Umupira wo gukina Diego Maradona yakoresheje atsinda igitego cye kizwi cyane cyo mu Gikombe cy’Isi cyo mu 1986 bise “ukuboko kw’Imana” (hand of God), wagurishijwe mu cyamunara kuri miliyoni 2.5 z’amapawundi.
Maradona yamenyekanye cyane ubwo yakubitaga umupira n’ikiganza ukarenga umuzamu Peter Shilton, mu mukino wa ¼ cy’irangiza aho Argentine yatsinze u Bwongereza ibitego 2-1.
Nyuma y’uwo mukino, yabwiye abanyamakuru ko icyo gitego cyatsinzwe “gato n’umutwe wa Maradona, n’akandi gato n’ukuboko kw’Imana”. Nyuma yaho muri uwo mukino, Maradona yatsinze ikindi gitego cyaje kwitwa “igitego cy’ikinyejana”, aho yacenze abakinnyi batanu b’u Bwongereza mbere yo gutera umupira ukarenga Shilton.
Nubwo wagurishijwe amadorari miliyoni 3.3 (amapawundi miliyoni 2.5) mu cyamunara cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatandatu, byari byitezwe ko uwo mupira wagurishwa amafaranga hafi miliyoni 10 z’amadorari (miliyoni 7.3 z’amapawundi).
Mu kiganiro n’Ibiro Ntaramakuru Reuters mbere y’icyo cyamunara, Mike Provenzale, inzobere mu byo kugurisha ibintu mu cyamunara muri kompanyi ya Heritage, yagize ati: “Ni ikintu cyihariye, kitagira ikindi gisa nacyo. Bishoboka cyane ko ari cyo kintu cy’ingenzi kurusha ibindi byose bijyanye n’umupira w’amaguru.”
Ali Bin Nasser wo muri Tunisia, ari na we wari umusifuzi w’uwo mukino mu 1986, ni we wafashe uwo mupira wa Adidas Azteca nyuma y’umukino maze awubika mu gihe kirenga imyaka 30.
Mu 2023, yasinye ibaruwa yemeza ko ari wo mupira wonyine wakoreshejwe muri uwo mukino, ibintu byanemejwe n’izindi nzego zigenga zabigenzuye.
Bin Nasser yagurishije uwo mupira mu 2022 ku madorari miliyoni 2.37 (amapawundi miliyoni 1.74). Nyirawo mushya yongeye kuwushyira mu cyamunara mu 2023, ariko ntiwagurishwa kuko ibiciro byatanzwe bitageze ku gaciro ntarengwa kari gakenewe.
Umwenda Maradona yambaye muri uwo mukino na wo wagurishijwe amapawundi miliyoni 7.1 mu cyamunara cyabaye mu 2022.


