Prince Harry, Meghan n’abana babo basubiye gutura mu Bwongereza nyuma y’imyaka 6 bahavuye bahunga

Prince Harry n’umugore we, Meghan (Duke and Duchess of Sussex) ndetse n’abana babo bombi bagiye gusubira gutura mu Bwongereza uyu munsi nyuma y’imyaka 6 bafashe icyemezo cyo kuva ibwami bakajya gutura muri Amerika nk’uko amakuru agera kuri BBC avuga. Bivugwa ko Igikomangoma Harry, Meghan n’abana babo, Archie na Lilibet baza gufata indege yabo yihariye  bava […]

Uvira: Abarwanyi ba Twirwaneho na AFC/M23 bafashe umudugudu wa Masango

Umudugudu wa Masango uherereye mu misozi iringaniye yo muri Gurupoma ya Bijombo, muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Kanama 2026, wigaruriwe n’abarwanyi ba Twirwaneho na AFC/M23 nk’uko bigaragara mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mudugudu wafashwe nyuma y’imirwano ikaze yatangiye mu ma saa munani z’urukerera […]

Burundi: Sahwanya-FRODEBU ihangayikishijwe n’inkongi z’umuriro zibasira amasoko kuva mu 2011

Ibi byatangajwe kuwa 25 Kanama 2026, n’Umuvugizi w’ishyaka Sahwanya-FRODEBU, Bikorindagara Sylvestre, avugira mu gihe hashize igihe hagaragara amasoko afatwa n’inkongi z’umuriro mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Bujumbura, mu gihugu hagati harimo irya Kinindo ryahiye kuri uyu wa Kabiri ushize. Bikorindagara Sylvestre yavuze ko bakomeje gukurikirana, n’umutima uhagaze, izi nkongi z’umuriro avuga ko zimaze imyaka 15 zibasira […]

Moscow: Umuyobozi wa CIA yakoreye uruzinduko rw’imbonekarimwe ku butaka bw’umwanzi

Umuyobozi w’ikigo cy’ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA) yagiye i Moscou mu ruzinduko rw’imbonekarimwe rw’biganiro bitatangajwe, nk’uko umufatanyabikorwa wa BBC muri Amerika, CBS, yabitangaje. Bivugwa ko John Ratcliffe yageze mu murwa mukuru w’u Burusiya kuwa Kabiri mu gitondo. Yaba Washington cyangwa Moscou nta ruhande na rumwe rwigeze rugira icyo ruvuga ku mpamvu y’uru […]

Pakistan: Nibura abana b’impinja 14 bishwe n’inkongi y’umuriro yadutse mu bitaro

Nibura abana 14 b’impinja kuri uyu wa Gatatu bapfuye nyuma y’inkongi y’umuriro yadutse mu cyumba cy’ababyeyi cy’ibitaro byo mu murwa mukuru wa Pakistan witwa Islamabad. Umuvugizi yabwiye BBC Urdu ko inkongi yaturutse ku gikoresho gitanga ubukonje cyangwa ubushyuhe (air-condition) mu cyumba cyagenewe ababyeyi n’abana mu bitaro bya PIMS, maze ikwirakwira vuba bitewe n’imiyoboro ya oxygen. […]

Museveni yakiriye Tyrese Gibson wamamaye muri Fast&Furious

Perezida Yoweri Museveni, kuwa Kabiri yakiriye mu ngoro ye umukinnyi wa cinema w’icyamamare muri Hollywood, Tyrese Gibson, uri gusura Uganda kuva kuwa Mbere. Abinyujije kuri X, Perezida Museveni yahaye ikaze muri Uganda uyu mukinnyi wa filime akaba n’umuririmbyi. Ati: “Ndashaka guha ikaze muri Uganda umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Tyrese Gibson. Twaganiriye ku bijyanye n’ubuhanzi, […]

Algeria yahaye Niger inkunga ya kajugujugu enye

Igihugu cya Algeria, kuwa 9 Kanama 2026, cyahaye Niger inkunga ya kajugujugu enye za gisirikare n’ibikoresho bifitanye isano, ikaba ari intambwe nshya ikomeye mu bufatanye mu by’umutekano bw’ibihugu byombi. Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu cya Algeria yavuze ko indege ebyiri za Mi-24V SuperHind na kajugujugu ebyiri za Mi-171 zitwara abantu, hamwe n’amasasu, ibikoresho byo gusimbura ibishaje, ibikoresho […]

Visi Perezida wa Tanzania yeguye ku mirimo ye

Visi Perezida wa Tanzania, Dr. Emmanuel John Nchimbi, yatangaje icyemezo cye cyo kwegura ku mwanya we no gusezera burundu mu mirimo ya Leta ndetse no muri politiki, ibi bikazatangira kubahirizwa kuva ku wa 4 Nzeri 2026. Mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Visi Perezida i Dodoma, kuri uyu wa Kabiri, itariki 25 Kanama 2026, Dr. Nchimbi […]

Bujumbura: Isoko rya Kinindo naryo ryafashwe n’inkongi y’umuriro

Nyuma y’uko inyubako ebyiri z’ubucuruzi ziherutse gukongorwa n’inkongi y’umuriro mu Mujyi wa Bujumbura ku wa Gatanu, itariki ya 22 Kanama, indi nkongi y’umuriro yongeye kwaduka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 25 Kanama 2026 mu isoko. Umwotsi mwinshi wagaragaye hejuru y’isoko rya Kinindo muri Komini ya Mugere, iherereye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’umurwa […]

FARDC n’abafatanyabikorwa bagabiye icyarimwe ibitero mu bice bitandukanye muri Masisi

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 25 Kanama 2026, saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo (5:30 a.m.), ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabiye ibitero icyarimwe ku duce dutuwe cyane twa Gasenyi, Murambi no mu nkengero zaho muri Teritwari ya Masisi. Nk’uko byatangajwe n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ry’Umuvugizi, Lawrence Kanyuka, “Ibi bitero, bigikomeje gukorwa mu […]

Ikibazo cy’u Rwanda cyahoze ari FDLR muri Congo – Kagame

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimangiye ko ikibazo cya FDLR gikomeje guhangayikisha u Rwanda mu gihe cyose ikibarizwa ku butaka bwa Congo, agaragaza ko ari yo mpamvu nyamukuru yakomeje guteza amakimbirane hagati y’u Rwanda na RDC. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kigali kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 24 Kanama 2026, ubwo yasubizaga […]

Sudani y’Epfo: Abasirikare 2 ba Loni bishwe abandi barakomereka

Abasirikare babiri bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye baturuka muri Ethiopia kuwa Mbere barishwe, abandi barindwi barakomereka nyuma yo kugwa mu gico cy’abantu bitwaje intwaro muri Leta ya Jonglei, muri Sudani y’Epfo. Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ibi bitumye umubare w’abasirikare bayo bamaze kwicwa bari mu kazi ku Isi hose muri uyu mwaka ugera […]

Perezida Kagame yasabye Minisitiri Nduhungirehe kuzasaba imbabazi Mutesi Scovia

Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe kuzasaba imbabazi umunyamakuru Mutesi Scovia, nyuma yo guterana amagambo kwigeze kuba hagati y’aba bombi. Muri Gicurasi uyu mwaka ni bwo Nduhungirehe na Mutesi Scovia bateranye amagambo. Icyo gihe intandaro yabaye ikiganiro Scovia na bagenzi be bari bakoze kuri Televiziyo ya Mama Urwagasabo, bagaruka ku butumwa […]

Fizi: FARDC yakomeje kwibasira abatuye Minembwe mu bitero bya bombe

Kuri uyu wa Mbere, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zakomeje kugaba ibitero mu bice bituwe cyane I Minembwe, muri Teritwari ya Fizi, muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano yo muri iyi weekend ishize. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 24 Kanama 2026, saa tatu […]

Uganda: Urukiko rwemereye MUA Insurance Rwanda gufatira amafaranga ya Roko Construction

Urukiko Rukuru rwa Kampala rwemereye MUA Insurance Rwanda Ltd gushyira mu bikorwa icyemezo cy’inkiko z’u Rwanda gifite agaciro ka miliyari 14.87 z’amashilingi kuri Roko Construction Rwanda Ltd, ibishobora kwemerera iki kigo cy’ubwishingizi gufatira amafaranga yavuye mu mishinga y’icyo kigo cy’ubwubatsi muri Uganda. Umucamanza w’Urukiko rw’Ubucuruzi Susan Odongo yanditse icyemezo, cyatanzwe ku itariki ya 13 Nzeri […]

RDC: Abantu 6 bivugwa ko ari abo mu muryango wa perezida baburiwe irengero mu birombe

Abantu batandatu bafitanye isano n’umuryango wa Perezida baburiwe irengero nyuma y’impanuka yabereye ahacukurwa amabuye y’agaciro i Kakanda. Aba bantu bavugwaho kugirana isano n’umuryango wa Perezida, baburiwe irengero nyuma y’impanuka yabaye ku wa Gatatu ahazwi nka Kabamba Nkola muri Kakanda, mu Ntara ya Lualaba. Nk’uko bigaragara mu mashusho yakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, imodoka nto (minibus) yari […]

Umupira Maradona yatsindishije igitego cy’akaboko waguzwe amamiliyari muri cyamunara

Umupira wo gukina Diego Maradona yakoresheje atsinda igitego cye kizwi cyane cyo mu Gikombe cy’Isi cyo mu 1986 bise “ukuboko kw’Imana” (hand of God), wagurishijwe mu cyamunara kuri miliyoni 2.5 z’amapawundi, hafi miliyari 5 z’Amanyarwanda. Maradona yamenyekanye cyane ubwo yakubitaga umupira n’ikiganza ukarenga umuzamu Peter Shilton, mu mukino wa ÂĽ cy’irangiza aho Argentine yatsinze u […]

Minembwe: Twirwaneho yiyemeje kuburizamo umugambi wo gutsemba Abanyamulenge

Umutwe wa Twirwaneho uremeza ko witeguye gufata ingamba zose zishoboka mu kuburizamo icyo wita umugambi ugamije gukorera jenoside Abanyamulenge, nyuma yo kwamagana ibitero byo kuri iki Cyumweru gishize mu bice bituwe cyane, aho abegereye leta ku ikubitiro bawushinjaga kuba ari wo watangije imirwano. Bitandukanye n’amakuru yatangazwaga na bamwe mu banyamakuru begereye Leta ya Kinshasa, umutwe […]

Guinea: Ikirundo cy’imyanda cyahitanye nibura 30

Nibura abantu 30 bamaze gupfa nyuma y’uko ikirundo kinini cy’imyanda cyaguye ku nzu zari hafi y’ahajugunywa imyanda mu murwa mukuru wa GuinĂ©e Conakry, nk’uko abategetsi babitangaza. Abantu 22 bakomeretse, barimo batandatu bakomeretse bikomeye,mu gace ka Dar-es-Salam ko mu mujyi wa Conakry. Abategetsi bavuze ko hashyizweho abantu benshi barimo n’ingabo kugira ngo bakomeze ibikorwa byo gushakisha […]

Bamwe mu bayoboye urugomo rwakorewe abashinzwe umutekano i Nyabugogo bafunzwe

Umujyi wa Kigali uratangaza ko hamaze gutabwa muri yombi abantu batanu bakekwaho kuba barayoboye abandi mu rugomo rwakorewe abashinzwe umutekano i Nyabugogo kuwa Gatandatu, kandi iperereza rikomeje. Ni nyuma y’uko bamwe mu bazunguzayi bateye amabuye abashinzwe umutekano bari batwaye bagenzi babo bari bari gukora ubucuruzi butemewe. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bubinyujije kuri X kuri iki […]

Uvira: Twirwaneho yafashe ibice bya Malimba na Rubarati

Imirwano mishya yongeye kwaduka, kuri uyu wa 23 Kanama 2026, mu misozi ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho bivugwa ko abarwanyi ba Twirwaneho bigaruriye ibindi bice mu mirwano yabahuje n’ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa.  Amakuru aturuka mu nzego z’ibanze avuga ko imirwano ikaze yavuzwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru mu misozi […]

Baku: Amb. Kayonga yagaragaje ko ibisigisigi by’ubukoloni bikomeje kugira ingaruka ku bihugu byakolonijwe

Ambasaderi w’u Rwanda muri Azerbaijan, Gen. (Rtd) Charles Kayonga, yagaragaje ko ibisigisigi by’ubukoloni (by’umwihariko b’Ababiligi) na n’ubu bikigira ingaruka kuri sosiyete mu mibereho ya buri munsi kandi abakoloni bakomeje kugira ijambo ku bihugu bahoze bakolonije nyuma y’imyaka mirongo y’ubwigenge. Ibi Ambasaderi Kayonga yabitangarije mu ijambo rye mu nama mpuzamahanga yabereye i Baku kuwa 21 Kanama […]

Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD arateganya kuza i Kigali

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi mu gihugu cy’u Burundi, yahishuye ko hatagize igihinduka mu zindi gahunda ze ashobora kuza i Kigali, aho azaba aherekeje ikipe ye ya “Aigle Noir” ifite umukino izahuriramo na Al hilal mu Rwanda ku itariki 5 Nzeri 2026. Yabitangaje mu kiganiro RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo yagiranye n’abanyamakuru i Burunga kuri uyu […]

Bugesera: Abana babiri barohamye mu mugezi umwe ahasiga ubuzima

Umwana w’umuhungu witwa Irakoze Claude, w’imyaka 14, kuwa Gatandatu, itariki 22 Kanama 2026, ahagana saa munani, yarohamye mu mugezi wa Kanyonyomba, uherereye mu Kagali ka Biryogo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera. Nyakwigendera yari atuye mu Mudugudu wa Taba mu Kagali ka Kagenge umurenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera nk’uko inkuru dukesha […]

Minembwe: Ibitero bya Kinshasa byashegeshe abatuye Mukoko na Nyamabuguma

Ibitero byo mu kirere by’ubutegetsi bwa Kinshasa byongeye guhitana abantu b’inzirakarengane kandi byangiza byinshi i Minembwe mu bice bituwe cyane nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23. Iri tangazo ryanyujijwe kuri X n’Umuvugizi Lawrence Kanyuka, rivuga ko “Ku wa Gatandatu, itariki ya 22 Kanama 2026, saa 12:10 z’amanywa, ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero […]

C64: Joseph Kabila na Corneille Nangaa bakenewe mu biganiro bidaheza muri RDC

Mu gihe Kinshasa ikomeje kwanga ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa bagira uruhare mu biganiro hagati y’abanyagihugu bihuza impande zose byatangajwe na Perezida wa Repubulika ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Martin Fayulu arimo gukora ibishoboka byose ngo agaragaze akamaro ko kuba uwahoze ari perezida n’uwahoze ayobora Komisiyo Yigenga y’Amatora (CENI) […]

Tshisekedi n’ubutegetsi bwe ni yo mpanuka ikomeye yabaye kuri RDC – Florimond Muteba

Gusenya amasoko amwe n’amwe, harimo n’ayiswe ay’akajagari (cyangwa ayo bita “pirate”), hamwe n’ahandi hantu hakorerwa ubucuruzi butandukanye i Kinshasa, bifite ingaruka zikomeye ku mibereho n’ubukungu mu gihe gito, igiciriritse n’igihe kirekire, mu mujyi aho kubona akazi bigoye cyane, mu mboni z’umuyobozi w’ikigo gishinzwe imikoreshereze y’imari ya leta muri RDC, wemeza ko Tshisekedi n’ubutegetsi bwe ari […]

Perezida Tshisekedi aratangira uruzinduko rw’iminsi 2 muri Tanzania

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, guhera kuri uyu wa Mbere ategerejwe mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu gihugu cya Tanzania. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Tanzania, ni uruzinduko Perezida Tshisekedi yatumiwemo na mugenzi we, Samia Suluhu kuva kuri uyu wa Mbere kugeza kuwa Kabiri, itariki […]

Hayden Penettiere wamenyekanye muri “Heroes” yapfuye akiri muto

Umukinnyi wa filime Hayden Panettiere, wamenyekanye muri filime z’uruhererekane zo muri Amerika, nka Heroes na Nashville, yapfuye afite imyaka 36 y’amavuko. “Ni n’agahinda gakomeye ko kubamenyesha urupfu rubabaje rwa Hayden wacu dukunda. Yari urumuri rutangaje n’imbaraga karemano byazanye urukundo n’ibyishimo bitagira ingano ku bamumenye bose ndetse no ku bantu babarirwa muri za miriyoni bamurebye kuri […]

Amerika yivumbuye kuri Korea y’Epfo kubera intambara ya Iran

Perezida Donald Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugabanya ku buryo bugaragara imyitozo ya gisirikare ihuriweho zakoranaga na Korea y’Epfo, avuga ko afitanye “umubano mwiza cyane” na Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un. Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga […]

Gasabo: Akurikiranweho kwica se nyuma yo kunywa icyuma

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye umusore w’imyaka 34 y’amavuko ukekwaho kwica se umubyara amuteye icyuma nyuma yo kunywa inzoga y’icyuma. Icyaha akurikiranweho cyakozwe mu ijoro ryo ku itariki ya 02/08/2026 ahagana saa munani, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jabana, Akagali ka Kabuye, Umudugudu wa Nyagasozi. Mu ibazwa rye, uregwa yemeye icyaha akurikiranweho. […]

Trump aritegura gutangaza ko Umuhora wa Hormuz ari agace ka Amerika

Perezida Donald Trump ku wa Gatanu yavuze ko azatangaza Umuhora wa Hormuz nk’akarima ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika “vuba aha” mu gihe iyi nzira y’amazi inyuzwamo kimwe cya gatanu cya peteroli na gaz bikoreshwa ku Isi, ikomeje kuba isibaniro rya gisirikare na dipolomasi. Iran yasubije, yita iterabwoba rya Trump “ubusa” mu gihe amasezerano y’ubwumvikane […]

Amanota y’ibizamini bya leta azatangazwa mu cyumweru gitaha

Amanota y’ibizamini bisoza amashuri abanza (PLE) n’ibizamini bisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (O-Level) bya 2025/26 azatangazwa ku wa Kane itariki ya 20 Kanama, saa munani z’amanywa. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, NESA yavuze ko itangazwa ry’amanota rizanyuzwa imbonankubone ku miyoboro ya YouTube ya Minisiteri y’Uburezi na NESA. Abakandida 277.452 bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza, mu […]

C64: Imyigaragambyo mishya nyuma y’uko Tshisekedi atubahirije nyirantarengwa

Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, C64, ryatangaje ko ryinjiye mu cyiciro gishya mu bikorwa byaryo byo guharanira ko habaho ibiganiro hagati y’abanyagihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho riteganya imyigaragambyo mu kwezi gutaha nyuma y’uko Perezida Tshisekedi atubahirije igihe ntarengwa yari yarahawe ngo ategure ibyo biganiro. Mu nama yabaye ku wa Gatandatu, itariki ya 15 […]

USA: Umuhungu wa Jose Chameleone yatawe muri yombi

Abba Marcus Mayanja, umuhungu w’imyaka 20 w’umuhanzi wo muri Uganda, Joseph Mayanja, uzwi cyane nka Jose Chameleone, yatawe muri yombi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mu muryango, nk’uko bigaragazwa n’amakuru yatangajwe n’urubuga rukurikiranira hafi ibyaha mu gace ka Minneapolis. Ayo makuru agaragaza ko Mayanja yafashwe na Polisi ya […]

Burkina Faso: Abanyamakuru boherejwe mu myitozo ya gisirikare

Abanyamakuru barenga 40 bo muri Burkina Faso baturutse mu bitangazamakuru bya leta n’ibyigenga barangije amasomo ya gisirikare, yasobanuwe n’ubutegetsi buriho nk’ “inshingano z’umuturage ukunda igihugu”, kandi biteganyijwe ko bizaba igikorwa ngarukamwaka. Nubwo gahunda nk’iyo yagizwe itegeko umwaka ushize ku banyeshuri batsinze ibizamini bya leta benda kujya muri kaminuza, mu gihe igihugu kirimo kurwana n’imitwe y’Abajihadiste, […]

Gasabo: Urukiko rwakatiye umugore wari ukurikiranweho kwica umugabo we

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo muri iki cyumweru rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo umugore w’imyaka 45 y’amavuko wari ukurikiranweho kwica umugabo we amunigishije igitambaro nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru. Icyaha cyakozwe ku itariki ya 30 Mata 2026 ahagana saa tatu z’ijoro mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Rilima, Akagari ka Nyabagendwa, Umudugudu wa Mukoma ubwo umugabo we bamusangaga […]

Zambia: Kubarura amajwi byahagaritswe nyuma yo guhohotera abakozi ba komisiyo y’amatora

‎Komisiyo y’amatora muri Zambia yahagaritse kubarura amajwi no gutangaza ibyavuye mu matora mu gihugu hose nyuma y’amakuru y’urugomo rwabereye mu turere tumwe na tumwe rwibasiye abashinzwe amatora. ‎Abashinzwe amatora batangarije itangazamakuru ko hari igihe impapuro z’itora zibwe mu dusanduku tw’itora, bongeraho ko bongera gusuzuma iryo hagarikwa mu masaha 24 nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. […]

C64: Bamaramaje mu gihe itariki ntarengwa bahaye Tshisekedi yegereje

‎Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rizwi nka C64, rirategura imyigaragambyo karundura mbere y’uko itariki ntarengwa ya 15 Kanama igera. Iyi ni itariki ntarengwa yahawe Perezida FĂ©lix Tshisekedi ngo ategure ku mugaragaro ibiganiro bidaheza bigamije gukemura ikibazo cya politiki n’umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. ‎ ‎Mbere, iri […]

‎Geneve: U Rwanda na DRC bemeye gukomeza gukurikirana ishyirwamubikorwa ry’agahenge

‎U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo bemeranyije gukomeza gukurikirana no kugenzura ishyirwamubikorwa ry’ihagarikwa ry’imirwano mu burasirazuba bwa Congo mu nama y’iminsi ibiri yabahurije mu Busuwisi. Ku itariki ya 12 ni iya 13 Kanama 2026, nibwo abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Rwanda, hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar, Togo […]

RDC yongeye guhabwa ijambo muri SADC nyuma yo kwishyura ibirarane by’imisanzu

‎Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yongeye kugira uburenganzira bwayo bwose bwo gufata iijambo mu nama z’Umuryango w’Iterambere ry’Amajyepfo ya Afurika (SADC). Iki cyemezo cyafashwe mu nama y’Inama y’Abaminisitiri y’uyu muryango yabaye kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 12 Kanama, i Durban, muri Afurika y’Epfo, mbere y’Inama Isanzwe ya 46 y’Abakuru b’Ibihugu na za […]

Sudani: Inyeshamba za RSF zafashe Umujyi wa Geissan ku mupaka na Ethiopia

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Kanama 2026, Inyeshyamba za RSF zemeje ko zafashe Umujyi wa Geissan uherereye ku mupaka na Ethiopia itarebana neza na Sudani muri iki gihe. Igitero cya RSF cyabanjirijwe n’ibitero bya drone n’amabombe y’intwaro ziremereye ku wa Kabiri. Ingabo za RSF ngo zaturutse mu cyerekezo cya Ethiopia. Ingabo za Sudani zimaze […]

Nairobi: Ambasade ya Sudani y’Epfo yafunze imiryango kubera ibirarane by’ubukode

Ambasade ya Sudani y’Epfo i Nairobi yafunzwe nyuma y’uko, nk’uko bivugwa, leta yaba yarananiwe kwishyura ibirarane by’ubukode bw’amezi ane, bigahagarika serivisi za ambasade ku Banyasudani y’Epfo batuye muri Kenya. Ambasade, iherereye mu gace ka Kilimani muri Nairobi, yafunzwe ku wa Kabiri, itariki ya 11 Kanama, nk’uko byatangajwe n’umukozi wa ambasade waganiriye na Radio Tamazuj. Urubuga […]

Bangui: Ambasaderi w’u Bufaransa arashinjwa ibikorwa by’ubushurashuzi

U Bufaransa bwatangiye gukurikirana umudiplomate wabwo mukuru muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) kubera imyitwarire mibi, nyuma y’ibirego by’uko yajyanye abagore benshi mu rugo rwe rw’akazi akaryamana na bamwe muri bo. Ibirego kuri Ambasaderi Bruno Foucher, bivuga ku bintu bivugwa ko byabaye hagati ya Mutarama 2024 na Werurwe uyu mwaka, byatumye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa […]

Perezida Kagame yakurikiye umukino wahuje PSG na Aston Villa

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatatu i Salzburg, muri Austria, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa UEFA Super Cup wa 2026, uhuza amakipe abiri afitanye ubufatanye na gahunda ya “Visit Rwanda”. Ayo makipe ni Paris Saint-Germain (ikipe ifite igikombe cya UEFA Champions League) na Aston Villa (ikipe yatwaye igikombe cya UEFA Europa League), ikaba n’umufatanyabikorwa mushya […]

Kalehe: Ihuriro rya FARDC ryagabye ibitero bitandukanye mu bice bituwe cyane

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kanama 2026, guhera saa kumi n’ebyiri n’iminota mirongo ine n’itanu z’umugoroba (18:45), ingabo zishyize hamwe zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bikomeye zikoresheje imbunda zirasa kure (artillerie) ku duce dutandukanye two muri Teritwari ya Kalehe dutuwe cyane, harimo Rumbishi, Chambombo, Cyamatare na Gasovu. Nk’uko itangazo ryasohowe na AFC/M23 […]

Amashyaka CNDD-FDD na ANC yiyemeje kurushaho kubaka umubano

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 11 Kanama 2026, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo, yahuye na mugenzi we w’ishyaka African National Congress (ANC), Fikile Mbalula, muri Afurika y’Epfo mu ruzinduko rugamije gushimangira ubucuti. Nk’uko byatangajwe n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, uru ruzinduko rwari rugamije kongera gushimangira umubano w’amateka w’ubuvandimwe, ubufatanye n’imikoranire ihuza […]

Zimbabwe: Abantu 44 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato

Polisi ya Zimbabwe ivuga ko abantu nibura 44 bapfuye nyuma yuko ku wa kabiri ubwato burohamye mu Kiyaga cya Kariba cyo muri icyo gihugu. Ubwo bwato bwari bufite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 90 hamwe n’ababutwaye batanu ariko umutegetsi wo kuri icyo kiyaga yatangaje ko abantu 120, barimo abana 12, ari bo bari bari muri ubwo […]

RDC: Wazalendo irigamba gufata imirenge myinshi muri Kalehe

Inyeshyamba za Wazalendo zirigamba kwigarurira Chambombo na Kazinga nyuma y’imirwano ikaze yabereye i Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Imirwano ikaze bivugwa ko yahuje inyeshyamba za Wazalendo n’abarwanyi ba AFC/M23 ku wa Kabiri, itariki ya 11 Kanama 2026, mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Kalehe. Amakuru aturuka mu baturage bo muri ako gace agera kuri […]

Nigeria: Abapolisi 10 biciwe mu mirwano yabahuje n’ibisambo

Muri Nigeria, abapolisi icumi, abasivili babiri, n’abakekwaho kuba abajura 17 bishwe mu gitondo cyo kuwa Kabiri, itariki ya 11 Kanama, mu mirwano yahuje inzego z’umutekano n’itsinda rinini ry’abagizi ba nabi ku mupaka uhuza leta za Zamfara na Kebbi. Abapolisi n’ingabo zari zaroherejwe mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria iminsi mike mbere yaho mu rwego rwo gukumira […]

RDC: Ni iki kirusha ikindi imbaraga hagati y’intambara n’ibiganiro nyuma yo kohereza ingabo nshya 10,000 mu burasirazuba?

Mu gihe inzira za dipolomasi zo kurangiza amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo zigenda zigabanuka, guverinoma ya Perezida FĂ©lix Tshisekedi yimuriye ingabo zirenga 10.000 mu burasirazuba bwa Congo, zikaba ari zimwe mu ngabo nyinshi Kinshasa iherutse kohereza icyarimwe. Iki gikorwa gishobora kongera umwuka mubi, kigahungabanya ibiganiro bisanzwe n’umutwe wa AFC/M23, kandi birongera ubwoba bw’uko ahazaza h’akarere […]

Gako: Abasirikare 146 basoje imyitozo yagenewe military police

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK MUBARAKH, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa ku basirikare 146, barimo Ofisiye n’abandi basirikare, basoje amahugurwa y’Urwego rushinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police). Ni imyitozo ya gisirikare yamaze ibyumweru 7, yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, […]

Abashinzwe ibya gisirikare muri za ambasade bahawe ishusho rusange y’umutekano mu karere

Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y’Ingabo n’Ingabo z’u Rwanda, bagiranye ibiganiro ku mutekano n’abahagarariye ibihugu bitandukanye mu bya gisirikare (Defence AttachĂ©s – DAs) bemerewe gukorera mu Rwanda, ibagezaho ishusho rusange y’umutekano mu karere no ku rwego mpuzamahanga, ndetse n’ibikorwa RDF ikomeje gukora byo kubungabunga amahoro. Ibi biganiro byahuje ba DAs n’intumwa zihagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga […]

Ni iki kihishe inyuma y’ingendo rwihishwa za Gen. Prime Niyongabo i Kinshasa?

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yakoze urugendo rw’ibanga i Kinshasa muri iki cyumweru gishize mu gihe indege za gisirikare za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) zikomeje gutunda ibikoresho bya gisirikare zibijyana i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu n’icyambu gikuru cy’u Burundi, ibyerekana imyiteguro ikomeje yo kongera kugaba ibitero ku barwanyi ba AFC/M23 […]

Bashar Assad wahoze ari perezida wa Syria yakatiwe igihano cy’urupfu

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Kanama 2026, Urukiko rwo muri Syria rwakatiye igihano cy’urupfu uwahoze ari Perezida wa Syria, Bashar Assad, adahari. Assad yakuwe ku butegetsi mu Kuboza 2024 ubwo ingabo zirwanya ubutegetsi zinjiraga i Damascus, bigahagarika ubutegetsi bw’umuryango we bwari bumaze imyaka irenga mirongo itanu. We n’umuryango we bahungiye mu Burusiya, aho yahawe […]

U Burusiya buri gukoresha misile za Koreya ya Ruguru mu kugaba ibitero kuri Ukraine – Zelensky

Ukraine n’u Burusiya byakomeje kurasana mu ijoro ryakeye, aho Perezida Volodymyr Zelensky yashinje Moscou gukoresha ibisasu bya Koreya ya Ruguru. Perezida wa Ukraine yavuze ko ibitero byabereye i Zaporozhye, byahitanye nibura batandatu bikanakomeretsa nibura 19, byakoreshejwemo ibisasu bya missiles ballistic byaturutse ku mufatanyabikorwa w’u Burusiya, Korea ya Ruguru. I Voronezh, mu majyepfo y’u Burusiya, ububiko […]

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyaturitse nyuma y’amasegonda 85 cyoherejwe mu isanzure

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyari kijyanye satellite mu kirere yaturitse nyuma y’amasegonda make gihagurutse kuri uyu wa Mbere, ibi bikaba bigaragaza igihombo gikomeye muri gahunda ya Beijing yo kuba mu bihugu by’ibihangange mu bijyanye n’isanzure. Icyogajuru cya Long March 7A cyaturitse mu buryo buhambaye nyuma y’amasegonda 85 gusa gihagurutse kuri site ya Wenchang ku kirwa cya […]

Hasojwe Itorero Indangamirwa16 ryari rimaze ukwezi kurenga

Uyu munsi ku itariki 10 Kanama, hasojwe Itorero Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16 rimaze iminsi 40 ribera muri CTC-Gabiro mu Karere ka Gasabo, kuva ku itariki 1 Nyakanga 2026. Urubyiruko rwaryitabiriye rwahawe inyigisho zitandukanye zigamije kububakamo indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda no kurangwa n’umuco w’Ubutore; kuba Intagamburuzwa mu bibazo bahura na byo mu buzima; kuba […]

Igitero cya Ukraine mu Burusiya cyahitanye abantu 13

Abantu nibura 13 bapfuye mu gitero cya drones za Ukraine cyagabwe kuri Repubulika ya Tatarstan mu Burusiya, nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Mu bapfuye harimo umwana umwe, mu gihe abandi bantu 75 bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’u Burusiya; iki kikaba ari kimwe mu bitero bikomeye kandi byahitanye abantu benshi byagabwe ku Burusiya kuva intambara hagati y’u Burusiya […]

Mali: Igitero ku kigo cya gisirikare kiciwemo abasirikare benshi

Abarwanyi b’umutwe wa JNIM (Group for the Support of Islam and Muslims) bagabye igitero ku kigo gikuru cy’ingabo mu mujyi wa San, hagati muri Mali, ku Cyumweru tariki ya 9 Kanama. Abasirikare nibura 12 bishwe, kandi ibikoresho bya gisirikare birasahurwa. Abagabye igitero bageze ku kigo cya gisirikare cy’ingenzi cya Mali muri San bagendera ku mapikipiki […]