Abantu 37 bapfuye naho abagera kuri 400 bakuwe mu byabo nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote z’u Burusiya cyagabwe ku bubiko bw’ibikoresho bya gisirikare bya Ukraine hafi y’aho batuye mu nkengero za Kyiv.
Iki gitero cyatumye ibisasu, za mine na drones biturika mu masaha ya nimugoroba kuwa Gatanu, bitera iturika rihambaye ryangije imitungo yo hafi aho harimo n’inzu yita ku bageze mu zabukuru n’abafite ubumuga, nk’uko Perezida Volodymyr Zelensky yabitangaje.
Yavuze ko ubwo bubiko “butakagombye kuba buri aho” kandi ko iperereza ryatangiye ku “burangare bukabije bw’ababitse ibisasu hafi y’abantu”.
Iki gitero ni icya kabiri cyagabwe ku bubiko bw’ibikoresho bya gisirikare hafi ya Kyiv mu mezi ashize, ibirushaho kongera uburakari nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.
Abana bane bari mu bantu 42 bakomerekeye mu iturika ryabaye kuwa Gatanu nijoro, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere, Tymur Tkachenko, aho igikorwa cyo gutabara cyari kirimo gukorwa, mu karere ka Bucha, kuwa Gatandatu.


