Burundi: Hizihijwe Umunsi wahariwe Imbonerakure ku nshuro ya 10

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 29 Kanama 2026, urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi mu Burundi, rwizihije umunsi warugenewe (Imbonerakure Day) wizihizwaga ku nshuro ya cumi. Ibirori byo kwizihiza Umunsi wahariwe Imbonerakure, ku nshuro ya cumi, byabereye i Gitega, umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi, ahari abayoboke b’ishyaka (Bagumyabanga) n’urubyiruko rw’Imbonerakure ibihumbi n’ibihumbi […]

Ba ofisiye muri RDF, RNP na RCS basoje imyitozo yari imaze amezi 5 i Gabiro

Ba Ofisiye bakuru, abato n’abandi bo mu nzego zitandukanye bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Urwego rushinzwe Igorora (RCS), barangije amahugurwa ya gisirikare yari amaze amezi atanu abera mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare i Gabiro. Aya mahugurwa yahaye abayitabiriye ubumenyi n’ubushobozi bukenewe kugira ngo bashobore gukora kinyamwuga nk’abayobozi ba Kompanyi (Company), […]

Zimbabwe: Umukazana wa Perezida Mnangagwa akurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge

Kelsea Tafirenyika, umugore w’umuhungu wa Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yatawe muri yombi mu ntangiriro za Kanama ari mu rugo rwe i Greystone Park, agace k’abakire mu mujyi wa Harare, akurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge. Polisi yasanze uyu mugore w’imyaka 22 ari kubara amacupa mato (ampoules) arimo imiti ya pethidine na morphine. Hafi amacupa 200 yari yahishwe […]

Ukraine: Abantu 37 biciwe mu gitero ku bubiko bw’intwaro

Abantu 37 bapfuye naho abagera kuri 400 bakuwe mu byabo nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote z’u Burusiya cyagabwe ku bubiko bw’ibikoresho bya gisirikare bya Ukraine hafi y’aho batuye mu nkengero za Kyiv. Iki gitero cyatumye ibisasu, za mine na drones biturika mu masaha ya nimugoroba kuwa Gatanu, bitera iturika rihambaye ryangije imitungo yo hafi aho […]