugera kuri batanu mu gihugu. Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko abo barwayi bashya barimo umushoferi wari watwaye umurwayi wa mbere, umukozi w’ubuzima wamwitayeho, ndetse n’umugore ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]
U Bubiligi bwahamijwe icyaha cyibasiye inyokomuntu

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Bruxelles mu Bubiligi, rwahamije Leta y’iki gihugu icyaha cyibasiye inyokomuntu cyo gutandukanya abana n’ababyeyi babo, mu gihe cy’ubukoloni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni icyemezo cyafashwe ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, gishimangira urubanza rwari rwaciwe bwa mbere mu 2024, rwahamije ko ibikorwa byo kwambura abana imiryango yabo hagati ya […]
AFC/M23 yavuze ku by’uko yaba yambuwe na FARDC na Wazalendo uduce 8

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byegereye ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’uko ingabo zawo zaba zambuwe uduce umunani two muri Teritwari ya Masisi n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu, ikinyamakuru ACTUALITE.CD cyegereye Leta ya Congo Kinshasa, cyatangaje ko ingabo za Leta […]
Senegal mu ihungabana: Perezida Faye yirukanye Sonko, asesa Guverinoma yose

Mu gihugu cya Senegal habaye ihinduka rikomeye muri politiki nyuma y’uko Perezida Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse agasesa Guverinoma yose, ibintu byatunguranye kubera uburyo aba bagabo bombi bari basanzwe bafatwa nk’inshuti za hafi n’abafatanyabikorwa ba politiki. Itangazwa ry’iki cyemezo kuri televiziyo ya Leta ya Senegal ryahise rikurura impaka zikomeye muri Afurika […]
Perezida Kagame yirukanye abakozi hafi 300 ba RCS barimo ba Ofisiye

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwatangaje ko Perezida Paul Kagame yirukanye abakozi barwo 296, barimo n’abo ku rwego rwa ba Ofisiye. RCS mu itangazo yasohoye, yavuze ko mu birukanwe harimo ba ofisiye bakuru batandatu, aba ofisiye bato 13 ndetse n’abasuzofisiye n’abawada 277. Uru rwego rwavuze kandi ko hari ba ofisiye bakuru n’abato batanu basubijwe […]